Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania yatangarije mu ruhame ko ibyo Leta y’u Burundi n’Umuryango Mpuzamahanga bishinja u Rwanda ari "ugukwiza ibihuha" kuko ari ibinyoma.
Abanyarwanda batahutse bava muri Congo bavuga ko kurambirwa no gukomeza gutotezwa n’abanyecongo kimwe n’imibereho mibi ngo byabateye gutahuka.
Abahanga bakaba batangaza ko ubusitani n’ubwo bwongera uburanga bw’ahantu, atari umutako gusa kuko bunongerera umwuka mwiza ababuturiye.
Intumwa z’abakozi b’ibigo byigenga mu karere ka Gakenke baratangaza ko bungutse ubumenyi buzabafasha kumvikanisha abakozi n’abakoresha mu bibazo bakunze kugirana.
Bamwe mu bangirijwe imitungo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Rugarama, mu Karere ka Gatsibo bavuga ko bamaze igihe kirekire bategereje ubwishyu bw’ibyabo byangijwe.
Abafungiye muri Gereza y’abagore ya Ngoma mu Karere ka Ngoma, bavuga ko bahigira ubumenyi mu myuga itandukanye ibafasha kwirwanaho igihe bazaba barangije ibihano.
Niwemfura Aquiline wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagore n’Abagabo mu iterambere ry’igihugu (Gender Monitoring Office-GMO) yitabye Imana ku wa 16 Gashyantare 2016 azize uburwayi.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Nyaruguru bavuga ko biogaz bubakiwe zanze gukora, mu gihe abo zahiriye bavuga ko batandukanye n’imyotsi.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Tanzania, Augustin Mahiga, yatunguwe no gusanga ibyo yabwirwaga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi biri munsi cyane y’ibyo yiboneye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali.
Urubyiruko rw’abahungu 28 rwo mu karere ka Gakenke ruvuye i Wawa ruratangaza ko rubabazwa n’umwanya rwataye rukoresha ibiyobyabwenge.
Abatuye umujyi wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi guhagurukira abantu babagira amatungo mu ishyamba basize ibagiro ryemewe.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Gishubi mu Karere ka Gisagara, buremeza ko umugoroba w’ababyeyi wagabanyije ikibazo cy’ubuharike ku rwego rwo kwishimira.
Ubuyobozi bwa Kivu y’Amajyaruguru bwemeje ko umupaka uhuza Goma na Gisenyi ufungurwa amasaha 24 nk’uko byahoze mbere ya 2012.
Ikigo gishinzwe imiturire mu Rwanda (RHA) kivuga ko imyubakire iharanira iterambere rirambye izatangira gusuzumirwa ku nyubako ya “Convention Center”.
Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe Kuvugurura Amategeko RLRC iratangaza ko itegeko rivugururwa hitawe ku nyungu z’uwo rireba aho kumubangamira.
Bamwe mu bajyanama b’imirenge barahiriye kuzubahiriza inshingano zabo bavuze ko biteguye kuzaba ijwi ry’abaturage babatoye no guharanira kutazanengwa imikorere mibi.
Raporo ya Banki Nyafurika itsura Amajyambere (AfDB/BAD) yashyize u Rwanda mu bihugu 10 bya Afurika bidasaba viza mbere y’uko Abanyafurika babyinjiramo, inagaragaza ko iyi politike yazamuye ubukungu.
Abasore batatu bafunze bashinjwa kwambura ibihumbi 200 Dusingizimana Petero wo mu kagari ka Kamombo umurenge wa Mahama bizeza umwana we ishuri muri Amerika.
Boutros Boutros Ghali, Umunyamisiri wayoboye Umuryango w’Abibumbye kuva mu 1992 kugeza mu 1996, yitabye Imana ku myaka 93 azize uburwayi n’izabukuru.
Abanyeshuri 600 bize ubudozi bagiye guhabwa akazi binyuze mu bufatanye bw’ikigo giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (DWA) n’ikigo C&H Rwanda kidoda kikanacuruza imyenda.
Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Karongi, Muhire Emmanuel, asaba abayobozi batowe ku myanya itandukanye muri aka karere guharanira inyungu z’abaturage.
Abatega imodoka kenshi mu Mujyi wa Kigali bakishyura bifashishije ikarita bavuga ko bibungura ugereranyije n’uburyo busanzwe kuko banagabanyirizwa igiciro.
Inzu y’u Rwanda y’Ibiro by’Abinjira n’Abasohoka ku mupaka muto uhuza Goma na Gisenyi yagwiriwe n’ikamyo irangirika ariko ntihagira ukomereka.
Abahagarariye abafite ubumuga mu Nama Njyanama y’Umurenge wa Nyabinoni w’Akarere ka Muhanga, baravuga ko abana bafite ubumuga bwihariye bagihura n’inzitizi zituma batiga.
Guhera muri Kamena 2016, servisi za Gasutamo z’u Rwanda ngo zizatangira gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga bufasha kugenzura imizigo ituruka ku byambu kugera mu gihugu.
Imiryango icyenda y’abahejejwe inyuma n’amateka ituye mu Kagari ka Mubuga, Umurenge wa Kibeho muri Nyaruguru irasaba gusanirwa inzu kuko zigiye kubagwaho.
Abafite ubumuga bo mu murenge wa Kimisagara bavuga ko abo bitoreye bazabahagararira muri njyanama y’umurenge babatezeho ibisubizo by’ibibazo bafite.
Abanyarwanda 68 biganjemo abagore n’abana batahutse ku wa 12/2/2015 bavuye mu burasirazuba bwa Congo bavuga ko bari bafashwe bugwate na FDLR.
Perezida Kagame yaraye atanze ikiganiro ubwo yahuraga n’abayobozi hamwe n’abakinnyi b’ikipe ya Basketball ya Toronto Raptors ikinwamo na bamwe mu bakomoka muri Afurika.