Abanyeshuri bane biga muri Kaminuza ya Kibogora Polytechnic mu Karere ka Nyamasheke, bahuye n’impanuka yo guturikanwa na Gaze aho bacumbika, bose barakomereka.
Ubwo Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prof Ngabitsinze Jean Chrisostome yagezaga ibisobanuro mu magambo kubagize Inteko Ishinga Amateko ku bibazo byagaragaye mu gihe Abadepite basuraga ibikorwa by’inganda nto n’iziciriritse no ku bibazo byagaragaye muri raporo y’Ubugenzuzi Bukuru bw’imari ya Leta kuri gahunda yo guteza (…)
Raporo nshya yakozwe na Banki Nyafurika itsura amajyambere (AfDB), yagaragaje ko u Rwanda ruri mu bihugu 11 bya mbere muri Afurika biteganijwe ko bizagira ubukungu butajegajega mu myaka ibiri iri imbere.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, ku wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024, yagiranye ibiganiro na Minisitiri ushinzwe ubwikorezi mu Misiri, Lt. Gen. Kamel Alwazir uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, RDF, Gen Mubarakh Muganga, yakiriye intumwa zigizwe n’abarimu n’abanyeshuri 20 baturutse mu ishuri rikuru rya gisirikare muri Nigeria, bari mu rugendoshuri.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024, nibwo icyiciro cya 85 cy’impunzi z’Abarundi kigizwe n’abantu 95, cyambutse umupaka wa Nemba bakaba batashye iwabo ku bushake.
Umuhanda wa kaburimbo Musanze-Gakenke wagwiriwe n’inkangu yatewe n’imvura yaguye ari nyinshi, mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024, ariko hahita hakorwa ubuitabazi ku buryo ubu utangiye kugendwa.
Minisiteri y’Ubutabera(MINIJUST) yamenyesheje inzego zitandukanye mu Gihugu n’imiryango mpuzamahanga, ko irimo gutegura gahunda izagenderwaho n’abashoramari kugira ngo ibafashe kubahiriza uburenganzira bwa muntu, mu byo bakorera mu Rwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko ababazwa cyane kuba atarabona igikombe cy’imihigo ariko harikiri ikizere ko ashobora gusoza manda cyarabonetse kuko batakiza mu myanya ya nyuma.
Umuryango Agaseke k’Urukundo wunganira abakene bivuriza mu bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) mu buryo bw’amafaranga ndetse n’umuryango Kuzamura Ubuzima ugaburira abatabasha kubona amafunguro muri ibi bitaro irashishikariza n’abandi bafite umutima ukunda kubunganira.
Ikamyo yavaga i Kamembe yerekeza i Bugarama yageze mu Murenge wa Kamembe, Akagari ka Cyangugu, Umudugudu wa Cyangugu ikora impanuka, igogongana n’indi modoka yo mu bwoko bwa Toyota Corolla, umushoferi wari utwaye iyi kamyo arakomereka byoroheje.
Umuhanzi ukomeye muri Nigeria, Stanley Omah Didia, uzwi ku izina rya Omah Lay, yatangaje ko agiye kumara igihe adashyira hanze ibihangano, asaba abakunzi be kubyihanganira.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), yatangaje ko izatangira kwakira kandidatire ku mwanya wa Perezida ndetse n’abagize Inteko Ishinga Amategeko kuva tariki 17 Gicurasi kugeza tariki 30 Gicurasi 2024.
Mu muhanda Musanze-Kigali, habereye impanuka eshatu zikomeye, zikomerekeramo abantu bane bakaba barimo kwitabwaho n’abaganga mu bitaro bya Nemba.
U Rwanda rwagaragaje ko u Bufaransa buzi neza kurusha abandi bose, intandaro y’ibibazo bibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), kandi ko ari cyo gihugu cyagakwiye gushinjwa amakosa yateje ibibazo by’ingutu bishingiye ku mutekano muke mu Karere k’ibiyaga bigari.
Igikorwa cyo gushakisha ubwato bwaroshywe mu Kiyaga cya Kivu, mu Ntambara ya mbere y’Isi cyarimo gikorwa ku bufatanye bw’u Rwanda n’u Budage cyageze ku ntego, kuko ubwato bwamaze kuboneka.
Imiryango 34 y’impunzi z’Abarundi igizwe n’abantu 78 bamaze igihe mu nkambi ya Mahama iri mu Karere Kirehe, bagiye gutaha mu gihungu cyabo ku bushake.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga, kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Gashyantare 2024, yakiriye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Algeria, General Saïd Chanegriha, ku cyicaro cy’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihuru, akaba ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, avuga ko gushakisha abantu babiri bagwiriwe n’ikirombe mu Murenge wa Rweru byabaye bihagaritswe by’agateganyo, kugira ngo habanze hafatwe umwanzuro ko byakomeza cyangwa byahagarikwa kubera imiterere y’ubutaka.
Consolation Tuyishime wayoboraga urugomero rwa Rukarara VI, akaba no mu Nama Njyanama y’Akarere ka Huye, kuva ejo tariki ya 19 Gashyantare 2024 ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho kudatanga amakuru ku mibiri yabonetse iwabo.
Bishop Mugisha Mugiraneza Samuel, Umushumba w’Itorero ry’Abangilikani Diyosezi ya Shyira, arasaba ko abana bose biga bacumbikirwa mu bigo, nyuma y’uko bigaragaye ko abiga bataha bahura n’ibibarangaza birimo imbuga nkoranyambaga.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel yakiriye Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda Antoine Anfre baganira ku buryo bwo gukomeza ubufatanye.
Abaturage bo mu Murenge wa Mudende mu Kagari ka Bihungwe bavuga ko bakomeje gusigara inyuma mu iterambere kubera kutagira amazi meza n’amashanyarazi.
Mu Murenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke haravugwa inkuru y’umwarimu witwa Habyarimana André wigishaga muri GS Rukura, watwawe n’umwuzure ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 19 Gashyantare 2024, ubwo yageragezaga kwambuka ikiraro cyari cyarengewe n’amazi y’imvura yari imaze kugwa.
Abatuye n’abagenda mu Mujyi wa Kigali baravuga ko bafite amatsiko, yo kumenya ikizakorerwa aharimo kubakwa ikiraro cy’abanyamaguru cyo mu kirere, kizahuza abaturuka mu muhanda berekeza hejuru ku gisenge cy’inyubako ya CHIC.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe Imibereho myiza, Mukayiranga Marie Gloriose, avuga ko gushyira ibibazo by’umuryango ku karubanda atari byo bitanga igisubizo kurusha uko abagize umuryango ubwabo babyikemurira cyangwa bagafashwa n’abantu bakuru kandi babanye neza.
Abakoresha umuhanda Base-Butaro-Kidaho bari bamaze igihe kirekire bifuza ko wakorwa ubu bagaragaza ibyishimo ko bagiye kubona igisubizo. Ni nyuma y’uko wasangaga abawunyuramo bitaborohera, cyane cyane abakoresha ibinyabiziga, ndetse n’abawuturiye bakaba barakunze kugaragaza ikibazo cy’ivumbi ryabasangaga mu ngo mu gihe cy’izuba.
U Rwanda na Komisiyo y’Umuryango w’Ibihugu by’Uburayi byasinyanye amasezerano agamije guteza imbere uruhererekane nyongeragaciro mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko igihe kigeze kugira ngo abatiza umurindi ubuzunguzayi bose batangire gufatirwa ibihano, kuko ari wo muti wonyine usigaye wo kugira ngo icyo kibazo gicike burundu.
Michael Tomlinson, Minisitiri w’Ubwongereza ufite mu nshingano abinjira mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko yashimangiye ko indege itwaye abimukira n’abasaba ubuhungiro bavuye mu Bwongereza baza mu Rwanda, izahaguruka mu minsi ya vuba.