Perezida Paul Kagame yavuze ko amateka y’umuryango mpuzamahanga muri Afurika kugeza ubu atarawuha isomo, kuko buri gihugu cyose wagiye wivangira mu bibazo byarangiraga bibaye bibi kurushaho.
Perezida Paul Kagame yavuze ko urwego u Rwanda ruhagazeho ku isi, nta handi rwavuye uretse guha Abanyarwanda icyizere no kubereka ko ibyo bakora ari ibyabo.
Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu, igaragaza ko hari abamotari n’abatwara imodoka za taxi, bagira uruhare mu ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikorerwa abana.
Perezida Paul Kagame yahuye na Perezida Emmanuel Macron w’Ubufaransa, bagirana ibiganiro birebana n’amahoro n’umutekano muri Afurika.
Madame Jeannette Kagame mu kiganiro yatanze mu nteko rusange y’umuryango w’abibumbye ya 72, yagarutse ku ihungabana rikomeye bamwe mu Banyarwanda bahuye na ryo kubera Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Imvura idasanzwe yaguye mu Karere ka Burera isize imiryango itandatu yo mu Murenge wa Cyanika itagira aho yikinga kuko inzu zabo zasenyutse.
Inzu z’abayobozi zubatswe nta byangombwa ni zo zahereweho zisenywa mu nzu 350 zigomba gusenywa mu Karere ka Kamonyi.
Ubushakashatsi bugaragaza ko igituma abana bafite ibibazo by’imirire mibi batagabanuka byihuse mu Ntara y’Amajyepfo ari uko ingengo y’imari igenerwa iyi gahunda ikiri hasi.
Umwana witwa Igisubizo Swaliha wagize amahirwe yo guterurwa na Perezida Paul Kagame i Nyamirambo, ari mu byishimo nyuma y’uko se umubyara afunguwe nk’uko yabyifuzaga.
Umuyobozi wa Kaminuza y’ubukerarugendo n’Ikoranabuhanga mu bucuruzi (UTB), Dr Kabera Callixte avuga ko abarangiza muri iri shuri bakagombye kugirirwa icyizere kuko bashoboye.
Urubyiruko rurasabwa gushishoza mu gufata ibyemezo mu miyoborere y’ibihugu byabo kugira ngo barusheho gufata iya mbere mu kubaka ibihugu bavukamo.
Guverineri Gatabazi Jean Marie Vianney na Guverineri Mufulukye Fred barahamagarirwa kuzamura iterambere ry’intara bagiye kuyobora bibanda ku mibereho myiza y’abaturage.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Gatsibo bavuga ko kuba bamaze igihe kirekire batarabona ibyangobwa by’ubutaka, bibabangamira mu kubukoresha nko kuba babugurisha.
Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) iratangaza ko igiye gukoresha umuryango nk’ibirindiro by’amahoro n’ubumwe n’ubwiyunge.
Abajyanama b’ubuzima bo mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Nkombo bibumbiye muri Koperative yorora inzuki, barasaba akarere kubagaruriza amafaranga yabo yaburiwe irengero.
Abakozi b’Imana bo ku Mugabane wa Afurika barasabwa guhuza imbaraga kuko ngo bafite umuti Afurika ikeneye ngo ive mu bibazo umazemo igihe.
"Mvura nkuvure" gahunda igamije kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge hagati y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’abayikoze, yafashije abantu 360 mu isanamitima, bo muri Nyamagabe.
Nyuma y’ibyumweru bibiri Fred Mufulukye agizwe Guverineri mushya w’Intara y’Iburasirazuba yatangiye gukora imirimo ashinzwe asura abaturage bo mu Karere ka Nyagatare.
Gakuru James wayoboraga Umurenge wa Katabagemu na Dusabemungu Didas wayoboraga Umurenge wa Mimuli muri Nyagatare beguye ku mirimo yabo.
Urubyiruko rw’abakorerabushake rufatanya na Polisi y’igihugu mu kurwanya no gukumira ibyaha mu Karere ka Musanze bubakiye igikoni Mamuwera Esther warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abaturage bo mu miryango itandukanye yo mu Kagari ka Ndekwe mu Murenge wa Remera mu Karere ka Ngoma, kuri ubu ntaho bafite bikinga nyuma yo gusenyerwa n’imvura ivanze n’umuyaga.
Abaturage bo mu Karere ka Burera barasaba ubuyobozi bwabo kubashakira amarimbi rusange yo gushyinguramo ababo ntibakomeze gushyingura mu ngo kuko bibateza ibibazo.
Uko iminsi igenda ishira niko Abanyarwanda barushaho kujijuka, ari nako bagenda bagaragaza ko batakifuza zimwe mu nyito bavuga ko zitakibahesha agaciro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwasabye abafite ibibanza byashyizwe mu bigomba gusora ariko ntibasore kubibyaza umusaruro kugira ngo babone ay’imisoro cyangwa bakabigurisha.
Kuri uyu wa mbere Perezida Kagame yakiriye indahiro z’ Abaminisitiri batatu batarahiye, yakira indahiro y’ umuvunyi mukuru, ndetse n’iz’ abadepite babiri baherutse gusimbura abahawe indi mirimo.
Perezida Paul Kagame yashimye abanyamadini uruhare bagize mu kubaka igihugu, nyuma y’uko hari bamwe muri bo bagize uruhare mu gutuma Jenoside ishyirwa mu bikorwa.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu yasabiye ibihano buri wese wagize uruhare mu makosa yo guhindurira abaturage ibyiciro by’Ubudehe.
Abasirikare, abapolisi n’abasiviri 31 bakomoka mu bihugu birindwi by’Afurika biyemeje kurushaho kurengera uburenganzira bw’umwana mu bihe by’intambara.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Mureshyankwano Marie Rose yabwiye abayobozi bo muri iyo Ntara kureka ibyo kujenjeka bagakora ubukangurambaga mu baturage bakitabira gahunda za Leta.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC, yatangaje ko Murara Jean Damascene na Uwamariya Rutijanwa Marie Pélagie aribo badepite bagomba gusimbura Bamporiki Edouard na Gatabazi JMV baherutse kugirwa abayobozi mu zindi nzego.