Polisi y’Igihugu ivuga ko ikibuga cy’umupira w’amaguru yubatse mu Murenge wa Gikomero muri Gasabo, kigiye kongera ubusabane n’umutekano ukanozwa muri ako gace.
Muri kaminuza y’abalayiki b’abadivantisite ya Unilak hari abanyeshuri bifuza ko ibiganiro ku bumwe n’ubwiyunge bwakongerwa kandi bikagera kuri benshi cyane cyane abakiri bato mu gutegura u Rwanda ruzira amacakuburi.
Perezida wa Isiraheli Reuven Rivlin yakiriye mu biro bye Perezida Paul Kagame, mu rwego rwo kungurana ibitekerezo ku iterambere ry’ibihugu byombi.
Ubuyobozi bwa Kigali Convention Center na Radisson Blue Hotel bwavuze ko bugiye gutegura irushanwa rizitirirwa Gisa Gakwisi uherutse kubumba inyubako z’iyi hotel yifashishije ibumba.
Abakristu bo muri Paruwasi ya Ruhuha mu Bugesera bafite akanyamuneza kuko batazongera gusengera hanze nyuma yo gutaha Kiliziya basengeramo bisanzuye.
Polisi y’igihugu iratangaza ko ntawe ukwiye kubuzwa gufotora igihe cyose abonye ikimuteye amatsiko kabone n’iyo yaba ashaka gufotora abapolisi bari mu kazi.
Umwana w’uruhinja wo mu Karere ka Kirehe uherutse gutabwa mu musarani wa metero umunani agakurwamo ari muzima yabonye abakomeza kwita ku buzima bwe.
Madame Jeannette Kagame yatashye ku mugaragaro inzu yubatswe n’abanyamuryango b’Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe, ifite agaciro ka miliyoni 530 y’u Rwanda.
Yankurije Odette warahiriye kuzuza inshingano ze nk’Umuvunyi wungirije, yijeje Abanyarwanda kuzifashisha ubunararibonye akuye muri Minisiteri y’Ubutabera, afasha urwego agiyemo guca akarengane.
Nyuma y’igihe kinini basa n’abatuje korali Jehovajireh bateye iz’amazamuka”Umukwe araje”, ni umuzingo w’amajwi n’amashusho mushya w’iyi korali, washyizwe hanze kuriki cyumweru 09, nyakanga 2017, kuri stade ya ULK ku Gisozi.
Abagore bibumbiye mu rugaga rushamikiye ku muryango wa FPR INKOTANYI mu Karere ka Rusizi, bakesheje ijoro bizihiza isabukuru y’imyaka 23 u Rwanda n’Abanyarwanda bamaze bibohoye.
Kwizihiza isabukuru y’imyaka 23 u Rwanda rumaze rwibohoye byabereye hirya no hino mu gihugu aho abaturage n’abayobozi bafatanije mu kuyizihiza.
Kuri uyu wa 04 Nyakanga 2017 umunsi u Rwanda rwizihizagaho ukwibohora, umukuru w’igihugu Paul Kagame yatashye ku mugaragaro ibitaro bya Shyira biri mu Karere ka Nyabihu.
Abanyamuryango ba Rotary Club mu Karere ka Huye baravuga ko bagiye gushyira imbaraga mu gusobanurira Abanyarwanda iby’uwo muryango kuko abenshi batawuzi n’abanyamuryango bakaba baragabanutse.
Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika yari iteraniye i Addis Abeba muri Ethipia yatoreye u Rwanda kuzayobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU).
Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko n’ubwo kwibohora byagezweho, ariko bagihanganye n’ingaruka ubuyobozi bubi bwasize zirimo inzara, ubukene n’umwiryane.
Ndatimana Mustafa wakomerekeye ku rugamba rwo kubohora igihugu, avuga ko yataye amashuri aho yigaga mu wa gatandatu w’amashuri yisumbuye yinjira igisirikare.
Mu nama ya 29 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) iri kubera i Addis Ababa muri Ethiopia, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko Ibihugu bya Afurika byatangiye kugaragaza ko kwigira kwayo bishoboka.
Irushanwa ryo gusoma Korowani mu mutwe ryaberaga i Kigali ryarangiye umusore ukomoka muri Uganda ariwe uryegukanye atsinze abandi 15 bari bahanganye.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye arahamagarira abapolisi bakuru barangije amasomo gukora ibituma bemerwa nabo bayobora.
Perezida Paul Kagame yageze i Addis Ababa muri Ethiopia aho yitabiriye inama ya 29 y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika (AU).
Abapolisi 68 abakozi b’ibigo byigenga bicunga umutekano 10 n’abacungunga gereza 20 barangije amahugurwa kuzimya inkongi yo kuzimya inkongi y’umuriro.
Bosenibamwe Aimé wahoze ari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru yagizwe umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe Igororamuco (NRS).
Imbuto Foundation yari isanzwe ifite iyi gahunda y’abafashamyumvire ku bakobwa ariko yayitangije no ku bahungu kuko ngo itanga umusaruro mwiza.
Icyiciro cya mbere cy’umushinga w’amashanyarazi u Rwanda rwatewemo inkunga n’u Buyapani cyatwaye miliyoni 25 z’Amadorari ya Amerika, bikaba byaratumye umuriro wiyongera.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) itangaza ko ikibazo cy’imirire mibi gituma abana bagwingira bari munsi y’imyaka itanu giterwa n’imyumvire y’ababyeyi.
Madame Jeannette Kagame yifatanyije n’Abanye-Huye gutaha inzu y’ibyumba 50 yitwa “Impinganzima” yagenewe gutuzwamo ababyeyi 100 bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi.
Kuri uyu wa 29 Kamena 2017, Amashyirahamwe atatu yo mu Bufaransa, arageza ikirego mu rukiko ashinja Banki BNP Paribas yo muri icyo gihugu ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Umuryango Unity Club, ugizwe n’abayobozi bakuru b’u Rwanda n’abigeze kuba mu nzego nkuru z’ubuyobozi n’abo bashakanye , kuri uyu wa 29 Kamena 2017 urashyikiriza amacumbi abakecuru bagizwe incike za Jenoside yakorewe Abatutsi.
Hotel Radisson Blu ikimara kumva iby’inkuru yasakaye ivuga ku mwana wabumbye inzu Kigali Convention Center (KCC) ari naho ikorera, yahise itangaza ko yifuza guhura n’uwo mwana byihuse.