Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 11 Mata 2017, Umugabo witwa Tujyinama Silas ufite imyaka 64 yemereye imbere y’abaturage ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi yari mu gitero cyishe abantu 10, we ku giti cye akaba yarishe babiri muri bo.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe avuga ko kuba abasirikare b’Abafaransa baragambaniye Abasesero bakicwa, babikoze bagamije kwihimura kuko bari baratsinzwe.
Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rugiye kongera kwakira inama yiswe “Transform Africa” igamije kongera umuvuduko w’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga muri Afurika.
Umukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) Prof. Shyaka Anastase, atangaza ko imiyoborere myiza ari cyo gisubizo kirambye cy’iterambere ry’u Rwanda na Afurika.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 8 Mata 2017, Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe (AU), Moussa Faki .
Perezida wa Repubulika akaba n’umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Paul Kagame yazamuye mu ntera aba-ofisiye bato 407 ba RDF.
Abarangije amahugurwa yo gufotora bahabwaga n’ikigo cy’itangazamakuru Kigali Today Ltd bavuga ko yabunguye byinshi batari bazi mu mwuga wabo wo gufotora.
Hirya no hino mu gihugu Abanyarwanda batangiye icyumweru ngarukamwaka cy’iminsi irindwi cyo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.
Amakuru dukesha Urubuga rwa Interineti rw’Umuryango w’Abibumbye (U.N), aratangaza ko Lt Gen Frank Mushyo Kamanzi, yagizwe Umugaba w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’Amahoro muri Sudani y’Amajyepfo zizwi nka (UNMISS).
Perezida wa Repubulika akaba n’umugaba w’ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yayoboye inama nkuru ihuza abayobozi b’ingabo z’u Rwanda.
Col. Chance Ndagano yagizwe umuyobozi w’agateganyo wa sosiyete y’ingendo zo mu kirere RwandAir, asimbuye John Mirenge wari umaze imyaka irindwi ayiyobora.
Senateri Gakuba Jeanne D’arc yatorewe kuba muri biro y’ihuriro rihuza abagore bari mu Nteko Zishinga Amategeko ku isi ahagarariye igice cy’Afurika.
U Rwanda na Congo basinye amasezerano azamara imyaka itanu yo gufatanya gushaka Peterori mu Kiyaga cya Kivu.
Abagize inteko ishinga amategeko y’u Rwanda barasaba guverinoma gushyiraho ingamba zihamye zigabanya umuvuduko w’ubwiyongere bw’abaturage kuko uhangayikishije.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, avuga ko kuba Papa Francis yaremeye ko Kiriziya Gatolika yakoze amakosa muri Jenoside ari igikorwa cyo kwishimirwa.
Perezida Paul Kagame yasabye Papa Francis kuzasura u Rwanda, nyuma y’uko nawe yari yamutumiye i Vatican mu minsi ishize.
Abantu bafite ubumuga bwo kutabona bifuza ko bashyirirwaho uburyo bw’amajwi bwakoreshwa kugira ngo bamenye abakandida bityo bitorere ubwabo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangije ku mugaragaro imirimo y’Ikigo gikomeye giteza imbere imibare n’ubumenyi muri Afurika (AIMS) kimuriye icyicaro cyacyo mu Rwanda.
Urubyiruko rwiga mu mashuri makuru na kaminuza rweretswe uburyo Afurika yava mu gisa n’ubukoroni, ikigira idategereje ibiva hanze yayo.
Urubyiruko rurahamagarirwa guhangana n’abagishaka kurubibamo ingengabitekerezo ya Jenoside kandi rukabwiza ukuri isi ku mateka y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’umuryango Transparence International bwatangiye ubukangurambaga bwo gukumira amakimbirane ku bafungwa bimwa uburenganzira n’imiryango yabo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 31 Werurwe 2017, Gereza ya Kimironko yafashwe n’inkongi y’umuriro, abagororwa barindwi bakomereka ku buryo bworoheje bagerageza kuyihunga.
Hon. Rusiha Gaston avuga ko nta mwana ukwiye kubuzwa kwiga kubera ubumuga afite kuko hari uburyo bwashyizweho bworohereza abafite ubumuga butandukanye bakiga.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Musabyimana Jean Claude atangaza ko muri iyo Ntara isuku igiye kurushaho kwitabwaho nk’uko ivanjiri yitabwaho mu Kiliziya.
Ubuyobozi bw’umuryango w’ubukungu w’ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari (CEPGL) n’ubw’Umuhora wa Ruguru basinye amasezerano y’ubufatanye agamije iterambere ry’umuturage.
Abafite ubumuga bwo kutumva mu Rwanda, bibaza niba guhuza amategeko kw’ibihugu byo mu muryango w’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bizabahesha impushya zo gutwara imodoka nk’ahandi.
Inzu yagenewe kubika amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, imaze imyaka isaga 10 idakorerwamo, yarangiritse ku buryo ishobora no gusenyuka.
Kaminuza y’amahoteri, ubukerarugendo n’Ikoranabuhanga mu bucuruzi (UTB) yatangije gahunda yo kwigisha ururimi rw’Igiswahili mu rwego rwo gufasha ababishaka kurumenya byihuse.
Abanyeshuri biga mu bigo byo mu karere ka Rusizi bataha mu bindi bice by’igihugu babuze uko bataha kubera ko Police yafashe imodoka zidafite icyuma kigabanya umuvuduko.
Abakandida barenga 950 bahuriye ku kizami cy’akazi cyatanzwe na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), bahatanira imyanya ibiri.