Ibiza byatewe n’imvura mu Karere ka Rubavu, byangije uruganda rwa Pfunda rutunganya icyayi, ruhagarika ibikorwa.
Impunzi zo mu nkambi ya Mahama iherereye mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba, zirasaba ko serivisi z’ubuvuzi zihatangirwa zarushaho kunozwa, kugira ngo bashobore kuvurwa neza.
Nyuma y’uko amakuru aturutse i Vaticani y’itorwa rya Pariri Bartazar Ntivuguruzwa, ahabwa inshingano zo kuba Umwepisikopi wa Diyosezi ya Kabgayi kuri uyu wa 2 Gicurasi 2023, yavuze uko yakiriye ubwo butumwa bwa Papa Francis.
Imvura yaguye mu ijoro ryakeye kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Gicurasi 2023 kugeza mu gitondo, imaze guhitana ubuzima bw’abaturage barenga 109 mu Ntara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru (imibare ya mu gitondo ahagana saa tatu).
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri, tariki 2 Gicurasi 2023, yakiriye muri Village Urugwiro, intumwa ziturutse mu ishuri Mpuzamahanga ry’Ubucuruzi, INSEAD.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Habitegeko François, yatangaje ko ibiza byahitanye imiryango myinshi mu Ntara ayoboye, ndetse imibare imaze kumenyekana y’abahitanywe nabyo ikaba igera ku bantu 55.
Uko ubukungu bw’igihugu buzagenda buzamuka imishahara y’abakozi ba Leta ishobora kuzagenda yiyongera nk’uko byavuzwe na Mwambari Faustin, Umuyobozi mukuru w’umurimo muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), mu munsi mpuzamahanga w’umurimo wizihizwa tariki ya 1 Gicurasi.
Perezida w’Umutwe w’Abadepite Mukabarisa Donatille yagiranye ibiganiro n’Abadepite bo muri Zambia bari mu ruzinduko mu Rwanda biyemeze gukomeza gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Nyuma y’uko amwe mu makaritsiye agize umujyi wa Musanze no mu nkengero zawo, hakomeje kuvugwa ubujura bwambura abaturage, ahacukurwa inzu no kwamburira abantu mu mihanda, ubu haravugwa n’ubujura bw’imyaka mu mirima cyane cyane ibirayi.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari two mu Karere ka Huye, bizihije umunsi w’Umurimo biyemeza kurushaho gukora umurimo unoze, kandi ngo bazabigeraho kuko bashyikirijwe moto zizabafasha mu ngendo begera abaturage.
Kuri uyu wa 2 Gicurasi 2023, Papa Faransisiko yatoreye Padiri Balitazari Ntivuguruzwa, kuba Umwepiskopi wa Diyosezi ya Kabgayi, asimbuye Musenyeri Simaragidi Mbonyintege, ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru.
Buri Munyarwanda iyo umubwiye ahitwa Nyabugogo ahita ahamenya ndetse abenshi batarahagera bahafata nk’ahantu bahingukira bwa mbere iyo bakinjira mu mujyi wa Kigali.
Bamwe mu baturage bivuriza ku bitaro bishya by’Akarere ka Gakenke bizwi ku izina ry’ibitaro bya Gatonde, baravuga ko babangamiwe na zimwe mu nyubako ziva mu gihe cy’imvura, kuko bituma badahabwa service neza.
Itsinda rigizwe n’Abanyeshuri n’abarimu babo baturutse mu Ishuri rikuru rya gisirikare muri Ghana, bari mu rugendoshuri ruzamara icyumweru mu Rwanda.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda), kivuga ko mu Rwanda hateganyijwe imvura igwa buri munsi yikurikiranya mu minsi ine, kuva tariki ya 1 kugeza ku ya 4 Gicurasi 2023.
Abanyarwanda 32 babaga i Khartoum muri Sudani, bari kumwe n’abandi bantu 10 bakomoka mu bindi bihugu, baraye bageze mu Rwanda bahunze intambara ibera muri icyo gihugu.
Abantu 21 barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bo mu Mirenge ya Nyagatare na Rukomo babaga mu nzu zitameze neza kubera igihe zimaze zubatswe, bongeye kuzishyikirizwa zarasanwe neza.
Urugaga rw’abakozi mu Rwanda (CESTRAR) ruvuga ko abakozi bose bahembwa umushaha w’ibihumbi ijana no munsi badakwiye gusora, kuko ari bo bagize igice kinini cy’abakozi baremerewe no kubona iby’ibanze nkenerwa ku muturage wese.
Abaturage b’Umudugudu wa Kabare ya mbere, Akagari ka Kabare Umurenge wa Rwempasha, bishimiye kwakira ikiraro cyo mu Kirere bubakiwe, kibafasha kugera ku biro by’Umurenge batabanje kuzenguruka, ariko nanone bifuza ko bakorerwa umuhanda uvuye kuri icyo kiraro ukabahuza n’Akagari ka Cyenjojo.
Abaturage bo mu Turere dutandukanye tw’Igihugu, bafatanyije n’ubuyobozi, bitabiriye Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Mata 2023, wabereye mu bice bitandukanye, ukibanda ku kurwanya isuri, gutunganya no gusana ibikorwa remezo nk’imihanda no kubakira abatishoboye.
Ibikorwa birimo guhanga no gusibura imirwanyasuri, kuzirika ibisenge by’amazu, kubakira abatishoboye no gutunganya imihanda y’imigenderano ni bimwe mu byibanzweho mu gukora umuganda rusange usoza ukwezi kwa Mata 2023 hirya no hino mu Turere.
Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Prof Bayisenge Jeannette, yanyuzwe n’ibikorwa by’abangavu babyariye iwabo bo mu Karere ka Burera, ashima uburyo bishatsemo ibisubizo bakora imishinga imwe n’imwe ibateza imbere, irimo uwo gukora amasabune n’amavuta yo kwisiga.
Impunzi z’Abanyekongo ziheruka guhungira mu Rwanda zigahita zijyanwa gutuzwa mu nkambi ya Mahama, zirasaba gufashwa abana bagatangira kwiga, kubera ko kuba batarasubira mu ishuri bibasubiza inyuma mu myigire yabo.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Mata 2023, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwasubije Amafaranga y’u Rwanda asaga Miliyoni eshanu, umubyeyi wari wayibwe mu rugo iwe.
Umuryango wa Banki ya Kigali uteza imbere imibereho myiza (BK Foundation), ku bufatanye n’Ikigo Inkomoko gitanga amahugurwa, byahamagariye ba rwiyemezamirimo bato bazitabira amarushanwa yiswe BK Urumuri, kugaragaza uburyo barengera ibidukikije.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Tanzania, yakiriwe ku meza na mugenzi we Samia Suluhu Hassan, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gitoki, Rugengamanzi Steven, avuga ko umutekano ari nk’umwuka abantu bahumeka, iyo wabuze bapfa, bityo kuwubungabunga ari inshingano ya buri wese.
Ababyeyi barerera mu Irerero Ubumwe ryo mu Mudugudu wa Nyamyumba, Akagari ka Murambi, Umurenge wa Mata mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko kwitabira gahunda z’iri rerero byabajijuye, bikabateza imbere bikanabasirimura.
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’iminsi ibiri muri Tanzania yagiranye ibiganiro na Perezida Samia Suluhu mbere yo kugira ibiganiro n’abanyamakuru.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborerer (RGB), rugaragaza ko mu Mujyi wa Kigali mu byo Abanyarwanda babona nk’imbogamizi harimo ruswa ishingiye ku kimenyane iri hejuru ya 45% muri serivisi zitangirwa mu nzego z’ibanze.