Umwe mu myanzuro yavuye mu nama ya cyenda y’abana intara y’Amajyaruguru, ni uko abana bo muri iyi ntara biyemeje gutunga itungo rigufi buri wese, kugira ngo bakure bafite umuco wo kwigira, muri gahunda yiswe ‘Gira Itungo Rigufi Mwana’, nk’uko babyemeje kuri uyu wa Gatanu tariki 20/12/2013.
Muri ibi bihe by’imyiteguro y’iminsi mikuru ya noheri n’ubunani abaturage biganjemo urubyiruko batangaza ko bifuza amafaranga y’iminsi mikuru ariko mu kuyashaka hakaba ababihomberamo, kuko kubera imikino y’amahirwe bishoramo.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA), Jerome Gasana, aremeza ko gahunda batangije yo guteza imbere ubuhanzi ari kimwe mu bimenyetso bigaragaza ubushake mu mpinduramatwara batangiye yo guha imyuga agaciro mu Banyarwanda.
Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) iratangaza ko ibikorwa byo kubaka inkambi ya Mugombwa izashyirwamo imunzi z’Abanyecongo bari mu Rwanda mu nkmabi ya gateganyo ya Nkamira bizaba byarangiye mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama 2014.
Mu murenge wa Mugombwa ho mu karere ka Gisagara hatangijwe ku mugaragaro imilimo yo kubaka inkambi igenewe kwakira impunzi zaturutse muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo izarangira mu kwezi kwa mbere.
Mu gihe imanza z’abakekwaho uruhare mu kwica Abatutsi bari barahungiye muri kiriziya ya Paruwasi Gaturika ya Nyange mu karere ka Ngororero zikomeje, abakirisitu basengera muri iyo paruwasi baragaya cyane ubugwari bw’abakoze ayo mahano.
Umukozi ushinzwe imiyoborere myiza mu karere ka Ngororero, Musabeyezu Charlotte, aratangaza ko mu karere ka Ngororero bagiye kwifashisha ibihangano by’abaturage batandukanye mu rwego rwo guteza imbere no kwimakaza ibikorwa by’umuganda.
Abana bahagarariye abandi mu mirenge n’uturere mu ntara y’Iburasirazuba barasaba Perezida w’u Rwanda ko yabafasha akabashyiriraho gahunda bise “Gira itungo mwana”, izafasha buri mwana wese kugira itungo yakorora akiri muto akazakura agenda arumbukirwa.
Umunyarwanda Kanyandekwe Faustin utuye mu kagari ka Rubona umurenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu yahohotewe n’abashinzwe umutekano muri Congo ubwo yari avuye gufata gufata amafaranga yakoreye muri Goma tariki 19/12/2013.
Urubyiruko ruvuye mu bihugu bitandukanye by’Afurika rwumvise gahunda zijyanye no kwigira cyangwa kwishakamo ibisubizo Abanyarwanda bagenderaho, bamwe muri bo bakaba bemeje ko kumenya izo gahunda bizabafasha kurwanya ubukene no guharanira amahoro mu bihugu byabo.
Ubwo Abanyarwanda 91 bari barahungiye muri Congo bageraga mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi kuri uyu 19/12/2013, batangaje ko bishimiye kongera kwibona mu gihugu cyabo ndetse bakaba bagiye kuharangiriza umwaka wa 2013.
Nyuma yo kubona ko ba rwiyemezamirimo bakiri bato bagorwa no kubona ingwate maze bikabavutsa uburenganzira bwo kubona inguzanyo umuryango GVEP International wahuguye abayobozi b’imirenge SACCOs yo mu karere ka Nyanza basabwa kutagira uruhare mu kubaheza.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere, Prof. Shyaka Anastase, aravuga ko ahari ubushake ndetse n’ubufatanye iterambere rishoboka, ndetse rikaba ryageza igihugu n’abagituye ku kwigira nyakuri.
Mu kiganiro kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” cyabereye mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Uburasirazuba (IPRC/East) kuri uyu wa 18/12/2013 ,vice president wa komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge, Uwimana Xaverine, yavuze ko iyo gahunda igiye kujya yigishwa mu mashuri.
Abaturage batuye mu murenge wa Nyanjye mu karere ka Ngororero ntibavuga rumwe ku mafaranga bacibwa iyo bagiye kugeza ibibazo byerekeranye n’imanza n’amakimbirane ku bayobozi b’imidugudu kimwe no ku nzoga y’abagabo icibwa uwatsinzwe cyangwa uwahamwe n’amakosa.
Ubuyobozi bw’abikorera mu karere ka Rubavu bwahisemo gushyira ibikorwa by’imurikagurisha (expo) hafi y’amazi kugira ngo abazaryitabira bashobore no kureba ubwiza bw’akarere nk’amazi y’ikiyaga cya Kivu.
Inzego zishinzwe umutekano mu mujyi wa Goma mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Congo zikomeje kwitwaza inyeshyamba za M23 zigahohotera Abanyarwanda bajyayo mu bikorwa bitandukanye.
Kurwanya icyakongera gusubiza Abanyarwanda mu icuraburindi no kureba ikibahuza kandi kibafitiye inyungu, nibyo byasabwe abanyeshuli ba kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare kuri uyu wa 09 Ukuboza 2013.
Sosiyete Nyarwanda itwara abantu n’ibintu mu ndege Rwandair yungutse umuyobozi w’indege wa mbere w’Umunyarwanda uzajya atwara indege nini yo mu bwoko bwa Boeing 737.
Urubyiruko 450 rwo muri paruwasi ya Crête Congo Nil ruturuka mu mirenge itanu yo mu karere ka Rutsiro rwihaye intego yo kujya kubera intangarugero urundi rubyiruko bagenzi babo kugira ngo babashishikarize gukunda Imana no kwitabira gahunda za leta zigamije iterambere.
Intore zatorezwaga mu karere ka Ngoma mu cyiciro cya mbere cyo gutoza urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye muri uyu mwaka wa 2013 izi ntore zasabwe kuba intangarugero mu byo zizakora byose kandi zigaharanira kubaka ubumwe mu Banyarwanda.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame aravuga ko Umunyarwanda atari ubyitirirwa, byaba bishingiye ku kuvuka cyangwa igice abarizwamo ahubwo ko ari uharanira ineza y’abandi Banyarwanda, “akihesha agaciro”, akirinda kwiyoberanya no kuvuga abantu kurusha kuvuga ibintu.
Nyuma y’uko yumvise neza gahunda ya ‘Ndi umunyarwanda’ umukobwa witwa Nyirabenda Jeanne wo mu karere ka Gisagara yafashe icyemezo cyo gusaba imbabazi mugenzi we BampireJeanne kuko ngo yamwangaga cyane yarananiwe kumwakira abitewe no kuba umubyeyi w’uyu Bampire yarishe abo mu muryango wa Nyabenda muri Jenoside yakorewe (…)
Nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda, ku mugoroba wo kuri uyu mbere tariki 16/12/2013 perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yagaragarije Abanyarwanda uko igihugu gihagaze kuri ubu mu ijambo yavugiye mu ngoro y’inteko Ishinga Amategeko.
Abayoboke b’idini ya Methodiste Libre ryo mu Rwanda biriwe mu birori ku cyumweru tariki ya 15/12/2013 ubwo muri iryo dini batangaga inshingano z’ubupasiteri ku bantu batanu mu mihango yabereye ahitwa Kibogora mu karere ka Nyamasheke.
Ubwo Intore zo mu karere ka Nyamagabe zasozaga icyiciro cya mbere mbere cy’urugerero cyigizwe no gutozwa wabaye kuwa gatandatu tariki ya 14/12/2013, zasabwe kuzarangwa n’ibikorwa bifite intego mu cyiciro cy’urugerero cyizakurikiraho kuko ari bwo zizatanga umusaruro Abanyarwanda bazitegerejeho.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame wari usanzwe ari perezida w’ishyaka rya FPR-Inkotanyi yaraye yongeye kugirirwa icyizere cyo kuyobora uwo muryango mu myaka ine iri imbere nk’uko byavuye mu matora yabaye ku cyumweru tariki 15/12/2013, aho yatowe n’abantu 1948 muri 1957 batoye; akaba yatsinze Sheikh Abdul Karim Harelimana (…)
Umuraza Landrada, komiseri muri komisiyo y’igihugu y’itorero arasaba intore zigiye ku rugerero kutazihanganira na rimwe umuntu wese washaka guhungabanya Ubunyarwanda. Ibi yabivugiye mu muhango wo gusoza icyiciro cya mbere cy’urugerero rw’intore zikabakaba 700 zatorezwaga mu ishuri rya APEGA Gahengeri mu karere ka Rwamagana (…)
Umuryango w’abakomoka kuwitwa Busindu barasaba akarere ka Ngororero kubasubiza cyangwa bakabishyura agaciro k’ahubatswe umurenge wa Muhororo muri ako karere, nyuma y’uko uyu muryango utangiye gusubiza ahenshi muho bari bambuwe ubwo bahungaga mu 1959.
Intumwa za rubanda 23 n’izindi mpugucye mu muryango w’ubukungu w’ibiyaga bigari (CEPGL) kuva taliki ya 12/12/2013 bari mu Rwanda mu kuganira imikorere y’uyu muryango n’ibibazo uhura nabyo mu gushyira mu bikorwa inshingano ufite.