Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), ku wa Mbere tariki 12 Kamena 2023, yatangaje ko yakiriye ku nshuro ya 14 itsinda rigizwe n’abantu 134, bifuza ubuhungiro bavuye ahanini mu Ihembe rya Afurika.
Ku Cyumweru tariki 11 Kamena 2023, Igihugu cya Malawi cyohereje mu Rwanda Theoneste Niyongira uzwi ku izina rya Kanyoni, ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari Komine Ndora i Butare, ubu ni mu Karere ka Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo.
Muri uyu mwaka wa 2023 ukiri mu gihembwe cyawo cya kabiri, nibura Abanyarwanda batatu bamaze gushyirwa mu nshingano zikomeye ku rwego rw’Isi. Ni inshingano zitandukanye ariko zatanzwe hagendewe ku buryo abashyizwe muri iyi myanya bitwaye mu nshingano bari bafite imbere mu Gihugu.
Umunyamideri Moses Turahirwa wamamaye nka Moshions mu ruganda rw’Imyidagaduro cyane cyane mu ruhando rw’imideri yatakambiye urukiko asaba ko arekurwa agakurikiranwa ari hanze kuko ari gucikanwa n’amasomo yicyiciro cya gatatu cya Kaminuza.
Ku Cyumweru tariki 11 Kamena 2023, mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye mu Iseminari nto yo ku Karubanda (Petit Seminaire Virgo Fidelis), hasojwe irushanwa ryo kwibuka Alphonse Rutsindura wari umwarimu n’umutoza wa Volleyball muri iryo shuri, wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Ruhango basanga mu gihe cyo kwibuka, hakwiye no kugarukwa ku mazina amwe y’abari bayoboye Jenoside kugira ngo hakomeze kugaragazwa ukuri kwayo.
Abakiri batoya barashishikarizwa kujya basura ishyinguranyandiko kandi bakagira umuco wo gusoma kugira ngo bagire uruhare mu kuzuza ahakiri icyuho mu makuru.
Abaturage basaga 200 bari batuye mu Midugudu ya Nshuli mu Murenge wa Rwempasha n’uwa Rwinyemera mu Murenge wa Karangazi, batangiye guhabwa ibyangombwa by’ubutaka bamaze imyaka isaga 10 batuyemo.
Mu minsi ishize, umwe mu bacuruzi bafite ahantu hacururizwa ikawa yo kunywa mu Rwanda, yahuye n’ikibazo cyahungabanyije ubucuruzi bwe ku buryo n’ubu butarongera gusubira ku rwego bwari buriho.
Amwe mu mateka y’inyito z’ahantu usanga asobanura ibintu biba byarabayeho kera ariko abantu benshi ntibamenye inkomoko yabyo. Uyu munsi tugiye kubagezaho inkomoko y’insigamigani “Guta inyuma ya Huye” hamwe n’amateka y’ibisi bya Huye.
Kuri uyu wa Mbere, Umuhanga mu guhanga imideri, Turahirwa Moses yitabye urukiko aho agiye kuburana ubujurire yatanze ku cyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge cyo kumufunga iminsi 30 y’agateganyo.
Ibiro by’umurenge wa Shyira ni imwe mu nyubako zasenywe n’ibiza byibasiye akarere ka Nyabihu, tumwe mu turere tunyuranye tugize Intara y’Iburengerazuba hamwe n’iy’Amajyaruguru.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buvuga ko ahitwa mu Dusego mu Murenge wa Gasaka, mu Karere ka Nyamagabe hagiye gukatwa ibibanza, hakazubakwa inzu zimeze kimwe, zijyanye n’umujyi.
Mu Karere ka Rubavu abagera ku 5000 basenyewe n’ibiza bari mu nkambi ku ma site atandukanye, mu rwego rwo kwita ku mikurire myiza y’umwana, ku mafunguro y’abana n’abagore batwite hariyongeraho igi.
Ku Cyumweru tariki 11 Kamena 2023, mu umuhango wo gutambagiza Isakaramentu ritagatifu, umukirisitu umwe yavuze ko igituma abikora ndetse atabisiba, ari uko bimuha ibyishimo kuri uwo munsi ndetse no mu buzima bwe bwa buri munsi.
Aborozi bo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza, boroje abaturage 32 batishoboye harimo n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu rwego rwo kubafasha kugira imibereho myiza.
Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, yasabye Umujyi wa Kigali kunoza ubukerarugendo, harimo kugaragaza gahunda y’ingendo mu modoka z’amagorofa zishinzwe gutembereza abantu.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Gicurasi 2023, yakiriye muri Village Urugwiro, Yo-Yo Ma, inzobere mu gucurangisha igikoresho cya Cello, ndetse akaba yaranatsindiye Grammy Award inshuro 19.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Kamena 2023, nibwo i Kigali hasinywe amasezerano ya nyuma yemeza icyicaro gikuru cy’ikigo gishinzwe iby’imiti muri Afurika (African Medicine Agency/AMA), kigomba kuba mu Rwanda.
Nyuma y’uko ibiza byatewe n’imvura idasanzwe yaguye mu ijoro ryo ku ya 2 rishyira itariki 03 Gicurasi 2023 bisenyeye abaturage, 135 bahaburira ubuzima, ubushakashatsi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe umutungo kamere w’Amazi (RWB), bwagaragaje ko umugezi wa Sebeya n’uwa Mukungwa iza ku mwanya wa mbere mu byateje ibyo biza.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yatangaje ko ingendo Abadepite batangiye mu mpera z’Ukwezi gushize kwa Gicurasi, zikomereza mu Mujyi wa Kigali kuva kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Kamena 2023.
Ku wa Gatanu tariki ya 9 Kamena 2023 mu Karere ka Rulindo habereye igikorwa cyo gutora Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, uwatowe akaba ari Rugerinyange Theoneste wasimbuye Mutsinzi Antoine wahawe inshingano zo kuyobora Akarere ka Kicukiro.
Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Kamonyi barasaba ko igihe giteganyijwe cyo kumurika no gucuruza ibyo bakora cyakongerwa, kugira ngo ibyo baba bazanye babone umwanya wo kubicuruza no gukomeza guha amakuru ababagana.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye abayobozi baturutse muri Volkswagen aho bari mu Rwanda mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka itanu y’ubufatanye buri hagati y’u Rwanda n’uru ruganda.
Ku wa Kane tariki 08 Kamena 2023, mu Karere ka Ngoma batashye gare yuzuye itwaye Amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 750, ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira imodoka hagati ya 150 na 200, yubatswe na Jali Investment Group.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Mucyo Rukundo, yabwiye Kigali Today ko tariki 7 Kamena 2023, umuturage yatoraguye imbunda ebyiri mu murima ahinga, zishyikirizwa inzego z’umutekano.
Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko, barasaba ko bajya batumirwa mu nteko z’abaturage mu mirenge, kugira ngo na bo bagire uruhare mu bitekerezo bitangwa.
Imiryango 100 iheruka kwibasirwa n’ibiza yo mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, yashyikirijwe ibiribwa, imyambaro n’ibikoresho by’ibanze byo kubunganira mu mibereho no kubafasha guhangana n’ingaruka ibyo biza byabasigiye.
Bamwe mu bacumbikiwe muri Site y’Inyemeramihigo mu Murenge wa Rugerero, Akarere ka Rubavu, baremeza ko ibiza byatandukanyije abashakanye, aho umugabo akumbura umugore we n’ubwo baba mu nkambi imwe.
Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Repubulika ya Santarafurika, Prof. Faustin-Archange Touadéra, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko Perezida Kagame yakiriye mugenzi we ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 08 Kamena 2023.