Isuzuma ryakozwe mu karere ka Nyamasheke ku mahame y’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’umugabo n’umugore ryagaragaje ko imitangire ya za raporo ikiri hasi mu kugaragaza uko amahame y’uburinganire ashyirwa mu bikorwa.
Guverinoma y’u Rwanda iranyomoza amakuru avuga ko umubano wayo n’u Bufaransa waba wajemo agatotsi, nyuma y’aho yanze ambasaderi mushya Guverinoma y’u Bufaransa yari yohereje mu Rwanda.
Inzego zibungabunga umutekano mu gihugu zatashye ku mugaragaro inzu nshya zizajya zikoreramo mu buryo bwiswe Joint Operations Centre (JOC).
Umwanditsi w’Umunyarwandakazi Justine R. Mbabazi, wanditse igitabo yise “This is your time Rwanda” kivuga ko iki ari cyo gihe cy’u Rwanda cyo kwigaragaza, aravuga ko ibyo yanditse muri iki gitabo ari ubuhamya ku Rwanda butavugwa yizera kandi yahagazeho.
Inyubako nyinshi zitangirwamo serivisi mu karere ka Rwamagana nta bubiko buhagije zifite ku buryo bibangamira imitangire ya serivisi zimwe na zimwe; nk’uko byagaragaye mu mu isuzuma ry’imitangire ya serivisi ririmo kubera muri ako karere.
Abajyanama bagize komisiyo y’Imibereho myiza muri Njyanama y’Akarere ka Rwamagana bari muri gahunda yo gusuzuma uko inzego z’ubuzima n’uburezi zitanga serivisi.
U Rwanda rurateganya kuringaniza urubyaro kugeza ku kigero cya 70% mu mwaka wa 2013 nk’uko bitangazwa na minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN).
Colin Haba uyobora by’agateganyo ikinyamakuru The Newtimes niwe watorewe kuyobora Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Abanyamakuru (ARJ) ryari rimaze igihe kinini rikora nka baringa, mu matora yabaye kuri iki Cyumweru tariki 19/02/2012.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Binunga mu karere ka Muhanga barishimira amazi bahawe, bavuga ko azabagabanyiriza imvune bagiraga bajya kuvoma kure rimwe na rimwe bakayabura. Igikorwa cyo kubafungurira ayo mazi cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 18/02/2012.
Amahugurwa yigaga ku iterambere ry’ibihugu biba bivuye mu bihe by’intambara, yahuzaga intumwa 32 ziturutse hirya no hino muri Afurika, yaberaga i Nyakinama, kuri uyu wa gatandatu tariki 18/02/2012 yasojwe abayitabiriye basabwa gushyira mu bikorwa ibyo bayigiyemo, bateza imbere Afurika.
Perezida Kagame yitabiriye inama igamijwe kwiga k’umutekano w’Afurika wugarijwe n’imitwe yitwaje ibirwanisho ikomeje guhungabanya umutekano. Ku munsi w’ejo tariki 18/02/2012 nibwo yerekeje i Benin, aho iyi nama yatumijwe n‘umukuru w’Afurika yunze Ubumwe Perezida Yayi Boni izateranira.
Imiryango 16 y’abantu 75 bakuwe mu byabo no kurigita k’umusozi wa Kibingo mu kagari ka Musezero mu murenge wa Rwaza, akarere ka Musanze barasaba gufashwa kugira ngo babashe kubaka amazu babamo kuko ubu bacumbitse ku baturanyi.
Inama njyanama y’akarere ka Huye yemeje icyifuzo cyo gushyiraho santere (one stop center) izajya ikorerwa imirimo yose ifitanye isano n’ubutaka mu rwego rwo korohereza abaturage kubona serivise badasiragiye ahantu henshi.
Abakozi b’uturere tugize igihugu bari mu mahugurwa yiga ku buryo utwo turere twafashwa kongera ubushobozi bw’abakozi batwo.
Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana arihanangiriza abakozi bose ko uzatahurwaho kudatanga serivisi neza, uko bikwiye no mu gihe gikwiye, azahanwa nk’usahura umutungo w’abaturage.
Umwalimu Amanda Grzyb wigisha muri University of Western Ontario yo mu gihugu cya Canada hamwe n’abanyeshuri 5 bari mu Rwanda guhera uyu munsi tariki 17/02/2012 mu rwego rwo kwiga ububi bwa Jenoside.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali arahamagarira abanyeshuri n’abarezi guteza imbere isuku bahereye aho baba no mu nkengero zaho. Yabitangarije mu gikorwa cyo gutangiza isuku mu mashuri yo mu mujyi wa Kigali, cyatangiriye mu ishuri rya EPA riherereye mu murenge wa Nyarugenge.
Abakozi barenga 70 ba Leta bahawe impamyabumenyi z’amahugurwa bakoze umwaka ushize mu kwezi kwa 10, yari agamije kubahugura ku miyoborere myiza no gutanga serivisi zinoze ku baturage.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru aratangaza ko abayobozi b’uturere badashyira mu bikorwa ibyo biyemeje batazabihanganira kuko byaba ari uguta igihe.
Kuri uyu wa Kane tariki 16/02/2012, Umugaba mukuru w’ingabo za Cote d’Ivoire, General de Division Soumaila Bakayoko, yahuye n’abayobozi bakuru b’u Rwanda baganira ku buryo igihugu cye cyakwigira k’u Rwanda uburyo bwo kubaka iisirikare cy’umwuga no gusubiza ingabo mu buzima busanzwe.
Abaturage bo mu murenge wa Rwaza mu karere ka Musanze bakomeje guterwa impungenge no kurigita ndetse no gutemba kw’imisozi yo muri uwo murenge ikomeje kubabera amayobera.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Buhinde, Preneet Kaur, aravuga ko igihugu cye kizakomeza gukorana n’u Rwanda mu rwego rwo kuzamura ishoramari ryarwo. Yabivuze ubwo Perezida Paul Kagame yamwakiraga mu biro bye kuri uyu wa Kane taliki ya 16/02/2012.
Igorofa y’ubucuruzi y’uwitwa Eulade Hakizimana uzwi ku izina rya “Mironko,” iherereye i Remera ku Gisimenti yari ifashwe n’inkongi y’umuriro ariko ku bw’amahirwe abatabazi bari hafi bahagoboka inkongi itarakomera.
Umuyobozi mukuru w’itorero ry’Abadventisiti b’umunsi wa karindwi ku rwego rw’isi yose, Ted N.C Wilson n’intumwa ayoboye, azasura u Rwanda ku nsuro ya mbere kuva tariki 02/03/2012 mu ruzinduko rw’iminsi ine.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yatangije ku mugaragaro ikoreshwa ry’inyandiko zikubiyemo serivisi zigenerwa abaturage mu bigo bya Leta na za Minisititeri. Izo nyandiko zitezweho kunoza itangwa rya serivisi zigenerwa abaturage no kwihutisha akazi.
Inzu yo mu murenge wa Kibungo mu karere ka Ngoma yafashwe n’inkongi y’umuriro ku gicamunsi cya tariki 15/02/2012 ibyari birimo byose birashya ariko nta muntu wagize icyo aba.
Ba Minisiti b’ububanyi n’amahanga b’u Rwanda n’u Buhinde basinyanye amasezerano atatu ashingiye ku iterambere ry’ibihugu byombi n’imibanire yabyo.
Abaturage batuye akarere ka Ngororero bashimiye Perezida Kagame ko ibyo yababwiye muri 2010 yiyamamaza yabishyize mu bikorwa. Ubwo aheruka muri aka karere mu mwaka wa 2010 yabijeje ko nibamutora azabafasha kugera kwiterambere ryihuse.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga mu gihugu cy’u Buhinde, Preneet Kaur, aragirira uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda kuva kuri uyu wa gatatu tariki 15/05/2012.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Côte d’Ivoire, Gen. Maj. Soumaila Bakayoko, kuva tariki 14/02/2012, ari mu Rwanda n’abandi basirikare 9 ayoboye mu butumwa buzamara iminsi 5 mu bikorwa byo gutsura umubano n’u Rwanda ndetse no kurwigiragiraho mu bice bitandukanye.