Abagize urugaga ruhuza amadini n’amatorero rushinzwe ku kubungabunga ubuzima (RICH), baratangaza ko buri mwemeramana agomba kumenya ko kuboneza urubyaro, uretse kuba ari gahunda ya Leta, ariko ari n’iy’Imana.
Leta y’u Rwanda yatangaje ko ifite ikibazo ku mwanzuro w’Urukiko rw’Ubujurire rw’i Londres mu Bwongereza, uvuga ko u Rwanda atari igihugu gitekanye gishobora kwakira abasaba ubuhungiro.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bashyize ahagaragara gahunda yo kubaka imihanda y’imigenderano bikorera ubwabo, mu rwego rwo gutanga umusanzu wabo muri gahunda ya Guverinoma yo kubaka ibikorwa remezo, ikazatwara Miliyoni 258Frw.
Rutagarama Appolo yarwanye urugamba rwo kwibohora avuye ku rugerero yiyemeza kuzamura imibereho y’abanyarwanda binyuze mu kubagabira inka, ubu akaba amaze koroza abantu 216 biganjemo abatishoboye.
Itsinda ry’abanyeshuri15 basoje umwaka wa mbere muri INES-Ruhengeri mu byishimo, nyuma y’uko bashinze Kampani ikora Protokole, biturutse ku gitekerezo bagize cyo gucunga neza buruse, mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo birinda ibishuko byugaruje bamwe mu rubyiruko.
Mulindwa Prosper, wagizwe Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rutsiro mu itangazo ryo ku itariki 28 Kamena 2023 ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe rimugira Umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Rutsiro nyuma y’uko Njyanama y’ako karere isheshwe, yavuze ko yatunguwe n’inshingano nshya yahawe.
Mu gihe mu Rwanda hari abakene bagiye bafashwa mu rwego rwo kugira ngo bave mu bukene bukabije ahubwo bagasa n’abumva ko bari mu cyiciro gikwiye gufashwa igihe cyose hamwe n’abana babo, hari n’abagiye bazamuka babikesha Girinka na VUP.
Umuhanzikazi Shengero Aline Sano umaze kumenyakana nka Alyn Sano akaba umwe mu b’igitsinagore bari kwigaragaza cyane mu muziki w’u Rwanda, yashyize hanze album ye ya mbere yise ‘RUMURI’.
Intumwa yihariye ya Perezida wa Koreya y’Epfo, Sung Min Jang, yagejeje kuri Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, ubutumire bwa Perezida w’icyo gihugu, Yoon Suk Yeol bugenewe Perezida Paul Kagame, bumutumira mu nama iteganyijwe kuba umwaka utaha izahuriza hamwe ibihugu bya Afurika na Koreya y’Epfo.
Abahanga mu miterereze ya muntu bagaragaza ko umwarimu wigisha abana bato, cyane abo mu mashuri y’incuke n’amashuri abanza bakwiye kwirinda kubahana bakoresheje ibihano bibabaza umubiri ndetse n’amagambo mabi.
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga ko abaturage 38% aribo bamaze kwishyura ubwisungane mu kwivuza, umwaka wa 2023-2024 ariko hakaba hari ikizere ko imibare ikomeza kuzamuka mu minsi ya nyuma y’uku kwezi.
Imam wa Islam mu Ntara y’Iburasirazuba, Sheikh Kamanzi Djumaine, arasaba abayisilamu na bagenzi babo bahuje imyemerere ndetse n’abo batayihuje, kwishimana aho kurengera imbibi z’Imana bijandika mu bibi kuko biyirakaza.
Ku wa Gatatu tariki ya 28 Kamena 2023, Abayisilamu bo mu Rwanda no ku Isi bizihije Umunsi Mukuru w’Igitambo uzwi nka Eid al-Adha, isengesho muri Kigali rikaba ryabereye kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo, Abayisilamu bibutswa gusangira n’abakene.
Mu rugo rw’umugabo witwa Ntakirutimana hatahuwe Litiro 1,200 z’inzoga z’inkorano, zikaba zari mu ngunguru n’amajerekani, zihita zimenwa.
Imbogo yatorotse Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, yagaragaye mu rugo rw’umuturage witwa Nyirandabaruta Athalie, yamaze kuraswa irapfa.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 28 Kamena 2023, nibwo habaye umuhango wo gushyingura Pasiteri Théogène Niyonshuti uherutse kwitaba Imana, azize impanuka yakoreye muri Uganda ku wa Gatanu tariki 23 Kamena 2023, ubwo yagonganaga n’imodoka itwara abagenzi (Agence) ya Simba.
Itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko none ku wa 28 Kamena 2023, hasheshwe Inama Njyanama y’Akarere ka Rutsiro, nyuma yo kubona ko ubuyobozi bw’Akarere bwateshutse ku nshingano zabwo.
Prééclampsie/ Preeclampsia ikunze kwibasira abagore batwite mu gihe barengeje ibyumweru 20, irangwa n’umuvuduko ukabije w’amaraso ndetse na Poroteyine nyinshi mu nkari.
Umugabo witwa Adam Rashid yasimbutse ava ku nzu y’igorofa ya Hoteli Sakina iherereye ahitwa Eastleigh ifite za etaji umunani(8), ngo akaba yasimbutse ahunga Polisi yashakaga kumufata imukekaho gukoresha ibiyobyabwenge.
Abantu benshi barya kugira ngo buzuze igifu gusa, batitaye ku mumaro w’ibyo bafungura bikagira ingaruka ku buzima.
Abayisilamu bo mu Rwanda n’abo ku Isi yose muri rusange, kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena 2023, bongeye kwizihiza umunsi Mukuru ngarukamwaka w’Igitambo (EId Al Adha), banasabwa kwitandukanya n’icyahindanya isura y’idini yabo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena 2023, bageze mu mujyi wa Victoria muri Seychelles, mu ruzinduko batangiye rw’iminsi ibiri.
Abatuye mu Mudugudu wa Kazi, Akagari ka Bisoke mu Murenge wa Kinigi, batunguwe no kubyuka basanga imbogo iri mu mbuga y’urugo rw’umwe mu bahatuye, none baheze mu nzu.
Banki ya Kigali (BK) ifatanyije n’Ikigo gihugura ba rwiyemezamirimo, Inkomoko Entrepreneur Development, batangije icyiciro cya karindwi cya Urumuri Initiative, kizahugurirwamo ba rwiyemezamirimo 25 bari mu bijyanye n’ubuhinzi.
Bazirake Laurent w’imyaka 75, wo mu Kagari ka Kabeza Umurenge wa Nyange mu Karere ka Musanze, yitabye Imana nyuma y’uko aturikanywe na gerenade yo mu bwoko bwa Stick.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya (KDF), Gen. Francis Ogolla uri mu ruzinduko mu Rwanda, ku wa Kabiri tariki 27 Kamena 2023, yakiriwe ndetse agirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, Lt Gen. Mubarakh Muganga.
Kuri uyu wa 27 Kamena 2023, Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Nyundo yagiriye uruzinduko ku kirwa cy’Iwawa anatura Igitambo cya Misa, yaherewemo n’amasakaramentu y’ibanze abagera kuri 84 bagororerwa kuri iki kirwa.
Kompanyi y’Indege z’u Rwanda (RwandAir) yashimiwe n’abantu b’ingeri zitandukanye nyuma yo kohereza indege yayo ku mugabane w’u Burayi, ikazajya ikora ingendo hagati ya Kigali mu Rwanda na Paris mu Bufaransa, inshuro eshatu mu cyumweru.
Iyo urebye hirya no hino mu gihugu, ubona amazu ya leta adakorerwamo ndetse amwe muri yo asa n’ayabaye amatongo. Mu bugenzuzi bwakozwe n’inzego za Leta zitandukanye zirimo Urwego rw’umuvunyi n’ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Imiturire (RHA), byagaragaye ko Leta ifite amazu yose hamwe 49,937 ariko muri yo, agera ku (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, ategerejwe nk’umushyitsi w’imena muri Seychelles, mu kwizihiza ibirori by’umunsi Mukuru w’ubwigenge uteganyijwe ku ya 29 Kamena 2023.