Abaturage batuye mu Kagari ka Rugendabari mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayonza bavuga ko ibigega bifata amazi y’imvura bubakiwe bigiye kuborohereza ku kibazo cy’amazi bari bafite.
Urubyiruko rwiga mu bigo by’amashuri yisumbuye 15 byo mu Karere ka Rubavu rwanenze abaharanira uburenganzira bwabo bakoresheje ibikorwa byo kwigaragambya n’urugomo, kuko basanga umuti ukwiye ari ibiganiro.
Abadepite bagize Inteko Nshingamategeko y’u Rwanda basabye urwego rw’Umuvunyi kongera ubugenzuzi mu maperereza ikora ku bakurikiranyweho gukoresha nabi no kunyereza umutungo wa Leta kandi rukanabasabira ibihano bibakwiriye.
Kuri uyu 05 Gicurasi 2015, abagize Inama y’Igihugu y’Abagore kuva ku murenge kugera ku rwego rw’akarere ka Nyagatare bakoranye inama aho biyemeje gutangira gukora ibarura ry’abagore babashyira mu byiciro.
Mu bihe bitandukanye mu karere ka Gatsibo hagiye hagararagara ba rwiyemezamirimo bagiye bakoresha abaturage mu bikorwa bitandukanye, ariko bikaza kurangira abo baturage batishyuwe amafarana bakoreye, ubuyobozi bw’akarere kuri ubu bukaba buvuga ko iki kibazo bukigikurikirana kugira ngo abo baturage bishyurwe.
Muri aya masaha y’igicamunsi, umuryango FPR Inkotanyi uri mu Karere ka Bugesera, aho wagiye gushimira ku mugaragaro umugabo witwa Ntampfura Silas wahoze afite ipeti rya caporal mu gisirikare cya Habyarimana (EX-FAR) gishinjwa uruhare nyamukuru muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abaturage batuye hafi y’umuhanda Ruhango-Kinazi, baravuga ko ibikorwa byabo byangirika kandi bakaba nta burenganzira bwo kugira icyo babikoraho kuko hamaze kubarirwa amafaranga y’ingurane, ubundi bagashaka ahandi bimukira.
Umuryango w’Abagide mu Rwanda (AGR) urateganya gutangira kujya usobanurira abana bari kwinjira mu kigero cy’ubwangavu n’ubugimbi uko bakwakira kandi ngo bakishimira imibiri yabo igenda ihinduka uko bakura.
Ubwo kuri uyu wa 04 Mata 2015, World Vision yari mu gikorwa cyo gutangiza icyumweru cyahariwe kurwanya impfu z’abana no kwimikaza imitangire myiza ya serivise mu bihugu ikoreramo, yasabye abaturage bo mu Karere ka Gakenke gukomeza kwita k’ubuzima bw’abana babo by’umwihariko abari munsi y’imyaka 5 kugira ngo hakumirwe impfu zabo.
Nyuma yo kugaragarizwa n’abaturage b’utugari twa Sheli na Bihembe tw’Umurenge wa Rugarika, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, yabizeje ko mu itegurwa ry’ingengo y’imari y’umwaka utaha wa 2015- 2016, ibyifuzo bya bo bizitabwaho.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda (MINAFFET), ku mugoroba wo ku wa 04 Gicurasi 2015 yashyize hanze itangazo rigaragaza ko u Rwanda ruhangayikishijwe n’imvururu n’ubugizi bwa nabi bikomeje kwiyongera mu Burundi, aho bamwe mu baturage batishimiye ko Perezida Pierre Nkurunziza yiyamamariza kuyobora icyo (…)
Visi perezida w’urukiko rurinda itegeko nshinga mu Burundi, Nimpagaritse Sylvère yasesekaye mu Murenge wa Bweyeye mu Karereka Rusizi ahagana mu ma saa kumi n’imwe z’umugoroba wo ku wa 04 Gicurasi 2015 hamwe n’umugore we n’abana 5, bahunze kubera umutekano muke yari afite bishingiye ku mirimo yari ashinzwe.
Minisitiri Moussa Dosso ushinzwe umurimo, imibereho myiza y’abaturage, n’ubumenyingiro mu gihugu cya Côte d’Ivoire, uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda, yatangaje ko kwihangira imirimo ariyo nkingi y’iterambere rifatika ry’urubyiruko.
Abaturage b’Akagari ka Mahembe mu Murenge wa Byimana, Akarere ka Ruhango, bagiye kumara ukwezi gusaga batabona umunyamabanaga nshingwabikorwa w’akagari kabo, Ngayaboshya Félix.
Rwiyemezamirimo ukorera sosiyete imwe mu zicukura amabuye y’agaciro mu Murenge wa Bwira mu Karere ka Ngororero avuga ko ubuyobozi bw’umurenge butamuha serivisi nziza, kuko yanze gutanga amafaranga yatswe ngo agire uruhare mu kubaka ibyumba by’amashuri muri uyu murenge.
Abaturage batuye mu Kagali ka Sakara, mu Murenge wa Murama ho mu Karere ka Ngoma bavuga ko bafite ikibazo gikomeye cyo kutagira amazi meza kuva kera ndetse ko ngo batangiye kuyasaba kuva ku bwabami kugera n’ubu.
Abibumbiye mu makoperative y’abahinga umuceri mu Kibaya cya Bugarama bagera kubihumbi 6500 barasaba Inteko Nshingamategeko y’U Rwanda guhindura ingingo 101 yo mu Itegeko Nshinga kugira ngo bazongera bahabwe amahirwe yo kongera kwitorera Paul Kagame ngo azakomeze kubayobora muri manda itaha.
Abakoresha na ba rwiyemezamirimo muri rusange, mu Karere ka Nyamagabe, barasabwa kujya basinyisha amasezerano y’akazi abakozi babo kugira ngo bifashe umukozi kwishyurwa ku gihe kandi binakumire bamwe mu bukoresha bambura ababa bakoreye.
Abagide (guides) baturutse mu bihugu by’Afurika bivuga igifaransa bateraniye mu Rwanda mu biganiro bibakangurira kwitinyuka. Ubu buryo ngo burabafasha kuzavamo abayobozi bashoboye, nk’uko bamwe babitangarije Kigali Today.
Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara, Léandre Karekezi arasaba abakozi b’aka karere guhora bibuka ko abaturage aribo bakoresha babo b’ibanze bityo bakabaha serivisi nziza, kandi agahamagarira buri wese kuba indashyikirwa mu kazi ke.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT), Mbabazi Rosemary arasaba urubyiruko rwo mu Karere ka Huye guharanira kwishakamo ibisubizo, rukabyaza umusaruro amahirwe rufite rugamije kwigira.
Mu rwego rwo kurwanya ingeso z’ubuharike n’ubushoreke, mu karere ka Ngororero umugore n’umugabo bagaragaye ko babanye ku buryo butemewe n’amategeko bacibwa igihano cy’amafaranga ibihumbi 10 ku mugabo n’ibihumbi 10 ku mugore ndetse ubuyobozi bukanabatandukanya ntibakomeze kubana.
Mu myaka ishize ingeso y’uburaya niy’ubuharike zari zimaze kugenda zigaragara mu duce dutandukanye tw’igihugu. Izo ngeso uko ari ebyiri zikaba zarabaga intandaro y’ihohoterwa urugomo ndetse no kwicana bya hato na hato mu miryango.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku arasaba abakozi kujya bashyira gahunda mu kazi bakubahiriza amasaha y’akazi ariko bakanibuka ko gukora amasaha y’ikirenga bishobora kwangiza akazi aho kugakora neza.
Abakora imirimo inyuranye mu karere ka Rusizi bamaze gutera intambwe barasabwa kujya batanga ubuhamya bwaho batangiriye, kugira ngo bitere imbaraga nabandi bakiri hasi bityo nabo bakore bafite icyizere cyo gutera imbere.
Abasirikare, abapolisi n’abasivili 15 bitabiriye amahugurwa ku kurinda umwana mu bihe by’intambara, bakangurirwa kuzaharanira ko ibyo byabaye ku bana b’Abanyarwanda bitazongera kubaho ukundi yaba muri Afurika n’ahandi ku isi.
Abakozi b’akarere ka Kamonyi ku nzego zitandukanye bifatanyije n’abayobozi kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umurimo, basubiza amaso inyuma bareba imigendekere y’akazi, bageza ku buyobozi bw’akarere imbogamizi bahura nazo mu kazi barebera hamwe uburyo bwo kubikemura.
Umuyobozi wa Seminari nkuru ya Kabgayi, Padiri Kayisabe Védaste aratangaza ko kuba hari abakozi bakora bafite akajagari mu kazi ari byo bituma batagera ku musaruro ushimishije.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kamabuye mu Karere ka Bugesera hafungiwe abagabo babiri bafatanywe amafaranga agera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi icumi (1,200,000FRW) y’amahimbano barimo kuyavunjira Abarundi barimo guhungira mu Rwanda.
Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya bari bacumbikiwe mu Karere ka Gatsibo, kuri uyu wa 30 Mata 2015, bimuwe aho bari bacumbikiwe mu Nkambi ya Ruhuha iherereye mu Murenge wa Kabarore, batwarwa gutura mu mirenge itandukanye bubakiwemo.