Abajyanama baherutse gutorerwa kuzuza Inama Njyanama z’Uturere icyenda n’abagize Komite Nyobozi z’utwo turere, bamaze iminsi itatu mu mahugurwa yaberaga mu kigo cy’Ubutore cya Nkumba, bahabwa inyigisho zibafasha kumenya inshingano zabo, imikorere, imikoranire n’uburyo bwo gufasha abaturage kwivana mu bukene.
Inzego zitandukanye zirasaba itangazamakuru nk’umuyoboro mwiza kandi ugera ku Banyarwanda bose kugira uruhare mu gukorera ubuvugizi abafite ubumuga no kugaragaza imbogamizi bagihura na zo zijyanye n’imibereho yabo, uburenganzira ndetse no kuba hari ibikwiye kubakorerwa bidashyiwa mu bikorwa.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yashimiye urubyiruko rwo mu Karere ka Gakenke, nyuma y’uko ruhesheje ishema Intara ayoboye, aho ako Karere kaje ku mwanya wa gatatu ku rwego rw’Igihugu.
Ibikorwa by’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), byatumye umupaka uhuza u Rwanda n’icyo gihugu ukomeza gufungwa ku munsi ugira kabiri.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwasobanuriye abatuye Akarere ka Rubavu, uburyo bukoreshwa mu gushuka abantu kugira ngo bajye kubacuruza.
Bamwe mu bayobozi b’amadini n’amatorero mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko bagiye gukaza inyigisho zikangurira abayoboke bayo umurimo, kuko aribwo bazaba babarinze ibishuko.
Iteganyagihe ry’igice cya gatatu cy’ukwezi k’Ukuboza 2023 (kuva tariki ya 21 kugeza kuri 31 Ukuboza 2023), rigaragaza ko imvura izagabanukaho gato ugereranyije n’imaze igihe igwa mu bihe bishize.
Mbere yo kujya mu itorero ISONGA ryahuje ba Gitifu kuva ku rwego rw’Imirenge kugera ku rwego rw’Intara, ryamaze iminsi itandatu ribera mu kigo cy’ubutore cya Nkumba kuva tariki 26 Ugushyingo kugeza tariki 02 Ukuboza 2023, ba Gitifu b’Imirenge ni bamwe mu bayobozi bashimirwaga gutanga amakuru mu buryo bwihuse, nk’uko itegeko (…)
Abagore bayoboye ingo batishoboye bo mu Karere ka Rwamagana, batanze ubuhamya bavuga ko baretse guca inshuro, ubu bakaba batunze ingo zabo kubera ubuhinzi n’ubworozi busagurira amasoko, nyuma yo gufashwa n’umushinga wiswe KORA-WIGIRE.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, aratangaza ko Abanyarwanda badakwiye guterwa ubwoba no kwakira abimukira bazava mu Gihugu cy’u Bwongereza, kuko usibye kuba u Rwanda rufite umutima wo gufasha abari mu kaga, abo bimukira bazanagira uruhare mu iterambere ry’Igihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga n’abafatanyabikorwa bako mu iterambere (JADF), bafashe ingamba nshya zo kurandura ubukene bukabije mu baturage ku buryo burambye.
Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Umutoni Alice, arasaba abagize umuryango kwimika ibiganiro bidaheza abana, kuko aribo bazi ibibabangamiye bifuza gufashwa kunyuramo.”
Umuyobozi mushya w’Akarere ka Gakenke, Mukandayisenga Vestine, arishimira icyizere aherutse kugirirwa atorerwa kuyobora ako karere, akaba yemeza ko bishobora kumubera ikiraro kimuhuza n’Umukuru w’Igihugu ahora arota kuzamusuhuza imbonankubone.
Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, irihanangiriza abantu batunze imbwa mu ngo zabo batabifitiye ubushobozi, ibyo bikazitera kuzerera ari byo bitera ingaruka zo kurya abantu n’amatungo.
Polisi y’u Rwanda hamwe n’Ishyirahamwe ry’Ibigo bitwara abagenzi mu Rwanda (ATPR), basezeranye ko muri izi mpera z’umwaka hatakongera kuboneka umubyigano w’abantu benshi, ukunze guteza bamwe kurara muri gare ya Nyabugogo.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko bisi zari zitegerejwe zagombaga kuza muri uyu mwaka zamaze kuhagera, mu rwego rwo korohereza abagenzi mu ngendo mu Mujyi wa Kigali.
Abahagarariye inzego zitandukanye zirimo iza Leta, izigenga n’abafatanyabikorwa batandukanye, bahuriye mu biganiro tariki 19 Ukuboza 2023, mu rwego rwo kurebera hamwe uko gahunda yo gufasha abafite ubumuga bikorewe mu miryango bakomokamo cyangwa aho batuye, yarushaho kongerwamo ingufu.
Ubuyobozi bwa Croix Rouge y’u Rwanda butangaza ko mu myaka itatu bwafashije impunzi ziri mu nkambi ya Kiziba mu Karere ka Karongi na Nyabiheke mu Karere ka Gatsibo kugira imibereho myiza, binyuze mu bikorwa byo kububakira ubwiherero, imodoka y’imbangukiragutabara n’imirima yo guhinga.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Djibouti, Major General (Rtd) Charles Karamba yashyikirije Perezida Ismail Omar Guelleh, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu Ntera abasirikare, bahabwa amapeti guhera ku bari bafite irya Brigadier General bagizwe Major General.
Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane y’u Rwanda (MINAFFET), yatangaje ko u Rwanda n’u Budage bifuza kwagura ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo inganda, ubuzima, ubucuruzi n’ishoramari.
Perezida Paul Kagame yavuze ko umugabane wa Afurika utazakomeza gushingira cyane ku gutumiza imiti n’inkingo mu mahanga ahubwo ko bigomba guhinduka hagashakwa ibisubizo by’igihe kirekire hubakwa inganda ndetse no guteza imbere siyansi.
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko hambere byavuzwe ko umugabane wa Afurika udashobora kubona inkingo zo mu bwoko bwa mRNA, ndetse ko u Rwanda rutangira uyu mushinga byavugwaga ko bizasaba gutegereza imyaka 30.
Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango Nyafurika uteza imbere ikoranabuhanga mu by’imiti (African Pharmaceutical Techinology Foundation (APTF), basinyanye amasezerano yo kwakira icyicaro gikuru cy’Ikigo Nyafurika giteza imbere ikoranabuhanga mu by’imiti muri Afurika.
Igitaramo cya Chorale de Kigali cyabaye ku mugoroba wo ku itariki ya 17 Ukuboza 2023 cyitabiriwe n’imbaga y’abantu batandukanye barimo na ba Minisitiri n’abandi bayobozi bo mu nzego za Leta.
Kuri iki Cyumweru tariki 17 Ukuboza 2023 ni bwo Umuryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda (AERG), wizihije isabukuru y’imyaka 27 umaze ushinzwe.
Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Maroc bahuriye hamwe, mu rwego rwo kwakira ndetse no kuganira na Ambassaderi mushya w’u Rwanda mu Bwami bwa Maroc, Madamu Shakilla Kazimbaya Umutoni.
Kompanyi y’indege ya Kenya (Kenya Airways), yasobanuye uko byayigendeye kugira ngo yisange yasubije abagenzi i Nairobi, mu gihe yari ibazanye i Kigaki mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yakiriye Prof. Dr. Uğur Şahin, washinze akaba n’umuyobozi mukuru wa BioNTech Group n’intumwa ayoboye aho yitabiriye umuhango wo gutangiza Ikigo Nyafurika gikora inkingo (BioNTech Africa).
Perezida wa Senegal, Macky Sall, yageze i Kigali aho aje mu gikorwa cyo gufungura ku mugaragaro Ikigo Nyafurika gikora inkingo, BioNTech Africa.