Uwahoze ari umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Yvonne Mutakwasuku yarangije amasomo yo mu ishuri ry’imbonezamirire mu Karere ka Muhanga.
Ukurikije imibare y’abashyingurwa mu irimbi rya Rusororo buri kwezi n’uko iryo rimbi ringana, rizaba ryuzuye mu mezi icumi, ntaho gushyingura rigifite.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame arahamagararira abayobozi kuzamura impano zitandukanye Abanyarwanda bafite kugira ngo haboneke benshi basohokera igihugu mu marushanwa mpuzamahanga.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu, Imodoka yo mu bwoko bwa Quaster itwara abagenzi yavaga mu Majyaruguru igana i Kigali, iguye mu kabande ka Shyorongi ihitana abagera kuri 15.
kuwa Gatanu, tariki ya 26 Gicurasi 2017, Inama y’Abaminisitiri Idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo yasabye abayobozi b’Afurika kudakumira ubwisanzure bw’abantu bambuka imipaka, bitwaje ko ari bo ntandaro y’umutekano mucye.
Hirya no hino mu gihugu, abaturage bafatanyije n’ubuyobozi n’inzego z’umutekano babyukiye mu muganda rusange usoza ukwezi wa Gicurasi 2017.
Abanyarwanda baba mu Bubiligi batumiye inshuti zabo kuzaza kwifatanya nabo kwakira Perezida Paul Kagame uzaba uri muri iki gihugu tariki 7 Kamena 2017.
Minisitiri w’umuco na Siporo Uwacu Julienne avuga ko uyu munsi urubyiruko rufite amahirwe yo guhitamo ikiri icyiza harwanywa Jenoside.
Abanyeshuri baturutse muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, bari mu Rwanda mu rugendoshuri, biyemeje kuzavuga ukuri ku byo babonye ku Rwanda nibataha.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Gicurasi 2017, u Rwanda rwifatanije na Afurika yose mu kwizihiza, umunsi ngarukamwaka wahariwe ukwibohora kwa Afurika.
Uzafatwa atanga cyangwa yakira amafaranga mu gikorwa cyo gusinyira abifuza kwiyamamaza mu matora ya Perezida wa Repubulika azakurikiranwa kuko icyo gikorwa gifatwa nka ruswa.
Abanyarwanda bagenda bagabanya umuvuduko wo kugura imodoka hanze, bitewe n’uko imisoro ku modoka zishaje yiyongereye cyane kandi n’inshya zikaba zihenze.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bagatuzwa mu Karere ka Rubavu bavuga ko batarahabwa indangamuntu n’amakarita y’itora, bikabatera impungenge ko bishobora kubabuza gutora umukuru w’igihugu.
Akarere ka Musanze kabimburiye utundi turere tw’igihugu mu gushyiraho Ihuriro ry’Ubumwe n’Ubwiyunge rihuriyemo abayobozi n’abahoze ari bo mu gihe cyashize.
Ikibazo cy’umutekano muke kiza imbere mu bibangamira gahunda yo koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu mu bihugu bya Afurika.
Abayisilamu bibumbiye mu ihuriro ryitwa “Abasangirangendo” bagabiye inka 10 abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu Murenge wa Rusenge muri Nyaruguru.
Abasirikare, abapolisi n’Abasiviri b’ibihugu umunani byo muri Afurika basoje mahugurwa i Musanze, biyemeje kurwanya Jenoside bahereye ku byo babonye mu Rwanda.
Ubushinjacyaha bukuru buratangaza ko ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Caporali Habarugira Jean Damascene wahoze mu ngabo z’igihugu, yamaze gutabwa muri yombi na Polisi y’igihugu.
Umujyi wa Kigali watangaje imihanda izifashishwa n’abatwara ibinyabiziga, mu gihe hari imwe mu izifashishwa muri Kigali Peace Marathon izaba ifunze.
Mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda habereye amatora y’abadepite icyenda bazahagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga amategeko ya Kane y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba(4th EALA).
Ikigo giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA), ndetse n’Ishuri rikuru IPRC-Kigali, basaba abiga imyuga n’ubumenyingiro kurangiza berekana ibyo bavumbuye aho kwerekana ibitabo.
Abadepite mu Nteko ishinga Amategeko y’u Rwanda barasaba ko ibihugu bicumbikiye impunzi z’Abanyarwanda byabohereza iwabo kuko mu Rwanda ari amahoro.
Application yiswe VugaPay yifashishwa mu kohererezanya amafaranga “Mobile Money” yakozwe n’abana babiri b’Abanyarwanda bava indi imwe, yaje ku isonga mu mishinga icumi mishya y’ikoranabuhanga itanga icyizere muri Afurika.
Ababyeyi bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Kamonyi, bamaze amezi 10 badahabwa inkunga y’ingoboka ibunganira mu mibereho.
Bamwe mu babyeyi bo muri Nyabihu bafite abana bavukanye ubumuga, bishimira ko bamenye gukora ibikinisho bifasha abana babo mu kwidagadura bakina.
Abantu barindwi batuye mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda kubera ko bashakanye n’Abanyarwanda.
Mützig, abayikunda bavuga ko ari inzoga ifite uburyohe bwihariye, yengwa n’uruganda rwa BRALIRWA.
Polisi y’igihugu yahaye abaturage 100 bo mu Karere ka Gicumbi amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, mu rwego rwo kubafasha kubungabunga umutekano.
Ubushinjacyaha bwisobanuye ku bujurire bwa Dr Kabirima Jean Damascene ushinjwa uruhare muri Jenoside butera utwatsi ibyo gukusanya abaturage aho uregwa avuka ngo bashinje, banashinjure.