Itsinda ry’ abajyanama b’ubuzima ryashyizweho n’akarere ngo rigaragaze ukuri ku mibare iva mu mirenge ku bibazo bibangamiye abaturage ryagaragaje ko hari imirenge yagiye itanga imibare igaragaza ko ibi bibazo byarangiye cyangwa bigeze kure nyamara atari ko bimeze.
Mu karere ka Burera, bamwe mu basambanya abana bahungira muri Uganda bigatuma badahanwa nyamara abo bahohoteye bari kugerwaho n’ingaruka, gusa ngo ubuyobozi ku mpande zombi buri gushakira umuti iki kibazo.
Umuryango wita ku bana b’impfubyi n’abari mu bibazo SOS-Rwanda, usaba Abanyarwanda gukunda gufasha imbabare zirimo impfubyi n’abandi bana batagira ubitaho.
Umwe mu bagize Inteko Nshingamategeko, yatangaje ko azashyigikira itegeko ryemerera abakora ibizamini by’impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga, gukoresha imodoka zihindurira vitesi zizwi nka ‘Automatic cars’.
Nyuma y’uko igihe ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare bwari bwihaye ngo abaturage bose babe bafite ubwihererezo bumeze neza kirenze batarabigeraho, bamwe mu batuye aka karere baravuga ko amikoro make ari imwe mu mpamvu zituma ibi bitagerwaho ku gihe.
Musenyeri Filipo Rukamba, umushumba wa Doyosezi ya Butare, akaba n’umuvugizi w’inama y’abepisikopi bo mu Rwanda, avuga ko habayeho ubufatanye bwa nyabwo hagati y’abafatanyabikorwa n’uturere, ikibazo cy’ubwiherero n’icyo gutwita kw’abangavu babihashya.
Ababyeyi bakanguriwe kwigisha abana babo uburenganzira bwabo bakiri bato, kugira ngo bizabarinde ihohoterwa rya hato na hato ribakorerwa.
Perezida wa Sena, Bernard Makuza, avuga ko abayobozi bo ku rwego rw’imidugudu bose bafatanyije, nta kibazo na kimwe cyananirana.
Abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda batandukanye bakoreye umuganda mu Murenge wa Gacurabwenge, mu Karere ka Kamonyi wo gutera ibiti bizakikiza igishanga cya Kibuza.
Umutingito uterwa n’imashini zikora umuhanda Huye-Nyamagabe, urimo gushyirwamo kaburimbo bundi bushya, wagiye utera imitutu amazu y’abawuturiye ku buryo bifuza gusanirwa.
Mu minsi mike ishize Guverinoma y’u Rwanda yakiriye abahoze ari abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barenga 700.
KEVIN Monnet Paquet rutahizamu wa St Etienne yo mu cyiciro cya mbere mu Bufaransa yemeje amakuru avuga ako azakinira AMAVUBI.
Ikigo Nyafurika giteza imbere abakoresha ikoranabuhanga, kirahamagarira umuntu wese ubyifuza kwiyandikisha akajya yiga yifashishije ikoranabuhanga kugira ngo abashe kubona abakazi.
Abaturage bo mu karere ka Gasabo bemeza ko mu cyumweru cy’ubutaka serivisi bashaka zihuta, na byinshi mu byari byarananiranye bigahita bibonerwa ibisubizo ntibongere gusiragira.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Dr Richard Sezibera, yatangarije abanyamakuru ko nubwo umubano w’u Rwanda n’u Burundi udahagaze neza, rutashobora guhatira u Burundi kunoza umubano utari mwiza bifitanye.
Minisiteri y’imari n’iganamigambi (MINECOFIN) iragaragaza ko umusoro mushya ku mutungo utimukanwa uzagira ingaruka nziza ku baturage bamwe abandi ukabagonga.
General Fred Ibingira yavanywe ku buyobozi bw’abasirikare bavuye ku rugerero bazwi nk’Inkeragutabara, asimbuzwa Maj Gen Aloys Muganga nk’umuyobozi w’agateganyo w’urwo rwego.
Nyuma y’uko igice cyihariye cy’inganda cya Masoro kiri mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali gitanze umusaruro, u Rwanda ruri kubaka ikindi gice cyihariye cy’inganda mu karere ka Bugesera mu ntara y’Iburasirazuba.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buraburira abaturage ko uko umujyi wa Rusizi uzamuka ari na ko abatekamutwe biyongera, cyane ku bashaka serivisi z’ubutaka.
Mu Karere ka Rusizi, umuntu wagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi agapfakaza abagore babiri, nyuma yo kwirega no kwemera icyaha ubu yiyunze n’abo yahemukiye binyuze mu masomo y’ubumwe n’ubwiyunge yatangirwaga muri Paruwasi ya Mushaka. Nyuma yo kubona ko iyi gahunda ikomeje gutanga umusaruro mwiza, komisiyo (…)
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi, Papa Francis yagize Arikiyepisikopi wa Kigali Musenyeri Antoine Kambanda wari usanzwe ayobora Diyoseze ya Kibungo.
Abatwara ibinyabiziga n’abanyamaguru bambukira mu masangano y’imihanda, Nyabugogo, Kinamba, APACOPE n’umuhanda uva rwagati mu mujyi wa Kigali, barinubira umuvundo w’ibinyabiziga ugaragara muri ayo masangano bavuga ko uteza impanuka.
Hari ibyapa bya bisi 15 hagati ya gare yo mujyi wa Kigali rwagati na Kimironko, kamwe mu duce k’urujya n’uruza mu mujyi wa Kigali, gusa ariko ibyo byapa byose ni nk’iby’ahandi kugeza ubwo ugeze ku nyubako y’ubucuruzi y’amagorofa ane yubakishije amabuye y’ Umunyarwanda wahoze mu gisirikare, akambara impuzankano za gisirikare (…)
Perezida Paul Kagame uri gusoza uruzinduko rw’iminsi ibiri y’akazi yakoreraga mu Murwa mukuru wa Qatar, Doha, yatemberejwe ku kibuga cy’indege kitiriwe Hamad, kizwi nka Hamad International Airport.
Abakora urugendo Huye-Nyaruguru bakomeje kwibaza impamvu uwo muhanda udashyirwamo kaburimbo nyamara nta gihe bitavuzwe ko imirimo iri hafi gutangira.
Abagera kuri 33 biganjemo urubyiruko bahoze mu mitwe y’abarwanyi yo mu mashyamba ya Kongo Kinshasa, ku wa kane basoje icyiciro cya 64 cy’ingando bari bamazemo amezi atatu, ibera mu Kigo cya Komisiyo ishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu ngabo giherereye I Mutobo mu karere ka Musanze. Abo bahoze ari abarwanyi (…)
Abakunzi ba Premier League, shampiyona ya ikurikirwa na benshi ku isi, mwitegure kujya mureba imikino igahagarikwa iminota runaka kugira ngo umusifuzi afate icyemezo agendeye ku mashusho y’umukino. Ubu buryo b’imisifurire buzwi nka Video Assistant Referees (VAR).
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Rusizi barera abana bavanye mu bigo birera impfubyi, bavuga ko bakigorwa no kubiyandikishaho mu buryo bwemewe n’amategeko.
Perezida Paul Kagame yasoje uruzinduko rw’akazi yagiriraga i Doha muri Qatar, asura ikicaro cy’umuryango Qatar Foundation uteza imbere uburezi, siyansi ndetse n’imibereho myiza y’abaturage.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo, bwasabye abakozi bako gucika ku muco wo kuzana ibiryo mu biro, ngo kuko biteza umwanda kandi bikanangiza amadosiye.