Abagize Urwego rwa DASSO mu Karere ka Rusizi bishimiye ibyo bamaze kugeraho mu gucunga umutekano, baremera imiryango 10 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abaturage b’Akarere ka Nyaruguru baratangaza ko nyuma yo kwigishwa ububi bw’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, biyemeje gushyigikira uburinganire n’ubwuzuzanye.
Abarimu 23 mu karere ka Nyagatare bamaze amezi 5 badakora akazi bemerewe nyuma y’ipiganwa.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge buravuga ko bwashyize imbaraga mu kurinda umutekano w’abaturage n’ibyabo kuko ngo udahari n’iterambere ritashoboka.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame atangaza ko impuguke za Loni zishinja u Rwanda gufasha abarwanya guverinoma y’u Burundi zikwiye gukora ibyafasha icyo gihugu kuva mu kibazo aho gusubiza ibintu irudubi.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Muhanga iratangaza ko abakora bakanacuruza inzoga zidafite ubuziranenge zizwi ku izina ry’ibikwangari, bazakurikiranwa n’amategeko.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame aratangaza ko nta mpamvu abona u Rwanda rwakumira Umuyobozi wa Sudan, Omar El Bashir mu nama ya Afurika yunze Ubumwe (AU) izabera mu Rwanda, mu gihe abayitegura baba bamutumiyemo.
Perezida Kagame atangaza ko Afurika ifite byinshi biyidindiza mu iterambere ariko bimwe ari Abanyafurika bagiramo uruhare, abishingiye ku buhahirane hagati y’ibihugu bukiri bucye.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) ivuga ko imanza zijyanye n’ihohoterwa rikorerwa igitsina gore zicibwa ariko indishyi ngo ntizigera ku bahohotewe nk’uko byakagombye.
Bamwe mu Banyarwanda 109 bavuye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bavuga ko babuzwaga gutahuka n’abasize bakoze Jonoside.
Bamwe mu bacuruzi bakorera mu Mujyi wa Kigali baravuga ko baterwa inkeke n’iyo akamashini gatanga inyemezabuguzi (EBM) kagize ikibazo kuko bahagarika gucuruza, mu gihe RRA ivuga ko hari ubundi buryo bwakwiyambazwa.
Muri Nyakanga uyu mwaka, u Rwanda ruzakira inama ya mbere ikomeye ku mugabane w’Afurika y’Afurika yunze Ubumwe (AU).
Ihuriro mpuzamahanga ku bukungu (WEF) riteraniye i Kigali, riraganira kuri ejo hazaza ha Afurika rishingiye ku ngingo zitandukanye zijyanye n’ubukungu, imibereho myiza n’imiyoborere.
Abayobozi bane b’Ibitaro bya Kibogora barimo Umuyobozi Mukuru wabyo, batawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda bakurikiranweho kunyereza umutungo w’ibitaro.
Perezida Paul Kagame n’umuherwe w’Umunyamerika Howard Buffet bagiriye Abanyafurika inama yo gushingira impinduka ku mgamba bihaye ubwabo mu gushaka iterambere.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko u Rwanda rukeneye abashoramazi bazi icyo gukora kuko aho igihugu kigeze, kizi ibifitiye abaturage akamaro.
Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame arahamagarira urubyiruko rwa Afurika kutitinya ahubwo rugahaguruka rugahanga udushya twarufasha kwiteza imbere.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), Fidèle Ndayisaba, avuga ko igipimo cy’Ubumwe n’Ubwiyunge kizaba kizagera kuri 95% mu mwaka wa 2017.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango ntibishimiye igihe gito cyahawe umupfakazi wa Jenoside cyo kuba yavuye mu isambu yatswe mu rubanza yatsinzwemo.
Minisitiri w’Ubutabera Busingye Johnston abwira abagomba kwishyura ibyo bangije muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ko kutagira ubushobozi bidakwiye kuba urwitwazo rwo kutishyura.
Nyuma y’aho umuhanda Kigali - Muhanga ufunguriwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 10 Gicurasi 2016, kugenda na byo byabaye ingorabahizi bitewe n’umubare w’abantu benshi bari baraye ku Ruyenzi na Kamuhanda mu Karere ka Kamonyi, bifuzaga kwambuka Nyabarongo ngo bagere i Kigali.
Leta y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) y’inkunga ingana n’amapawundi miliyoni 117 angana na miliyari 157Frw yo kwagura ibikorwa by’ingufu z’amashanyarazi mu gihe cy’imyaka itanu.
Polisi y’Igihugu yafunguye umuhanda wa Kigali-Musanze nyuma yo gusiburamo icyondo cyari cyawuzuyemo ariko imodoka nto ni zo zemerewe gucamo kugeza ubu.
Imihanda ya Kigali-Muhanga na Kigali-Musanze yamaze gufungurwa nyuma y’amasaha agera kuri 48 ku wa Kigali Musanze na 24 kuwa Kigali-Muhanga ifunzwe kubera ibiza.
Ambasaderi w’igihugu cya Malawi mu Rwanda, Hawa Olga Ndilowe, yatangaje ko igihugu ahagarariye kizigira ku Rwanda gahunda yo kurwanya nyakatsi.
Nyuma y’uko Nyabarongo yuzuye ikarenga umuhanda wa Kaburimbo uva Kigali werekeza mu Majyepfo, abantu batari bake bazinduka bajya gukorera no kwiga i Kigali bacitse intege.
Abatuye Umurenge wa Nyanza mu Karere ka Gisagara bari bafite imitungo ahanyujijwe umuyoboro w’amashanyarazi, barasaba ingurane z’ibikorwa byangijwe, bakaba bamaze imyaka ibiri batarishyurwa.
Imvura idasanzwe yaguye mu Karere ka Gakenke, yateje inkangu zahitanye abantu 34 ndetse zisenya inzu zisaga 400 mu ijoro rishyira ku Cyumweru, tariki 8 Gicurasi 2016.
Imvura yaguye mu Karere ka Rubavu mu ijoro ryo ku wa Gatandatu ushyira ku Cyumweru, tariki 8 Gicurasi 2016, yateye inkangu mu Murenge wa Nyakiriba, ihitana abantu bane bo mu rugo rumwe.