Abayobozi b’inzego z’ibanze barasabwa gukoresha neza ubumwe n’amahoro u Rwanda rufite kugira ngo bibe umusemburo w’amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Bamwe mu bana baturiye Santere ya Nyakarambi mu Karere ka Kirehe batunzwe n’imyanda ituruka muri resitora bikanababera intandaro y’uburara.
Amwe mu makoperative y’Ubuhinzi mu Burasirazuba arasaba Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) kubemerera gutubura imbuto kuko ibageraho itinze bagacyererwa guhinga.
Umunyemari ukomoka muri Arabia Saudite, Saadi Ibuni aratangaza ko “Yego” ya Perezida Paul Kagame yongereye igihe cye mu ishoramari mu Rwanda.
Abahoze babunza ibicuruzwa mu muhanda bakorera mu isoko ryitwa ’Fresh Food Market’ i Nyabugogo, barinubira ko ibiciro by’ubukode bw’ibibanza bihanitse.
Abaturage begereye isantere ya Nyakarambi barasaba Leta kububakira inzu zasenywe na Ruhurura inyuramo amazi aturuka mu bikorwa Remezo by’Akarere hagatunganywa n’inzira y’amazi.
Abasore n’inkumi barangije amashuri yisumbuye bo mu Karere ka Ruhango, bitabiriye Itorero ku kigero cya 89,5%, ku mugoroba wo kuri uyu wa11/01/2016.
Abarangije ayisumbuye 1503 bo mu karere ka Kirehe basanga itorero ry’igihugu rizabungura byinshi mu muco n’indangagaciro z’Umunyarwanda bakemeza ko bazabisangiza abandi.
Abanyeshuri batangiye Itorero mu Karere ka Nyamasheke basabwe n’abayobozi kuzubakira ku bumenyi bafite n’ubwo bazahabwa mu kuba Abanyarwanda bazima bakunda kandi bakorera igihugu cyabo.
Imvura ivanzemo urubura n’umuyaga mwinshi yaguye mu mirenge ya Rukumberi na Mugesera mu Karere ka Ngoma yasambuye amazi 19 yangiriza hegitari 150 z’ibihingwa.
Abayobozi ba Polisi y’igihugu batangiye urugendo mu ntara enye z’igihugu basuzuma uko abapolisi bahakorera bitwara banabagezaho ubutumwa bwa Perezida Kagame.
Ubushakashatsi bw’umuryango “Never Again Rwanda” bugaragaza ko amakimbirane akunze kugaragara mu Karere k’Ibiyaga Bigari akenshi aba ashingiye ku butaka.
Koperative Indashyikirwa-Gashari mu Murenge wa Gashari, Akarere ka Karongi, ngo yahombeye hafi miliyoni 15 mu buhinzi bw’urutoki biturutse ku micungire mibi yayo.
Uwimana Consolata, umukinnyi w’ikinamico uzwi nka Nyiramariza m’ Urunana na Manyobwa muri Musekeweya avuga ko byamufashije kurihira abana batanu amashuri kandi agahindura benshi.
Komite nyobozi imaze imyaka 5 iyoboye Akarere ka Nyaruguru irishimira ko ari yo ibashije kurangiza manda muri aka karere.
Igorofa ya Koperative y’Abamotari b’i Rusiszi, COMURU, ishobora gutezwa cyamunara mu minsi ya vuba kubera kunanirwa kwishyura banki.
Abagore bo mu Karere ka Muhanga biyemeje kurwanya ihohoterwa rishingiye ku bitekerezo kuko rituma imfu zo mu miryango ziyongera.
Abagenzuzi b’imari mu Ntara y’Iburengerazuba basanga babarirwa ku rwego rwo hasi rutajyanye n’akazi bakora, bigatuma bitaborohera kugenzura abayobozi babafataho ibyemezo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo, yatangaje ko yashimye imyitwarire y’Abafana b’Abakongomani, nyuma yo gutsindwa n’Amavumbi mu mukino wa gicuti wabahuje.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, arasaba abagore kwitabira amatora y’inzego z’ibanze kuko na bo bashoboye.
Umuyobozi w’ishuri rikuru rya gisirikare riri Nyakinama Gen Major Kazura, rikorera mu Karere ka Musanze, asanga kumenya imico yabo mubana bifasha kumenyana.
Abatuye Umurenge wa Rugarika, ahegereye uruzi rwa Nyabarongo, bakomeje gutaka ikibazo cyo gukoresha amazi mabi kuko babuze n’aho bagura umuti wo kuyasukura.
Madame Jeannette KAGAME arashishikariza urubyiruko rw’abayobozi gutera ikirenge mu cy’ababanjirije kugira ngo babyaze umusaruro amahirwe yose bafite.
Aborozi b’inkware babukomoye ku kigo Eden Business Center, baravuga ko bagize igihombo batewe n’uko ikigo cyahagaritse kubagurira amagi no kubashumbusha inkware zipfuye.
Abaturage bo mu Murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko bategereje kwishyurwa umwenda baberewemo na rwiyemezamirimo Rurangirwa Jean Baptiste bagaheba.
Akarere ka Kamonyi kuri uyu wa 08 Mutarama 2016 kimukiye mu nyubako nshya mu rwego rwo gukorera ahajyanye n’icyerecyezo no kurohereza abakagana kugera kuri serivise.
Urubyiruko rurasabwa kutihanganira abarushora mu bikorwa byo guhungabanya amahoro kuko ngo rushorwa muri bene ibyo bikorwa n’abafite inyungu zabo bwite.
Mu gace ka Mugandamure mu Karere ka Nyanza hari isura nshya mu bijyanye n’iterambere ry’imiturire ritigeze ribaho mu yindi myaka.
Abagore bahagarariye abandi mu Karere ka Gisagara baratangaza ko mu rwego rwo kwimakaza isuku bagiye guca umwambaro witwa uwo gukorana.
Mu myaka 5 ya manda ya nyobozi y’akarere irangiye, abafite umuriro w’amashanyarazi mu Karere ka Nyabihu, bavuye kuri 11% bagera kuri 20%.