Mu muhango uhuza buri 26 wa Gicurasi abafite ubumuga baba baturutse hirya no hino mu Rwanda ndetse no hanze y’Igihugu bibuka Padiri Fraipont Ndagijimana washinze ikigo cyita ku buzima bw’abafite ubumuga cya HVP Gatagara humvikanyemo bwa mbere ijwi ryabo risaba ko Itegeko Nshinga ry’u Rwanda rivugururwa.
Bakurikije ibyiza bagezeho nyuma y’igihe gikomeye cya Jenoside yakorewe abatutsi abanyarwanda bari bavuyemo, abaturage b’Akarere ka Gisagara basanga Perezida Paul Kagame, nk’umuyobozi wabagejeje ku byiza byinshi, akwiye gukomeza kubayobora iterambere rikarushaho kwiyongera.
Ikigo cya HVP Gatagara cyubatse ku gasozi kitiriwe amizero mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, ku wa 26 Gicurasi 2015 habereye umuhango ngarukamwaka wo kwibuka Padiri Fraipont Ndagijimana washinze icyo kigo mu mwaka wa 1960 agamije kwita ku buzima bw’abafite ubumuga.
U Rwanda rwateguye inama mpuzamahanga ku kurinda abasivili mu bikorwa byo kubungabunga amahoro izaba kuva tariki 28-29 Gicurasi 2015 igamije gushyiraho uburyo buhambye bw’uko abasivili bagomba gucungirwa umutekano mu bihe by’intambara n’imvururu.
Ministeri ishinzwe Imicungire y’ibiza n’Impunzi, MIDMAR, yaburiye abatekereza gufatirana impunzi z’Abarundi mu bibazo zirimo, bagashora abagore n’abakobwa mu busambanyi, cyangwa abashaka abakozi bo mu rugo, bagashaka gukoresha abana bataragera ku myaka y’ubukure.
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Burera batangaza ko ingeso y’ubuharike ikunze kumvikana muri ako karere ituruka ahanini ku bwumvikane buke hagati y’abashakanye bukurura amakimbirane, abagabo bagahitamo kuzana abandi bagore.
Abaturage bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi baravuga ko ingoma zose zagiye ziyobora u Rwanda nta n’imwe yigeze ibageza ku iterambere nk’iryo bagezeho ubu, bakifuza ko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakomeza kuyobora u Rwanda kugeza igihe azaba atakibashije kuyobora.
Abaturage amagana n’amagana baturutse mu mirenge yose y’Akarere ka Nyanza ku mugoroba wo ku wa 25 Gucurasi 2015 bakiye bidasanzwe intore z’Abadahingwa bo muri aka karere bari bakubutse mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda mu gusaba ko Itegeko Nshinga rihinduka rikemerera Perezida Paul Kagame kongera kwiyamamaza.
Abashinzwe gucunga imitungo yasizwe na bene yo mu turere tw’icyaro baravuga ko bakomerewe n’ikibazo cy’amikoro akiri make bigatuma batuzuza neza ibyo basabwa, bagasaba ko bakongererwa ubushobozi ngo babashe kuzuza neza inshingano zabo.
Imvura yaguye ijoro ryose cyane cyane mu bice by’ibirunga yateye umwuzure mu Mujyi wa Musanze amazi afunga umuhanda wa Musanze-Rubavu hafi ya Hoteli Faraja abagenzi n’imodoka bavaga i Rubavu n’ab’i Kigali bari bahagaze bategereje ko agabanuka bagakomeza urugendo. Aya mazi kandi aturuka mu birunga ngo yatwaye umwana (…)
Abaturage 17 bo Karere ka Musanze bafashe amafaranga y’urunguze izwi nka Banki Lambert, ubu baricuza nyuma y’uko bagize ikibazo gikomeye cyo kubona ubwishyu, bamwe ibyabo bikaba byaratejwe n’abandi bikaba ari ko bigiye kubagendekera.
Abapolisi 30 barimo Abanyarwanda ndetse n’Abagande, kuva ku Cyumweru, tariki ya 24 Gicurasi 2015, bateraniye mu Ishuri ry’Amahugurwa rya Polisi i Gishari mu Karere ka Rwamagana, mu mahugurwa y’ iminsi ine agamije kongerera ubushobozi Polisi zombi mu bijyanye n’ubufatanye bwo kwitegura ndetse no guhangana n’ibiza.
Ku wa mbere tariki ya 25 Gicurasi 2015, abaturage bahagarariye abandi mu byiciro bitandukanye bo mu Ntara y’Amajyepfo bashyikirije inteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite, ubusabe bw’abantu basaga 1 000 000 basaba ko ingingo yo mu itegeko nshinga igena umubare wa manda z’umukuru w’igihugu yavugururwa.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Odda Gasinzigwa, avuga ko nubwo abagore bahawe ijambo badakwiye kwirengagiza nkana inshingano bafite mu miryango ngo bitume bahora bahanganye n’abagabo babo.
Ihuriro ry’abagore bo mu Karere ka Kayonza ryasabye ko ingingo y’101 y’itegeko nshinga ry’u Rwanda ivugururwa kugira ngo umukuru w’igihugu, Paul Kagame, azabashe kwiyamamariza indi manda.
Bamwe mu baturage batishoboye bo mu Karere ka Rulindo bahabwa inkunga y’ingoboka muri gahunda ya VUP baravuga ko yabafashije kwiteza imbere.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara batujwe ku midugudu mu mirenge itandukanye barahamya ko bimaze guhindura imibereho yabo ku buryo batatekerezaga, aho bamaze kunguka byinshi mu bijyanye n’imibereho, ndetse bakaba banazamuka mu iterambere.
Abayobozi b’Umurenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe bamurikiye abaturage ibibakorerwa bagiramo uruhare, babagaragariza ibyo bateganya gukora mu gihe kiri imbere, kandi banabashishikariza kurushaho kugira uruhare mu bibakorerwa batanga ibitekerezo kubikenewe kurusha ibindi.
Perezida wa Repubulika,Paul Kagame, yashubije urubyiruko rwamubajije icyakorwa kugira ngo abanyarwanda benshi bari ku bucucike bwo hejuru babashe kubona imirimo, ko bagifite amahirwe menshi mu mirimo itarabona abayikora mu Rwanda, ndetse ko bajya gukorera no mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba(EAC) n’ahandi.
Twabahitiyemo amwe mu mafoto yagize ibihe by’ingenzi mu biganiro mu matsinda hagati ya Perezida Kagame n’urubyiruko, aho twamubajije ibibazo bitandukanye bari bafite.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, mu biganiro n’urubyiruko rw’abanyarwanda ruba hirya no hino ku isi, i Dallas muri Texas muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuri uyu wa 23 Gicurasi 2015, yabibukije ko aho baba bari hoseku isi bagomba kumenya ko ari Abanyarwanda kandi bagaharanira icyateza imbere “igihugu bahaweho umurage”.
Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame arakangurira urubyiruko rw’u Rwanda kurangwa n’ibitekerezo bitanga ibisubizo kandi rukareba kure aho rwifuza ko igihugu kigera, baba abari mu Rwanda cyangwa abari hanze yarwo.
Abayobozi batandukanye bamenyesheje urubyiruko ruteraniye i Texas muri Amerika mu ihuriro ryitwa Youth for Rwanda, ko u Rwanda rubakeneye mu gukemura ibibazo bijyanye n’ingufu ndetse n’ubumwe n’ubwiyunge.
Ministiri Mushikiwabo ushinzwe ububanyi n’amahanga na Francis Kaboneka w’Ubutegetsi bw’Igihugu, bamenyesheje rubyiruko rugera kuri 700 ruturutse hirya no hino ku isi, ruteraniye muri Kaminuza ya Texas Christian University muri Leta zunze ubumwe za Amerika, ko u Rwanda rukeneye imbaraga zabo kandi rushaka kubatega amatwi.
Bamwe mu bagabo batuye mu murenge wa Kivuruga mu karere ka Gakenke baravuga ko kuva gahunda y’umugoroba w’ababyeyi yatangira hari byinshi imaze kugenda ihindura mu miryango yabo, kuko henshi batakibana mu makimbirane nkayo babagamo mbere.
Urubyiruko rubarirwa mu magana rw’Abanyarwanda baturutse hirya no hino ku isi bateraniriye i Texas muri Leta zunze ubumwe za Amerika, aho rugiye kuganirizwa byinshi bikubiye mu mateka u Rwanda ruvuyemo mu myaka 20 ishize, aho rugeze rwiyubaka n’aho rugana, baratangaza ko bamaze kumenya ayo mateka neza.
I Dallas muri Leta ya Texas ho muri Leta Zuze Ubumwe z’Amerika ahateraniye urubyiruko rw’Abanyarwanda rugiye kuganira na Perezida Kagame kuri uyu mugoroba wo ku wa 23 Gicurasi 2015 ibyishimo ni byose kandi ngo uretse Ikinyarwanda nta rundi rurimi rurimo kuhavugwa. Umunyamakuru wa Kigali Today Fred Mwasa atubereyeyo aya (…)
Mu karere ka Nyagatare hatangiye igikorwa cyo gupima abana kugira ngo hamenyekane imikurire yabo bityo abagaragaweho ikibazo cy’imirire mibi bafashwe gukura neza. Iki gikorwa kikazafasha abana bamwe bagaragazaga ukugwingira muri aka karere.
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wa Croix-Rouge mu Karere ka Gisagara, kuri uyu wa 21 na 22 Gicurasi 2015, hateguwe umuganda w’abakorerabushake b’uyu muryango maze bubakira inzu umuturage wo mu Murenge wa Kansi utishoboye utagiraga aho aba.
Kuri wa 22 Gicurasi 2015, intumwa z’ibihugu by’ Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba, EAC, zigizwe n’abamisiriri w’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu Rwanda no muri Uganda zasuye impunzi z’Abarundi zo mu Nkambi ya Mahama mu rwego rwo kumenya neza igitera ubwo buhunzi hanashakirwa hamwe umuti w’icyo kibazo.