Inama y’abaminisitiri y’igihugu cya Israel yateranye ku cyumweru tariki 11/03/2012 yemeje ko Belaynesh Zevadia ahagararira igihugu cye cya Israel mu Rwanda afite ikicaro i Addis Abeba muri Ethiopia.
Abayobozi b’akarere ka Bugesera n’ab’ibintara ya Kirundo mu gihugu cy’u Burundi, baratangaza ko imigenderanire myiza iri hagati y’ibihugu byombi irimo gutanga umusaruro ufatika, cyane cyane mu bijyanye no kubungabunga umutekano ndetse n’ubuhahirane.
Abayobozi bakuru n’abayobozi mu by’ubucuruzi baturutse hirya no hino ku isi bagera kuri 200 bazahurira i Kigali mu nama izaba yiga ku guteza imbere ubucuruzi bukozwe mu bwumvikane muri Afurika.
Umugabo witwa Ntageza Vincent w’imyaka 50 y’amavuko ukomoka mu mudugudu wa wa Nyarubare mu kagali ka Mushirarungu mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza yaratorotse nyuma yo guhohotera umukobwa we w’imyaka 18 y’amavuko ufite ibibazo byo mu mutwe akamutera inda.
Imbuto Foundation yahembye ba Malayika Murinzi baturuka mu karere ka Burera, Rulindo na Gakenke ndetse n’abana b’abakobwa bagize amanota meza kurusha abandi (Inkubito z’Icyeza) baturuka muri utwo turere.
Mu gihe bikunze kuvugwa ko abagore ari bo bahura n’ibibazo by’ihohoterwa, Umugabo witwa Karemera Viateur, atuye mu murenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga yigeze guhunga urugo rwe kubera ahohoterwa yakorerwaga n’umugore we.
Ikamyo yari itwaye ibicuruzwa ibivanye i Kigali ibijyanye i Kamembe yaguye aho bita ku mukobwa mwiza mu karere ka Huye mu murenge wa Mbazi mu rukerera rwa tariki 10/03/2012. Ikamyo yangiritse ariko abari bayirimo bo bayivuyemo amahoro.
Abakoresha bo mu karere ka Ruhango barasabwa kubahiriza amabwiriza agenga umukozi, nk’uko babisobanuriwe mu mahugurwa y’umunsi umwe, yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 09/03/2012, agamije kubasobanurira itegeko ry’umurimo.
Umugabo witwa Ndayisaba Innocent wo mu kagari ka Gasharu mu Murenge wa Muko, kuri uyu wa Gatanu tariki 9/3/2012 yakubise umugore we Mukamusoni, amuziza ko yazanye umukozi wo kubakorera mu rugo.
Akarere ka Huye kakoze igikorwa cyo guhemba abagore n’abakobwa bagaragaje ubudashyikirwa, ubwo isi yizihizaga umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore kuwa Kane tariki 08/03/2012.
Abaturage batuye mu kagari ka Yungwe, mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu, barataka ko inzara igiye kubica kuko babujijwe guhinga kandi batarimurwa, mu gihe abandi bari kwimurwa muri iri shyamba rya Gishwati bagatuzwa ahandi.
Abakozi babiri bakorera umurenge wa Gakenke, akarere ka Gakenke bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke bakekwaho kunyereza imisoro y’Akarere no gukoresha inyandiko mpimbano.
Igihugu cy’u Buyapani cyatanze amadolari y’Amerika miliyoni 1.5 yo gushyigikira ibikorwa byo guhangana n’ibibazo biterwa n’ubuhunzi ndetse n’ibiterwa n’ibiza mu Rwanda.
Umutwe Raia Mutomboki wiyemeje kurwanya inyeshyamba za FDLR wishe inyeshyamba 31 za FDLR tariki 01-04/03/2012 mu Ntara y’Amajyepfo ya Kivu mu Karere ka Kalehe; nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwa Amani Leo.
Imodoka itwara imizigo y’ubwoko bwa Daihatsu yakoze impanuka, kuri uyu wa kane tariki 08/03/2012 mu Kintama, Akagari ka Rusagara, umurenge wa Gakenke ku bw’amahirwe ntiyagira umuntu ihitana.
Minisitiri Mukaruriza Monique wifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore yabasabye kwisuzuma bakareba aho bageze biteza imbere.
Uwari uhagarariye Umuryango w’Abibumbye (UN) mu Rwanda, Aurelien Agbenonci, aratangaza ko abona manda ye yarihuse kubera imikoranire myiza yagiranye na Leta y’u Rwanda mu myaka ine ahamaze.
Minisitiri James Musoni arasaba Njyanama z’uturere kurangwa no guhanga udushya mu miyoborere myiza ariko ikiruseho zikarangwa no kuvugira abaturage bazitoye.
Minisitiri w’Ingabo James Kabarebe aratangaza ko umugabo agira imbaraga nyinshi ariko ko hari imbaraga atagira zigirwa n’umugore kuko imirimo umugore yirirwa akora abagabo bake ari bo bayishobora.
Ubwo yasuraga akarere ka Ruhango, tariki 07/03/2012, ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda yashimye ko mu Rwanda hari abaturage bagira uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu.
Umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Jeannette Kagame, arasaba abana b’abakobwa kwigirira icyizere bagatsinda amasomo ya bo neza bakareka kwitinya no guheranwa n’amateka yaranze abana b’abakobwa bari barahejwe mu burezi hakiga abana b’abahungu gusa.
Uganda irateganya guha ubwenegihugu Abanyarwanda baba muri icyo gihugu batujuje ibyangombwa byo kwitwa impunzi cyangwa se badashaka gutaha mu Rwanda; nk’uko byatangajwe n’Ibiro bya minisitiri w’Intebe muri Uganda.
Mu rwego rwo kumenya no gukemura ibibazo by’ihohoterwa bigaragara mu muryango Nyarwanda, Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere yatangije gahunda yise “Akagoroba k’ababyeyi” kagamije guhuriza hamwe ababyeyi bakaganira ku bibazo bahura na byo mu ngo zabo.
Komisiyo y’igihugu y’amatora irasaba abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye na kaminuza gufata iya mbere mu kwimakaza demokarasi n’imiyoborere myiza binyuze mu matora.
Amakimbirane ashingiye ku micungire mibi y’umutungo w’Umuryango uharanira Imibereho myiza y’Umuryango (ARBEF) akomeje gufata indi ntera kuko ibice bibiri birwanira ubuyobozi bikomeje kwitana ba mwana.
Abanyeshuri bagera kuri batandatu bo mu ishuri ryisumbuye rya Don Bosco ry’i Kabarondo bamaze gufatwa n’indwara yayoberanye. Abo banyeshuri bafashwe n’iyo ndwara bagaragaza ibimenyetso bimeze nk’ihungabana bikajyana no kugaragaza imyitwarire idasanzwe.
Uretse gucunga umutekano, ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Darfur zirashimirwa ibindi bikorwa by’iterambere birimo amashuri zimaze kugeza ku baturage batuye mu gace zikoreramo.
U Rwanda nicyo gihugu cya mbere ku isi abagore bakoramo politiki nta mbogamizi zishingiye ku gitsina bakorewe.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasoje umwiherero wa 9 w’abayobozi bakuru b’igihugu waberaga i Gako mu karere ka Bugesera abasaba kumenya inshingano zabo kugira ngo babashe kwesa imihigo.
Ubwo hasozwaga umwiherero wa 9 w’abayobozi bakuru b’igihugu tariki 06/03/2012, abaminisitiri ndetse n’abahagarariye u Rwanda mu bihugu by’amahanga basinye amasezerano y’imihigo na Perezida wa Repubulika y’ibyo bazageraho bitarenze umwaka wa 2012.