Muri raporo ya Transparency Internatinal (TI) y’umwaka wa 2015 u Rwanda rwaje ku mwanya wa 4 mu bihugu birimo ruswa nke muri Afurika.
Nyuma y’ukwezi kumwe, abatuye ku Mukunguri mu Karere ka Kamonyi bagejejweho amazi meza, bahagaze kuyavoma kuko umuyoboro wagize ikibazo.
Abatoje intore z’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu Karere ka Karongi basabwe gukurikirana uko zishyira mu bikorwa imihigo zahize.
Basoza uruzinduko rw’iminsi 10 bari bamaze mu Karere ka Kirehe, abadepite bashimye isuku igaragara mu bigo bya Leta, banenga umwanda basanganye abaturage.
Ubwo abadepite bamurikiraga Akarere ka Gicumbi ibyavuye mu igenzura bamazemo icyumweru babanenze kutegera abaturage mu bikorwa bibakorerwa.
Ubwo intumwa za rubanda zari mu Karere ka Gakenke zasanze hakiri ikibazo gikomeye cy’isuku nke mu mirenge zasuye.
Abatuye muri Miyaga mu Murenge wa Murundi i Kayonza baratabaza ubuyobozi kuko isatura (ingurube z’ishyamba) n’ibitera bibonera, ntibagire icyo basarura.
Amazu 21 yavuyeho ibisenge andi 16 avaho amabati n’ibihingwa birangirika kubera imvura ivanze n’umuyaga n’urubura yaguye mu Murenge wa Karangazi.
Mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi harimo kubakwa inkambi y’agateganyo ijyanye n’igihe ishobora kwakira impunzi 700 kandi bakabaho neza.
Abadepite bamaze iminsi 10 basura Akarere ka Nyamasheke basabye abayobozi guha agaciro abaturage batinyutse bakagaragaza ibitagenda.
Abadepite bari bamaze iminsi 10 mu ruzinduko mu Karere ka Kirehe barusoje kuri uyu wa 26 Mutarama 2016 biyama abarimu bagifite ingeso y’ubusinzi.
Umuryango Nyarwanda ugamije guteza imbere kwakira abantu neza no kubaha serivisi nziza (RACCP) urasaba kutihanganira kwakirwa nabi no guhabwa serivisi mbi.
Uruganda “Huye Mountain Coffee” rucuruza ikawa iri mu dufuka tw’ibitenge kuko basanze ari yo igurwa kurusha ipakiye mu bipapuro gusa.
Uruganda rw’umuceri n’amazu 14 byo mu Murenge wa Bugarama byasenywe n’imvura yaguye saa cyenda z’umugoroba ku wa 25 Mutarama 2016.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rulindo icyuye igihe irasaba abazatorerwa kuyisimbura kuzarangwa n’ubwumvikane n’ubwitange.
Abadepite bavuga ko mu karere ka Rusizi hagaragara imishinga myinshi yadindiye kubera gutereranywa n’abayobozi kandi yaratwaye umutungo w’igihugu.
Bamwe mu bacitse ku icumu rya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batishoboye bafite icyizere ko mu mu kwezi kwa 7/2016 bazaba batuye heza.
Ku itariki ya 24/01/2016, Inama Njyanama y’Akarere ka Rulindo icyuye igihe yateraniye mu cyumba cy’inama cy’Akarere hagamijwe kureba ibyagezweho.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Sabiti Atuhe Fred, utemerewe kongera kwiyamamariza kukayobora, yasabye imbabazi abakozi bakoranaga ku wo baba barahanganye.
Amazu 14 yari atuwemo n’abaturage n’ubwiherero 4 byo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, byasenywe n’imvura yaguye mu mpera z’icyumweru gishize.
Njyanama y’Akarere ka Gatsibo, ivuga ko ubutwari nyabwo ari ugukora neza ibyo ushinzwe, ukabikorana ubwitange kandi ukabikorera ku gihe.
Inzego z’ubuyobozi n’abafatanyabikorwa mu kurwanya isuri baratunga agatokji abacukura amabuye y’agaciro kwangiza amasoko y’imigezi kubera kuyungururira amabuye mu mazi.
Umunyamakuru wa Radio Salus, Mahoro Jean de Dieu w’imyaka 29, wamenyekanye ku izina rya Giovanni Mahoro, yitabye Imana ku buryo butunguranye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Mutarama 2016.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Remera mu Karere ka Gasabo burakangurira abaturage kugira isuku umuco umwanda ukaba amateka.
Itsinda ry’abadepite risura ibikorwa bitandukanye mu Karere ka Ruhango, ririshimira intambwe imaze guterwa, rigasaba kongera imbaraga.
Mu nama yo kwemeza ingengo y’imari ivuguruye 2015/2016 y’Akarere ka Kirehe yateranye ku wa 22 Mutarama 2015 hiyongereyeho amafaranga miliyoni 385 n’ibihumbi 625 na 091 angana na 4%.
Kuri station ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, hafungiwe umugabo witwa Kamegeri Appolinaire ukekwaho gutera ivi umugore witwa Nyirangwera Scovia bikamuviramo urupfu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo bwamuritse aho imihigo Akarere kasinyanye na Perezida wa Repubulika igeze ishyirwa mu bikorwa, hanerekanwa ibisigaye gukorwa.
Imbwa zatezaga umutekano muke mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyaruguru kuri uyu wa gatanu zahawe imiti izica.
Abitabiriye imurikagurisha rito ku nkengero z’ikiyaga cya Rubavu bavuga ko batunguka nk’uko bari babyiteze kubera kubura abaguzi.