Akarere ka Gasabo kavuga ko abaturage bose batishoboye bazaba bubakiwe muri 2019/2020, ndetse ko ubucucike mu ishuri butazarenza abana 50.
Geneneral Mubaraka Muganga uyobora ingabo mu ntara y’Iburasirazuba n’umujyi wa Kigali avuga ko kwitura uwaguhaye ari umuco mwiza ukwiye gukorwa na buri wese.
Abapolisi bakuru 30 bo mu bihugu 9 byo ku mugabane wa Afurika ku wa gatanu tariki ya 28 Kamena 2019 basoje amasomo bamaze igihe cy’umwaka bakurikira mu Ishuri rikuru rya Polisi (National Police College) riherereye mu karere ka Musanze.
Kuva kuri uyu wa gatanu tariki ya 28 Kamena 2019, Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka rwatangiye gutanga Pasiporo Nyarwanda y’Afurika y’Iburasirazuba ikoranye Ikoranabuhanga.
Umusore witwa Ishimwe Hubert wo mu karere ka Nyagatare arasaba urubyiruko kwirinda ibigare by’inshuti mbi, kuko bishobora kubashora mu ngeso mbi, bikabicira ubuzima.
Imodoka nini ziva muri Uganda na Kenya zinyuze ku mupaka wa Gatuna zirakomeza kuba zitegereje kugira ngo zongere gukoresha uyu muhanda, nyuma y’igeragezwa ry’iminsi 10 ryagaragaje ko hari ibigikeneye gukosorwa.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ruratangaza ko rugikusanya amakuru ajyanye n’ingano y’amafaranga Umunyakenya Dr. Charles CK yambuye Abanyarwanda ababeshya ko azabaha amahugurwa yo kwiyungura ubumenyi mu by’ubucuruzi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera, buremeza ko kudashyira hamwe kw’inzego zinyuranye, ari yo ntandaro yo kutesa imihigo uko bikwiye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko 60% by’abatuye aka karere bamaze kubona amashanyarazi agira uruhare mu guhindura imibereho y’abahatuye.
Abasaga 80 batuye i Gasagara mu Karere ka Gisagara barinubira kuba bamaze imyaka itatu bategereje kwishyurwa ibyangijwe hatunganywa umuhanda baturiye, bakaba nta n’icyizere cyo kurihwa.
Abayobozi b’ikigo Wealth Fitness International batwawe n’Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), nyuma yo gutegura amahugurwa ku bijyanye no kwiyungura ubumenyi mu bucuruzi, ariko ibyari amahugurwa bikavukamo ibibazo.
Hirya no hino mu mijyi yo mu Rwanda haboneka ababyeyi bakora akazi ko gukubura mu mihanda. Ni akazi gatunze abo babyeyi mu buzima bwo mu mujyi buba butoroshye. Hari abibaza uko abo babyeyi babasha kubaho mu mujyi babikesha ako kazi.
Abayobozi baherutse gutorwa bahagarariye abandi mu muryango FPR Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo no mu turere tuyigize biteguye gukorera ku ntego no kubazwa ibyo batagezeho, mu guharanira ubuzima bwiza bw’Abanyarwanda.
Intore zo mu Karere ka Nyaruguru zari zimaze iminsi 40 ku rugerero ruciye ingando zazamuye amazu ane, zisana 11 zinakurungira 119. Ibi bikorwa babikoreye mu Mirenge ya Cyahinda na Nyagisozi.
Madame Jeannette Kagame yemereye ba rwiyemezamirimo b’abagore kubatera inkunga ngo bahangane n’imbogamizi bahura na zo, ariko abasaba kureka kwigana imishinga y’abandi kugira ngo bazamure uruhare rwabo mu mibereho myiza.
Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Umutoni Sandrine avuga ko abagabo n’abahungu bagize umuryango AERG bakwiriye gukura amaso ku bidashoboka bakayahanga ibishoboka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buvuga ko kuba abangavu baterwa inda batavuga abazibateye bikiri mu bituma iki cyorezo kidacika.
Abagabo n’abagore bo mu murenge wa Cyuve mu karere ka Musanze, baritana ba mwana ku bibazo by’amakimbirane mu miryango, bitera abana gukoreshwa imirimo ivunanye.
Daphrose Nyirabahutu abatuye mu Karere ka Nyaruguru bitaga Umukecuru wa Perezida (Kagame), yitabye Imana mu rukerera rwo kuri uyu wa 19 Kamena 2019.
Mu buzima bw’abagore n’abakobwa, kugaragara neza ku mubiri biri mu bintu bifata umwanya wa mbere, aho baba baharanira guhorana umucyo, ubwiza ndetse n’ igikundiro.
Abaturiye umugezi wa Mwogo mu Mirenge ya Maraba na Kigoma mu Karere ka Huye, barishimira ikiraro cyo mu kirere bubakiwe cyatashywe tariki 18 Kamena 2019.
Umuvugizi wa Polisi y’igihugu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Jean Marie Vianney Ndushabandi, asaba umushoferi wanyoye ibisindisha kureka kongera gutwara ahubwo agashaka umutwara kugira ngo agere iwe amahoro.
Bamwe mu bagabo bo mu karere ka Nyabihu, barishimira ko ikibazo cy’igwingira ry’abana kigenda kigabanuka nyuma yuko biyemeje kwihugura mu guteka, kugira ngo bafatanye n’abagore babo mu guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi.
Umwaka w’imihigo 2018-2019 usize abaturage bangana na 5.5% babonye amazi meza kubera umuyoboro w’amazi uzafasha abaturage bo mu mirenge itandatu.
Ibipimo by’amazi, ubutaka, umuriro n’ibindi abantu benshi bakunda kubyifashisha harebwa ingano y’ikintu runaka, ariko ugasanga hari ikigero fatizo kivugwa na benshi ariko batagisobanukiwe, ari ukubyumva gusa ariko batazi ingano nyayo yabyo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, asaba Abayislamu guharanira imibereho myiza y’Abanyarwanda muri rusange n’iyabo by’umwihariko hagamijwe iterambere.
Abayislamu bakomoka mu bihugu 26 bya Afurika n’abakuriye igikorwa cy’amarushanwa yo gusoma Korowani bakomoka muri Aziya, bafashishije ibiribwa bitandukanye abasigajwe inyuma n’amateka bo muri Gicumbi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri iki cyumweru tariki 16 Kamena 2019, yakiriye mu biro bye, Mark Green, Umuyobozi w’Ikigega cya Amerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga (USAID).
Alphonse Munyantwari, Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba ni we watorewe kuyobora abanyamuryango ba RPF Inkotanyi muri iyi Ntara, yunganirwa na Ntaganira Josué Michael, usanzwe ari umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe ubukungu.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi mu Ntara y’Amajyepfo batoye Komite nyobozi nshya banashyiraho abahagarariye Urugaga rw’Umuryango mu bagore n’urubyiruko.