Umuturage umwe wari ucumbitse mu Murenge wa Nyarusange, mu Kagari ka Rusovu mu Mudugudu wa Mututu, yagwiriwe n’ikirombe cyo muri uwo Mudugudu, ubwo yari yajyanyemo na mugenzi we mu bikorwa by’ubucukuzi butemewe, inzego z’ubuyobozi ku bufatanye n’abaturage bakaba barimo gukora ibishoboka ngo abe yakurwamo.
Umuhanzi ukomoka muri Nigeria, David Adeleke uzwi cyane ku izina rya Davido, yatangaje ibitu icumi adashobora kubaho adafite cyangwa se atakwibagirwa mu gihe afite urugendo mu bitaramo akora hirya no hino, ashimangirako muri ibyo bintu adashobora kwibagirwa Bibiliya.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr François Xavier, yagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Algeria mu Rwanda, Mohamed Mellah, byibanze ku kongera ubufatanye ku mishinga ibihugu byombi byatangiye gufatanyamo.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ryashyize u Rwanda mu bihugu bitandatu byashyizeho amategeko n’ingamba bibafasha guhangana n’impanuka zo mu muhanda.
Umwami Abdullah II Ibn Al-Hussein wa Jordan uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Mutarama 2023 yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, yunamira inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Dr Mbonimana Gamariel wigeze kuba Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, nyuma akaza kwegura kubera ikosa ryo gutwara imodoka yasinze, akomeje kugaragara cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu bindi bikorwa bitandukanye atanga ubutumwa bushishikariza abantu kurangwa n’imyitwarire myiza. Muri iyi minsi (…)
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 8 Mutarama 2024, umuhanda wa kaburimbo uhuza uturere twa Karongi na Nyamasheke, wongeye kuba nyabagendwa nyuma yo gufungwa n’inkangu mu Murenge wa Gishyita, ahazwi nka Dawe uri mu Ijuru.
Nyuma y’umwaka ushize abakozi bamaze batangira akazi saa tatu aho kuba saa moya za mu gitondo, hari abakomeje kubyishimira barimo umuganga w’indwara zo mutwe uvuga ko byarinze abantu indwara y’umunaniro ujyanye n’akazi yitwa ‘burnout’.
Ku gasozi kitwa Ibanga ry’Amahoro mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, hatashywe ikibumbano kiri mu ishusho ya nyakwigendera Padiri Ubald Rugirangoga, wari uzwiho gusengera abarwayi n’ibikorwa by’isanamitima, ubumwe n’ubwiyunge.
Umuyobozi w’Umutwe wa RSF (Rapid Support Forces) wo muri Sudani, General Mohamed Hamdan Dagalo yashimye ubutwari bw’Abanyarwanda mu kwishakira ibisubizo, nyuma y’ibihe bikomeye by’ivanguramoko byagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, igahitana ubuzima bw’abarenga miliyoni.
Umwami wa Jordanie, Abdullah II bin Al-Hussein, yageze mu Rwanda kuri iki cyumweru tariki 07 Mutarama 2024, aho yatangiye uruzinduko rw’akazi rugamije gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi.
Ni imvura nyinshi yatangiye kugwa mu rukerera mu Ntara y’Iburengerazuba, ikaba yatumye ubutaka bwinjiramo amazi cyane haba inkangu, igwa mu muhanda uhuza Akarere ka Karongi na Nyamasheke mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi.
Kagiraneza Enock, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kijote mu Murenge wa Bigogwe Akarere ka Nyabihu, ndetse na Mugabe Matsatsa ukuriye Irondo ry’Umwuga muri aka Kagari, bari mu maboko ya RIB, aho bakurikiranyweho icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake bikaviramo uwitwa Dushimimana gupfa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro n’Ubw’Umurenge wa Gahanga barishimira ko umwaka wa 2023 warangiye hari ibikorwa bifatika by’iterambere byagezweho, bakavuga ko intego ari ugukora cyane no kurushaho kugera kuri byinshi muri uyu mwaka wa 2024.
Kate Bashabe, umunyamideli wubatse izina rikomeye mu Rwanda, binyuze muri Fondasiyo yise Kabash Care ndetse aherekejwe na bamwe mu byamamare birimo Bruce Melodie na Christopher, yakoze igikorwa cyo gufasha abana 660 baturuka mu miryango itishoboye bo mu Karere ka Bugesera.
Nyuma y’igihe kinini urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo rwubakwa, mu ntangiriro z’umwaka wa 2024, rwaruzuye ku buryo umuriro wamaze kugezwa mu miyoboro isanzwe mu bihugu bitatu bihuriye kuri uru rugomero, ukaba watangiye gukoreshwa.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Utumatwishima Abdallah, yasabye urubyiruko gusigasira ibyageweho ndetse no gukora cyane rukiteza imbere.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda, yatangaje ko tariki ya 5 Mutarama 2024, Perezida Kagame yakiriye Gen Mohamed Hamdan Dagalo, uyobora umutwe wa RSF wo muri Sudani, uri mu ruzinduko mu bihugu biri muri aka karere ka Afurika.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bwatanze amagare 566 ku bakuru b’imidugudu igize ako Karere, mu rwego rwo kubafasha kurushaho kunoza no kuzuza inshingano zabo.
Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe (CHENO), rwatangaje gahunda izageza ku munsi w’Intwari tariki ya 01 Ukuboza 2024, yo gufasha urubyiruko kwerekana ubutwari mu muganda, mu mikino n’imyidagaduro ndetse n’imurikagurisha ry’ibyo rukora.
Ababyeyi bafite abana bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare, barashimira Leta kuba yarahaye abana babo uburenganzira bwo kwiga nyamara barakoze ibyaha byatumye bakatirwa n’inkiko.
Abatuye mu murenge wa Rwaza Mu karere ka Musanze bavuga ko iterambere ryabo rikomeje kudindizwa no kuba badafite isoko rya kijyambere bagurishirizamo umusaruro.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Gicumbi barashimira urwego rwa DASSO rukorera muri ako Karere, ku bw’ibikorwa byarwo biteza imbere imibereho myiza y’abaturage. Bimwe mu bikorwa DASSO yakoreye abaturage mu mihigo y’umwaka wa 2022-2023, nk’uko Umuhuzabikorwa w’urwo rwego mu Karere ka Gicumbi, Umuganwa Jean Paul, yabibwiye (…)
Nirere Adoline wo mu Mudugudu wa Mirama ya kabiri, Akagari ka Nyagatare, Umurenge wa Nyagatare, ari mu byishimo nyuma yo kongera kubona umugabo we Dusengimana Thimothy nyuma y’ukwezi atamuca iryera, agakeka ko yaba yaracurujwe mu mahanga ashukishijwe akazi keza.
Mutesi Jacqueline, Umukozi Ushinzwe Ubworozi mu Karere ka Kayonza, yatawe muri yombi aho akurikiranweho ibyaha birimo kunyereza imiti n’ibikoresho byari bigenewe kuvura inka zo muri gahunda ya Girinka, zimwe bikaziviramo gupfa ndetse no kunyereza intanga zari zigenewe guterwa inka.
Umuturirwa witwa ‘Kigali Financial Square(KFS)’ w’Ikigo Mpuzamahanga giteza imbere serivisi z’imari muri Afurika, niwuzura ntabwo uzaba ukiri inyubako ndende ya mbere mu Rwanda, kuko hagiye kubakwa uwitwa ‘Kigali Green Complex(KGC)’ uzawurusha amagorofa arenga atanu.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi ivuga ko iri mu rugamba rwo gushakira ibisubizo ikibazo cy’Abanyarwanda bagera hafi kuri 20% batihagije mu bijyanye n’ibiribwa. Nubwo hari ibyagiye bikorwa mu bijyanye na gahunda y’ibizasarurwa, ariko kandi ngo hari n’ibirimo gukorwa kugira ngo Abanyarwanda bose bashobore kwihaza mu biribwa.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko hari abana bavanwa ku muhanda, bakajyanwa mu Kigo Ngororamuco i Gitagata mu Karere ka Bugesera, kuko banga gusubira iwabo aho ababyeyi bahorana amakimbirane adashira, bigereranywa n’umuriro utazima.
Abasora bavuga ko bimwe mu bibazo biri muri EBM (Electronic Billing Machine), bituma babarwaho amakosa byakosorwa, kuko bakurizamo guhabwa ibihano kandi nta ruhare babigizemo.
Hirya no hino mu gihugu, haragaragara abagikoresha imvugo zipfobya abantu bafite ubumuga, ibyo bikaba bikomeje kubagiraho ingaruka zirimo kwiheza, kutisanga mu bandi n’izindi.