Mu ruzinduko yagiriye mu Karereka Nyamagabe kuri uyu wa kabiri tariki 26 Gashyantare 2019, umukuru w’igihugu yibukije abaturage ko nubwo hari ibyo bakeneye bisaba amikoro, hari n’ibindi bakwikorera ubwabo badategereje ubibakorera aturutse kure.
Mu ruzinduko ari gukorera mu karere ka Nyamagabe kuri uyu wa kabiri tariki 26 Gashyantare 2019, Perezida Kagame yeretswe ibyo akarere kagezeho ari nako anagaragarizwa ibyo batarageraho, nk’ikibazo cy’imirire mibi ku bana n’imyenda myinshi ya ba rwiyemezamirimo bambuye abaturage.
Perezida Paul Kagame yahuye n’abavuga rikumvikana babarirwa muri 600 bo mu Ntara y’Amajyepfo. Ni ibiganiro byabereye mu Karere ka Huye, bikaba bibaye ku mugoroba wo ku wa mbere tariki 25 Gashyantare 2019.
Intumwa nkuru ya Qatar iri mu Rwanda mu rwego rwo kurebera ku Rwanda uko rwateje imbere ubumwe n’ubwiyunge nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Inyama z’ingurube ni zimwe mu zikunzwe cyane mu Rwanda, aho abazirya bazibatije amazina nka ‘akabenzi’, ‘misaya myiza’, ‘inka y’I Butare’, n’andi.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 23 Gashyantare 2019, mu midugudu yose y’igihugu habaye igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Gashyantare. Ni umuganda waranze n’ibikorwa bitandukanye birimo iby’isuku nko gusibura imirwanyasuri, guharura imihanda n’ibindi.
Mu gihe bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi bavuga ko bugarijwe n’uruhuri rw’ibibazo birimo gutera inda abangavu, ibiyobyabwenge no kutita ku miryango, minisitiri ufite umuryango mushingano ze aravuga ko gusubira ku ndangagaciro z’umunyarwanda ari wo muti wakemura ibi byose ku buryo burambye.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda, avuga ko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge waba adakorana n’abafatanyabikorwa bakorera mu Murenge ayobora, yaba akora nabi.
Umunyamabanga mukuru w’inama y’igihugu y’abagore arasaba urubyiruko gufata iyambere bagahangana n’ibibazo bihangayikishije umuryango nyarwanda harimo ikibazo cy’imirire mibi.
Kuri uyu wa gatanu tariki 22 Gashyantare 2019, Pereza wa Repubulika Paul Kagame ari kwakira impapuro zemerera ba ambasaderi 13 guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere burahamagarira amakoperative, abafite inganda n’abandi bahuza abaturage gushyiraho amarerero mu kurwanya imirire mibi, kuko ½ cy’abana bafite munsi y’imyaka itanu bafite imirire mibi.
Mu karere ka Nyagatare hamaze kugaragara abarimu bakomoka mu gihugu cya Uganda 108 bakorera mu Rwanda mu buryo butemewe ndetse bakahaba bitemewe.
Uko imyaka ishira abana b’abakobwa babyara batarageza imyaka y’ubukure bararushaho kwiyongera, ku buryo batarajya munsi y’ibihumbi 17 buri mwaka kuva muri 2016.
Mufti w’abayisilamu mu Rwanda, Sheikh Salim Hitimana, avuga ko inyito ‘Intagondwa z’abayislamu’ ikunze kwifashihwa n’ibitangazamakuru bivuga abakora ibikorwa by’iterabwoba itari ikwiye.
Mu kiganiro Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye n’ikinyamakuru The EastAfrican, umunyamakuru yabajije umukuru w’igihugu niba inshingano afite haba mu Rwanda, mu Karere no ku mugabane wa Afurika zituma asinzira.
Hari amakuru aherutse kugaragara mu bitangazamakuru avuga ko u Bushinwa bwaba bushaka kugurisha bimwe mu bihugu cyane cyane ibya Afurika bitewe n’uko byananiwe kwishyura umwenda bifitiye u Bushinwa.
Mu kiganiro cyihariye yagiranye n’ikinyamakuru The East African, Perezida Paul Kagame yasabwe kugira icyo avuga ku kibazo cy’ibihugu bya Afurika bifata inguzanyo nyinshi, rimwe na rimwe bikaba byagorana kwishyura.
Abakobwa 64 batewe inda mu murenge wa Kinyababa akarere ka Burera biganjemo abangavu, bakomeje gushinja ubuyobozi bw’inzego z’ibanze guhishira abagabo babateye inda aho bakomeje kwidegembya mu byaro.
Hari abaturage bahamya ko uburezi buhenze kandi ko ari inkingi ikomeye bityo ko butari bukwiye komekwa ku byiciro by’ubudehe, ahubwo ko buri munyeshuri watsinze akagira uko yoroherezwa kwiga kaminuza.
Abakecuru n’abasaza batujwe mu rugo rw’Impinganzima ya Bugesera barasaba urubyiruko rw’abakobwa n’abahungu kwirinda kwambara imyambaro ibagayisha, mu rwego rwo kwihesha agaciro.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe igororamuco (NRS), Bosenibamwe Aimé, atangaza ko bafite miliyoni 200 zo gufasha abagororewe Iwawa kwiteza imbere mu gihe basubiye mu buzima busanzwe.
Ikigo cy’Igihugu gitsura Ubuziranenge (RSB) kiraburira Abanyarwanda ko hari inganda zahawe ibyangombwa by’ubuziranenge, ariko aho kubahiriza amabwiriza zahawe zikabibika zikikorera ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge.
Ikigo gikora ubushakashatsi kuri gahunda za Leta (IPAR) cyagaragarije inzego zitandukanye uburyo Abanyakigali batuye mu kajagari bibasiwe n’umwanda.
Mu biganiro byahuje abanyamakuru n’abayobozi b’inzego zibanze hagaragajwe ko hari abayobozi banga gutanga amakuru, abandi bagafata abanyamakuru nk’ababarwanya.
Umwarimu mu ishuri ry’itangazamakuru n’itumanaho muri Kaminuza y’u Rwanda, Paul Mbaraga, ni we wahawe kuyobora Radio Salus, isanzwe ari iya Kaminuza y’u Rwanda.
Mu imurikabikorwa mu mafoto, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ritsura Amajyambere (UNDP) ririshimira ibikorwa byagezweho mu myaka itanu ishize (2013 - 2018) k’ubufatanye na Leta y’u Rwanda.
Ambasaderi Claver Gatete minisitiri w’ibikorwa remezo avuga ko imijyi yunganira Kigali itazaturwa n’abakire gusa kuko harimo gushakwa amacumbi y’abafite ubushobozi bucye.
Bamwe mu bayobozi b’uturere bungirije bashinzwe imibereho myiza y’abaturage basanga hari abaturage bahawe inkunga zo kubakura mu bukene ariko ntibabuvemo kuko batahawe umwanya mu gutegura izo gahunda.
Musenyeri Eulade Rudahunga wari Umupadiri ukuze kurusha abandi mu Rwanda yitabye Imana mu ntangiriro z’iki cyumweru.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije REMA kiratangaza ko u Rwanda rugiye gutunganya imijyi ishobora guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.