Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Wellars Gasamagera, tariki 29 Mutarama 2024 yagiriye uruzinduko rw’akazi mu Bushinwa, ku butumire bw’ishyaka riri ku butegetsi muri icyo gihugu, rya Communist Party of China (CPC).
Perezida wa Sena, Dr Kalinda François Xavier, ku wa Mbere tariki 29 Mutarama 2024, yakiriye itsinda ry’Abasenateri bo muri Somalia bari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, bagirana ibiganiro bitandukanye ry’Igihugu.
Umuhanda Gakenke-Musanze wari wafunzwe n’inkangu kuva mu ma saa sita z’ijoro rya tariki 30 Mutarama 2024, mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke ahitwa Buranga, ubu wabaye nyabagendwa nyuma yo kuwutunganya.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mutarama 2024 ko yasinyanye amasezerano n’ikigo mpuzamahanga Rio Tinto Minerals Development Limited kizobereye mu bucukuzi no gutunganya amabuye y’agaciro, kizashakisha no gucukura Lithium mu Ntara y’Iburengerazuba.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine, yitabiriye umuhango wo gusoza ibikorwa by’Ukwezi k’Ubutwari mu Murenge wa Kicukiro tariki 28 Mutarama 2024, yibutsa urubyiruko ko Ubutwari butangira umuntu akiri muto, abasaba gukunda Igihugu no kwirinda ingeso mbi zabasubiza inyuma.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza burakangurira abatuye mu Mujyi w’aka Karere gukoresha ubutaka icyo bwagenewe, baba batarabibasha bagahinga nibura ibihingwa bigufi nk’imboga n’imbuto.
Yabibwiye urubyiruko rwo mu Ntara y’Amajyepfo, rwiganjemo urwiga muri Kaminuza, mu biganiro biganisha Abanyarwanda ku kwinjira mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, bagiriye mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye, tariki 27 Mutarama 2023.
Abaturage bo mu Turere tugize Intara y’Amajyaruguru, hamwe n’Ubuyobozi uhereye ku rwego rw’iyi Ntara n’Uturere tuyigize, bifatanyije mu muganda, wibanze ku gutunganya ibikorwa remezo, kurwanya isuri no kubakira abatishoboye.
Hari urubyiruko rwigira imyuga mu kigo cy’urubyiruko (YEGO Center) cya Gisagara rurangiza kwiga rukabura amafaranga yo kugura ibikoresho byo gushyira mu bikorwa ibyo rwize, bituma muri aka karere bifuza ko cyakwemerwa n’urwego rw’Igihugu rushinzwe imyuga n’ubumenyingiro (RTB) bityo abakirangijemo bakabasha kubona inguzanyo (…)
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) yagaragaje imirongo migari ngenderwaho izafasha kuzana impinduka, mu bikorwa bitandukanye by’isanamitima, mu rwego rwo kunoza imikorere n’imikoranire mu rugendo rwo kubaka ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda.
Abaturage b’Umurenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, bari kumwe n’abayobozi babo, tariki 26 Mutarama 2024, basuye Ingoro Ndangamateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, iherereye ku Kimihurura ahakorera Inteko Ishinga Amategeko, muri gahunda y’ibikorwa byateganyijwe mu gihe hizihizwa ukwezi k’Ubutwari.
Perezida wa Guinée Conakry, Lt Gen Mamadi Doumbouya na Madamu we Lauriane Darboux Doumbouya, basoje urugendo rw’iminsi itatu bagiriraga mu Rwanda kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Mutarama 2024, baherekezwa na Perezida Paul Kagame na Madamu we ku kibuga cy’indege i Kanombe.
Pasiteri Ezra Mpyisi yitabye Imana ku myaka 101 y’amavuko. Amakuru y’urupfu rwa Muzehe Mpyisi yamenyekanye atangajwe n’abo mu muryango we kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Mutarama 2024.
Madamu Jeannette Kagame yakiriye Lauriane Darboux Doumbouya, Madamu wa Perezida Doumbouya, uri mu ruzinduko yatumiwemo na mugenzi we w’u Rwanda Paul Kagame.
Ibigo byigenga birinda umutekano biravuga ko bigiye kurushaho kwita ku bakozi babyo, hubahirizwa icyo bateganyirizwa n’amategeko agenga umurimo, kugira ngo barusheho gutanga umusaruro baba bitezweho.
Perezida wa Guinée, Lt Gen Mamadi Doumbouya na Madamu we Lauriane Doumbouya, bari mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mutarama 2024, basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, bunamira inzirakarengane ziharuhukiye.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Mutarama 2024, muri Village Urugwiro, Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Guinée Conakry, Lt Gen Mamadi Doumbouya, bagirana ibiganiro byihariye (tête-à-tête), byakurikiwe n’ibiganiro byitabiwe n’abandi bayobozi ku mpande zombi.
U Rwanda ruratangaza ko mu rwego rwo guteza imbere ubufatanye mu bucuruzi na Kenya, rugiye kubaka ibikorwa remezo ku butaka rwahawe buherereye ku cyambu cyo ku butaka cya Naivasha, mu koroshya kwakira ibicuruzwa biva ndetse n’ibyoherezwa mu Rwanda.
Laëtitia Umugwaneza, wabaye mu gihe cy’icyumweru kirengaho iminsi hafi y’aharimo gukurwa imibiri muri iyi minsi, mu Murenga wa Ngoma mu Karere ka Huye, avuga ko abahaguye ari ababaga bafatiwe kuri za bariyeri zari hafi yaho, kandi ko bagiye bategekwa kwicukurira.
Abayobozi mu nzego z’uturere baratorwa, bagahabwa inshingano zitandukanye hakiyongeraho n’imihigo ikubiyemo ibyo bazageza ku baturage. Iyi mihigo hari abayesa bikabahesha kurangiza manda ariko kandi hari n’abo byanga bikabaviramo kwegura cyangwa kweguzwa. None se ujya wibaza abavuye muri iyi myanya mu buryo bumwe cyangwa (…)
Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 25 Mutarama 2024, Perezida Kagame yakiriye mugenzi we wa Mozambique, Filipe Nyusi, bagirana ibiganiro byagarutse ku kurushaho gushimangira umubano mwiza n’ubufatanye busanzweho, mu nzego zitandukanye zifitiye inyungu ibihugu byombi.
Umushyikirano wabaye ku nshuru ya 19 ukamara iminsi ibiri kuva tari ya 23-24 Mutarama 2024, abawitabiriye barebeye hamwe ibimaze kugerwaho mu nzego zitandukanye, Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda atangiramo impanuro, hanafatwa ingamba zitandukanye zo gukomeza kubaka Igihugu.
Musenyeri Baltazar Ntivuguruzwa, Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Kabgayi, ari i Vaticani mu ruzinduko yatangiye ku itariki 22 Mutarama 2024, aho yagiranye ibiganiro na Papa Francis.
Mu Murenge wa Rusasa Akarere ka Gakenke, inkuba yakubise abana batatu b’abakobwa, ubwo bari inyuma y’ishuri bakina, bagezwa ku kigo nderabuzima aho bitaweho n’abaganga, bose bakaba bamaze gusubira iwabo.
Kuri uyu wa Kane tariki 25 Mutarama 2024, Inama y’Abaminisitiri yarateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ifatirwamo imyanzuro itandukanye.
Perezida wa Guinea, Lieutenant Général Mamadi Doumbouya, yageze mu Rwanda aherekejwe na Madamu we Lauriane Doumbouya, kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Mutarama 2024 mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu rugamije gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi.
Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 25 Mutarama 2024, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yayoboye inama y’Abaminisitiri, ari na yo ya mbere yo muri uyu mwaka wa 2024.
Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye kuva tariki 23 kugeza ku ya 24 Mutarama 2024, urubyiruko rwo mu Karere ka Nyanza rwagaragaje ko rwifuza ikigo cy’urubyiruko, mu gace k’Amayaga.
Mu ijambo risoza Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19, yatangiye ku wa 23 kugera ku wa 24 Mutarama 2024, Perezida Paul Kagame yanenze abayobozi batuma sisitemu idakora neza, bitewe no kudahanahana amakuru, abaza impamvu binanirana.
Harerimana Emmanuel, ni umwe mu bitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19, yatangiye ku itariki 23 isozwa ku ya 24 Mutarama 2024, aturuka mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, akaba yatanze ubuhamya bw’uko imiyoborere myiza yamuhinduriye ubuzima, yarangiza na we agahindura ubw’abandi ahereye ku bamwegereye mu (…)