Ubwo yabazwaga uburyo bwakoreshejwe ngo u Rwanda rwari rwarashegeshwe na Jenoside rubashe kuba rushyirwa n’urwego nka African Economic Forum ku mwanya wa karindwi w’ibihugu biyobowe neza, Perezida Kagame yavuze ko kimwe mu byabafashije ari uko Abanyarwanda bumvise ko nta wundi uzaza kububakira igihugu atari bo ubwabo.
Nsabimana Callixte wiyitaga Majoro Sankara wakunze kumvikana mu minsi ishize ku maradiyo mpuzamahanga no ku mbuga nkoranyambaga avuga ko we n’abandi bafatanyije bamaze gufata pariki ya Nyungwe bagasaba ko ba mukerarugendo bahagarika gusura iyi pariki, yeretswe itangazamakuru kuri uyu wa gatanu tariki 17 Gicurasi 2019, nyuma (…)
Ikigo cy’ubufatanye mpuzamahanga cya Koreya y’Epfo (KOICA), kuri uyu wa 16 Gicurasi 2019, cyasinyanye na Minisiteri y’Urubyiruko amasezerano y’inkunga ya miliyoni 7 n’ibihumbi 500 by’Amadolari ya Amerika azafasha urubyiruko guhanga ibihumbi 20 by’imirimo.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Anastase Shyaka, avuga ko kimwe n’icyaha cya Jenoside, n’icya ruswa kidasaza, mu Rwanda.
Banki ya Kigali (BK) yateye inkunga ya miliyoni 45frw abategura irushanwa ngarukamwaka ryo kwiruka n’amaguru ‘Kigali International Peace Marathon’ mu rwego rwo kurishyigikira.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe indangamuntu (NIDA), kuri uyu wa 15 Gicurasi 2019 cyatangije ku mugaragaro igikorwa cyo gufotora ku buryo buhoraho abakeneye indangamuntu, igikorwa kizajya kibera mu Murenge wa Ngoma.
Ubushakashatsi buherutse gukorwa n’imiryango inyuranye ikorera ubuvugizi abo amateka byagaragaye ko yabasigaje inyuma, bwerekana ko hagikenewe ingufu ngo abo amateka yasigaje inyuma na bo bige.
Urwego ngenzuramikorere(RURA) ruratangaza ko kugira ngo hagenwe igiciro cy’amazi, hashingirwa ku bintu byinshi birimo n’ubushobozi busabwa kugira ngo ayo mazi abashe kuboneka agere ku bayakeneye ari meza.
Umuryango Imbuto Foundation ugaragaza ko kwitabira gahunda yo kuboneza urubyaro ku bagabo n’abagore, bizakemura ikibazo cy’ubucucike n’ubwiyongere bw’abaturage bikomeje guteza ingaruka zo kugabanuka k’ubutaka buturwaho n’ubuhingwaho.
Minisitiri w’ingabo Major General Albert Murasira, aravuga ko Afurika igomba kwishakira umuti w’ibibazo ihura na byo, ikitandukanya n’imikorere yo hambere yasabaga ko habaho inama n’amasezerano byinshi bigamije gushakira umuti ibibazo bya Afurika, akenshi ntibinatange umusaruro.
Mu kwizihiza Umunsi Mukuru w’Abaforomo n’Ababyaza ku wa 12 Gicurasi, urugaga rubahuje rwakoze byinshi runasaba abaturage kurworohereza bakaboneza urubyaro.
Mukangarambe Laurence utuye mu Mudugudu wa Kagarama, Akagari ka Musave, Umurenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo yasazwe n’ibyishimo yatewe no kwakira inka yorojwe na koperative Hobe Nshuti ikorera mu Kagari ka Musave atuyemo.
Abahanga mu by’imibanire y’abantu bemeza ko iyo ababyeyi bataganira byimbitse ku buzima bwabo n’ubw’urugo bitaborohera kuganiriza abana, cyane cyane ku buzima bw’imyororokere.
Ubwo yasozaga uruzinduko rw’iminsi itatu yakoreraga mu ntara y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba, Perezida Kagame yabwiye abatuye Rubavu na Rutsiro ko umutekano uhari ndetse ko uwashaka kuwuhungabanya akwiye kubanza agatekereza neza kuko bishobora kurangira abyicuza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa gatanu tariki 10 Gicurasi 2019 yakomereje uruzinduko agirira mu ntara y’Amajyaruguru n’Iburengerazuba mu Karere ka Rubavu, aganira n’abaturage bari bahateraniye bo mu turere twa Rubavu na Rutsiro ndetse n’abaturutse ahandi.
Abayobozi batandukanye mu nzego nkuru barimo, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Prof Anastase Shyaka, Umunyamahanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Dr Alivera Mukabaramba, n’abandi basabwe gukurikirana ibibazo biri mu nshingano zabo byabajijwe ubwo Perezida Paul (…)
Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame agirira mu ntara y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba, yabwiye abatuye akarere ka Musanze na Nyabihu ko bakwiye kubungabunga umutekano bafite kuko ari wo musingi w’iterambere rirangajwe imbere n’ubukerarugendo muri aka gace k’igihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame uri mu ruzinduko mu turere tw’Amajyaruguru n’Iburengerazuba, aratangaza ko atazihanganira abayobozi badakemura ibibazo, bigahora bigaruka imyaka igashira indi igataha.
Inzego zitandukanye zirimo Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere inganda n’ubushakashatsi (NIRDA), Ikigega gishinzwe gufasha imishinga mito n’iciriritse (BDF), Akarere ka Burera ndetse na koperative CEPTEL yo mu Karere ka Burera, zananiwe gusobanurira Perezida wa Repubulika Paul Kagame ikibazo cy’uruganda rwatunganyaga (…)
Abaturage bo mu Ntara y’Iburasirazuba mu Karere ka Gatsibo barasaba ko gukusanya amakuru yo kwifashisha mu kuvugurura ibyiciro by’ubudehe byakorwa binyuze ku rwego rw’isibo kuko ari ho basanga hatangirwa amakuru nyayo.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kuri uyu wa gatatu tariki 08 Gicurasi 2019, yatangiye uruzinduko akorera mu ntara z’itandukanye z’igihugu asura akarere ka Burera.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2019 yakiriye itsinda rya bamwe mu bagize Umuryango Mpuzamahanga w’Abayobozi b’ibigo by’ubucuruzi bakiri bato (Young Presidents’ Organization, YPO) baturutse muri Australia.
Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bwari bwijeje abaturage bakoresha umuhanda Mibilizi-Mashesha ko ugomba gusanwa nyuma y’iyangirika ry’igice cyawo kiri mu Murenge wa Gitambi, kuri ubu aba baturage baracyatabaza dore ko ntacyawukozweho kandi bikaba bigaragara ko birenze ubushobozi bw’aba baturage.
Mu Kigo cyigisha iby’Amahoro (Rwanda Peace Academy) giherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze, hatangijwe amahugurwa yo gukarishya ubumenyi ku barimu bazahugura Ingabo, Polisi n’Abasivili bifashishwa mu butumwa bw’amahoro.
Abayobozi 1,006 bo mu Murenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru barashishikarizwa kuba ibitabo byigirwaho imyitwarire iboneye n’abo bayobora.
Anne Marie Niwemwiza, Umunyamakuru wa KT Radio ukora ikiganiro “Ubyumve ute”, yibuka atangira iki kiganiro muri 2015 uburyo byari bigoye guhamagara umuyobozi mu kiganiro ngo yemere kukijyamo kuko hari imyumvire ko ibitangazamakuru bakorana na byo ari ibya Leta gusa.
Kuva mu mwaka wa 2012 Abanyarwanda babaga mu gihugu cya Tanzaniya batangiye kuvuga ko bahohotererwayo ndetse biza kubaviramo kwirukanwa mu mwaka wakurikiyeho wa 2013.
Minisitiri w’Ibidukikije n’umutungo kamere, Dr Vincent Biruta, yemeza ko ntawuzahesha agaciro umwuga w’abagenagaciro b’umutungo utimukanwa uretse bo ubwabo.
Emerita Karwera, nyuma y’imyaka itari mike aba mu kizu kidakinze, abatuye mu Mudugudu wa Karubanda wari urimo icyo kizu begeranyije ubushobozi baramwubakira.
Ishyaka rya Gisosiyalisiti Rirengera Abakozi mu Rwanda (PSR) ryasohoye itangazo rigaragaza ko nubwo hari intambwe imaze guterwa mu Rwanda mu kwita ku bakozi no kunoza umurimo, hakiri ibikeneye kongerwamo ingufu.