Mu ruzinduko abadepite bagiriye mu nkambi ya Mahama ku wa 23/01/2016, bishimiye isuku basanganye impunzi, basaba ko bimwe byakosorwa kugira ngo irusheho kwiyongera.
Sosiyete y’Abashinwa “China Road & Bridge Corporation” ikora umuhanda Nyamasheke - Karongi, ishobora kujyanwa mu nkiko mu gihe yaba ikomeje kwinangira kugomorora amazi yazibye.
Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda basuye Akarere ka Nyanza bishimira aho imirimo yo kubaka ibiro bishya byako igeze.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ngoma yateranye tariki 22 Mutarama 2016, yemeje ingengo y’imari y’akarere ivuguruye isaga miliyari12, isaba abayobozi kwihutisha imihigo ikiri hasi.
Abatuye Akarere ka Gicumbi bavuga ko bigeye byinshi ku butwari bwaranze Inkotanyi mu ntambara yo kubohora igihugu.
Umurenge wa Kinyinya muri Gasabo ufatanije n’abawutuye, ngo bizeye kuyobora indi mu isuku nyuma y’umuganda babona waruse ukorwa buri kwezi.
Uwitwa Jean Marie Vianney Mutabaruka wo mu Karere ka Huye, yapfuye azize kuboneza icyuma yahirishaga ibyatsi mu rusinga rw’amashanyarazi rutabye.
Abagore n’abakobwa bakora mu by’ubukerarugendo nk’amahoteri, bavuga ko bagifite imbogamizi mu kazi ku buryo hari n’abasigaye batinya koherezayo abana babo.
Minisitiri w’Intebe Murekezi Anastase arakangurira urubyiruko kurangwa n’ibikorwa by’ubutwari rwihesha agaciro, bigakomeza kubera umurage mwiza n’abo mu gihe kiri imbere.
Mu gihe Njyanama y’Akarere ka Karongi irimo kurangiza manda yayo, abayigize bavuga ko bishimira ibyo bagezeho kandi ko bakoze ibikwiye.
Bamwe mu batuye i Kayonza barasaba ubuvugizi kuko bari kwishyuzwa umusoro n’amande y’ubukererwe ku butaka bari barabwiwe ko batazasorera.
Abamotari bakorera mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bahangayikishijwe n’uko bafata ababiba moto, bakabashyikiriza inzego zibishinzwe ariko bakarekurwa badahanwe.
Itsinda rishinzwe gutegura Film yiswe “Rwanda true story”, riravuga ko iyi film nijya ahagaragara izafasha benshi kumenya neza isura y’u Rwanda.
Gahunda ya 12+ ikorera muri Minisiteri y’Ubuzima imaze guhindura imibereho n’imyumvire y’abana b’abakobwa bo mu mirenge itanu y’Akarere ka Gatsibo.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yari ihetse ibitaka byo kubaka umuhanda mu Karere ka Burera, yibiranduye mu muhanda, batatu bari bayirimo barakomereka bikomeye.
Umushinga LVEMP II ubungabunga icyogogo cy’ikiyaga cya Victoria uratangaza ko wiyemeje guhangana n’ikibazo cy’isuri yangiza imigezi yiroha mu kiyaga cya Victoria.
Abadepite bari mu karere ka Nyamasheke basura ibikorwa bitandukanye, batangaje ko batanyuzwe n’uburyo imirimo yo gukora umuhanda Rembo-Rugari yatinze kurangira.
Ubwo intumwa za rubanda zageraga ku ibagiro ry’Akarere ka Rusizi zatangajwe cyane n’umwanda urirangwamo zisaba ko rigomba gufungwa.
Sosiyete y’ubwishingizi yitwaga CORAR AG yahinduriwe izina iba SAHAM Assurance kubera abashoramari bayishyizemo imigabane irenga 60% bityo bemeza ko n’izina rihinduka.
Sosiyete yitwa Ngali Holdings Ltd yeguriwe inshingano zo gukusanya imisoro n’amahoro byinjizwa n’uturere nyuma y’aho bigaragariye ko amafaranga avamo agenda agabanuka.
Kuva muri Nzeri 2016 indege za Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingendo zo mu Kirere, RwandAir, zizatangira gukora ingendo zijya mu Buhinde.
Perezida Paul Kagame yamaze impungenge abayobozi bitabiriye Ihuriro mpuzamahanga ku bukungu (WEF) ko badakwiye guhangayikira ikoranabuhanga kuko ridateze gusimbura abantu.
Uturere 4 two mu Ntara y’Amajyepfo turabura umuriro guhera kuri uyu wa Gatanu, tariki 22/01/2016 kugeza ku Cyumweru, tariki 24/01/2016 bitewe n’isanwa ry’inganda.
Abasaga 550 baturiye aharimo gukorerwa umushinga wo kuhira imyaka kuri hegitari 300 z’imirima mu Murenge wa Rurenge, bavuga ko barimo kwiteza imbere babikesha icyo gikorwa.
Akarere ka Ngororero, kuri uyu wa 20 Mutarama 2016, kashyize ahagaragara inyigo irambye yo guhashya ubukene.
Hakozwe filime mbarankuru igizwe ahanini n’ubuhamya bw’abaturage, igaragaza ko ibibazo bishamikiye ku butaka bihangayikishije benshi mu Banyarwanda.
Abaturagage batuye ku kirwa cya Gihaya giherereye mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi bavuga ko batifuza kwimurirwa ahandi.
Abaturage bo mu ngo 17 zo mu Murenge wa Cyinzuzi bahuye n’ibiza bikabasenyera amazu, MIDIMAR yabahaye ubufasha bw’ibanze.
Inzego z’umutekano zagaruye abana babiri, umuhungu n’umukobwa bo mu Karere ka Rutsiro bari bagiye mu Mujyi wa Kigali gukorera amafaranga.
Perezida Paul Kagame yatangarije isi ko ikoranabuhanga rifite akamaro gakomeye kuko rihuza abantu rikabaha ibisubizo.