Uruhinja rwo muri Kirehe rwakuwe mu musarani wa metero umunani ari ruzima, nyuma yo gutabwamo na nyina wari umaze kurubyara, rwiswe izina.
Umuryango wa Rene Rutagungira, Umunyarwanda washimutiwe mu gihugu cya Uganda, ku cyumweru cyashize, urasaba ko wafashwa kugaruza uwo muvandimwe wabo.
Nyakwigendera Kunda Thérèse, wari umugore w’umuvugabutumwa KWIZERA Emmanuel yatabarutse mu cyumweru gishize tariki 6 Kanama 2017.
Imiryango Nyarwanda itari iya Leta isaba ko gahunda y’imbaturabukungu ya gatatu (EDPRS3) irimo gutegurwa, yakwita cyane ku ireme ry’uburezi n’ibura ry’imirimo.
Ambasaderi Arnout Pauwels wari umaze imyaka itatu ahagarariye u Bubiligi mu Rwanda, yatangaje ko ubwo asoje ikivi mu Rwanda ahandi agiye azaba umuvugizi w’u Rwanda nk’igihugu cy’intangarugero kandi cyuzuye amahirwe.
Raporo y’imiryango itari iya Leta yibumbiye muri CLADHO ivuga ko amatora y’Umukuru w’Igihugu yagenze neza, igasaba abagore ko baziyamamaza ubutaha.
Musenyeri Filipo Rukamba, umushumba wa diyosezi gaturika ya Butare, avuga ko umupadiri atari umukozi w’Imana kuko umukozi aruhuka, nyamara bo bakaba bagomba gukorera Imana ubutaruhuka.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ryo muri Afurika yo hagati n’Iburasirazuba (CECAFA), ryashimiye Perezida Paul Kagame ku ntsinzi yegukanye mu matora aheruka.
Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) itangaza ko Abanyarwanda bari mu Burundi n’abari muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo batatoye kubera ikibazo cy’umutekano muke muri ibyo bihugu.
Umumotari, Ndayiramiye Donat agiye kujya agendera kuri moto ye nshya yahembwe kubera ubunyangamugayo yagaragaje ubwo yasubizaga amafaranga y’umugenzi yari ahetse wakoze impanuka agakomereka bikomeye.
Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Centrafrika (MINUSCA) barashimwa ko bakomeje gukora akazi kabo neza ko kurinda abakozi b’umuryango w’Abibumbye (UN) n’impunzi.
Mu Rwanda, ku nshuro ya mbere mu Kwezi k’Ukuboza 2017 hagiye gutangirwa ibihembo ngarukamwaka byo ku rwego rw’isi byo kwakirana abantu ubwuzu no kubatwara neza (travel and hosipitality).
Umuryango w’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye na za kaminuza barokotse Jenoside yakorewe abatutsi (AERG),uravuga ko ugiye guhangana n’ibibazo by’ihohoterwa rikorerwa abana mu miryango.
Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira mu kirere mu Butaliyani, Lt Gen Enzo Vacciarelli avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari isomo ku isi yose.
Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira mu kirere w’u Butaliyani, Lt Gen Enzo Vacciarelli, ari mu ruzinduko mu Rwanda, rwatangiye kuri uyu wa 25 Nyakanga 2017 rukazamara iminsi ibiri.
Abagide baturutse mu bihugu bitandukanye bari mu nama mu Rwanda yigirwamo uko abana b’abakobwa bazavamo abayobozi beza babereye ibihugu byabo.
Hashize imyaka 100 Abanyarwanda babiri ba mbere bahawe ubusaseridoti bityo kwigisha ivanjiri no gutanga amasakaramentu bijya mu maboko y’abana b’u Rwanda.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), isanga abanyamakuru n’abahanzi bafite ijwi rigera kure ku buryo bafasha mu kurengera umwana.
Akon, Umuriribyi w’icyamamare w’Umunyamerika, avuga ko igihe cyose umuntu ageze mu Rwanda atungurwa n’uburyo usanga ibintu byose biri ku murongo kandi buri wese yuzuza inshingano ze.
Nyuma y’uko itegeko ry’ubwisungane mu kwivuza rivuguruye rigomba gusimbura iryashyizweho na Obama rizwi nka “Obama Care”, impuguke zo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) ziragira inama ishyaka ry’Abarepubulike riri ku butegetsi gufatira urugero k’ubwisungane mu kwivuza bwo mu Rwanda (MUSA).
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP), risanga ibanga rituma u Rwanda rwihuta mu iterambere ari imiyoborere myiza ishyira imbere abaturage.
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyahaye ikiruhuko abasirikare 817 barimo abahawe ikiruhuko cy’izabukuru n’abahagaritse akazi kubera uburwayi.
Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere (RGB), rwahembye Kigali Today nk’ikigo cy’itangazamakuru cyitwara neza mu gutanga servisi inoze, ikaba yahawe izina ry’Intwaramihigo kimwe n’ibindi bigo byahembwe.
Sosiyete Pharo isanzwe ifite ibikorwa by’ishoramari mu Rwanda, yizeje Perezida Paul Kagame ko bazakomeza gushora imari mu bikorwa by’iterambere mu Rwanda.
J Boima Rogers, Impuguke mu itangazamakuru ya Oxford mu Bwongereza yandikira Ikinyamakuru “The Patriotic Vanguard”, isanga umwihariko wa demokarasi y’u Rwanda ukwiye kuba urugero ibindi bihugu by’Afurika byafatiraho mu kwigobotora “demokarasi nzungu”.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko aho u Rwanda rugeze ubu rufite ubushobozi rwakoresha kugira ngo rugere ku ntego rwiyemeje.
Muri gahunda yiswe “Army Week”, ingabo z’u Rwanda zimaze gukora ibikorwa bitandukanye byo kuzamura imibereho y’Abanyarwanda, byatumye Leta izigama Miriyari 16.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye avuga ko kuba ibitangazamakuru by’amahanga bivuga ko itangazamakuru ry’u Rwanda nta mbaraga rifite ari igitutsi.