Gatabazi Jean Marie Vianney watorewe umwanya w’Umuyobozi w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru, yiyemeje kurushaho kuzamura umuryango wa FPR-Inkotanyi ahereye ku rubyiruko.
Sheikh Nsangira Abdallahamidu, umuyobozi wungirije utegura iki gikorwa cy’amarushanwa yo gusoma Korowani, avuga ko aya marushanwa yahuje ibihugu 25.
Abatuye ku Mubuga mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru barishimira ko begerejwe amazi meza, ubu bakaba batacyambuka umupaka bajya kuvoma i Burundi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu (REG) gitangaza ko mu myaka 10 ishize kimaze guhomba arenga miliyari eshatu z’amafaranga y’u Rwanda, bitewe n’ibikorwa byo kwiba umuriro kwa bamwe mu bafatabuguzi bacyo.
Abakuru b’ibihugu bya Afurika baravuga ko uyu mugabane uzihutisha Intego z’Iterambere rirambye(SDGs) ushingiye ku mutungo kamere wawo, gufashanya no guhahirana hagati y’ibihugu biwugize.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko buri munsi adashobora kubura iminota 30 agenera siporo n’imyidagaduro mu rwego rwo gufasha umubiri gukora neza.
Mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda (National Police College) ku itariki 13 Kamena 2019, hahuriye impuguke zaturutse mu bihugu binyuranye bya Afurika. Bungurana ibitekerezo ku mahoro, Umutekano n’Ubutabera(Symposium on Peace, Security and Justice).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko ubukangurambaga bukomatanyije bugamije imibereho myiza mu muryango binyuze muri gahunda yitwa "Baho Neza" bugiye gufasha abagatuye.
Rev. Pasitoro Singirankabo Jean de Dieu, wari umuvugabutumwa mu itorero ADEPER/PCIU, (Ishami ry’itorero ADEPER muri Uganda), yagiye muri Uganda muri 2006 agiye kwiga no gukomereza umurimo w’ivugabutumwa muri ADEPER.
Turebye ku isaha, ni saa sita z’amanywa. Ni kuwa wa mbere, umunsi ushyushye cyane. Mugiraneza Jean Bosco yihanganiye izuba, ahagaze ku muhanda Kinamba-Nyabugogo.
Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko yakiriye Abanyarwanda basaga 20 birukanywe muri Uganda ku wa kabiri tariki 12 Kamena 2019, bakaba bari bafungiye muri Uganda mu buryo budakurikije amategeko.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof. Anastase Shyaka, yemereye Umudugudu wa Kaburanjwiri inka y’imihigo, nyuma y’uko uwo mudugudu w’i Kansi muri Gisagara wabaye indashyikirwa mu mpinduka ziganisha ku iterambere.
Ikigo Yego Moto ku bufatanye n’abandi bafatanyabikorwa kigiye gufasha abagore n’abakobwa 200 bo mu Mujyi wa Kigali bifuza kuba abamotari kwiga moto n’amategeko y’umuhanda bityo binjire muri uwo mwuga.
Abagabo babiri bakurikiranyweho ibyaha byo kwigana ibirango by’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority), ndetse no kwigana inzoga zisanzwe zikorwa n’inganda zemerewe gucuruza mu gihugu.
Abajyanama b’ubuzima bakorera mu karere ka Nyabihu, batangaza ko kuba aka karere kari mu dufite imibare myinshi y’abana bagwingiye biterwa no kuba ababyeyi baho bahugira mu gushaka imibereho bakirengagiza inshingano zo kwita ku bana.
Abayobozi bashya batorewe kuyobora inzego z’Umuryango RPF Inkotanyi mu turere twa Nyaruguru na Muhanga baravuga ko bagiye guhuza imbaraga bakazamura iterambere ry’abaturage bahereye ku Mudugudu.
Mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriraga mu Rwanda, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 10 Kamena 2019, Madame Denise Nyakeru Tshisekedi, umufasha wa Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo, yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri iki cyumweru tariki 09 Kamena 2019, yatunguye abaturage ba Rwinkwavu na Kabarondo mu Karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasirazuba arahagarara arabasuhuza.
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko aho amarerero yo mu ngo yatangirijwe, abana basigaye bagirirwa isuku kurusha uko byari bisanzwe.
Abavanywe ku kirwa cya Iwawa barizezwa kwishyurwa mu ngengo y’imari y’umwaka utaha utangirana n’ukwa karindwi. Ni mu gihe bavuga ko hashize imyaka isaga 20 bategereje kwishyurwa ibyabo basizeyo.
Kwizera Evariste washyingiranywe na Mukaperezida Clotilde mu mpera z’ukwa mbere muri uyu mwaka wa 2019 yatawe muri yombi ashinjwa gusambanya umwana.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Rwakazina Marie Chantal ni we watorewe kuyobora umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Gasabo, akaba yungirijwe na Rwamurangwa Stephen wari usanzwe ari we Perezida(Chairman) ku rwego rw’akarere.
I Kigali habereye ikiganiro n’abanyamakuru gitegura Inama Mpuzamahanga ku Mbonezamikurire y’abana bato izabera i Kigali ku matariki ya 11 na 12 Kamena 2019.
Madame Jeannette Kagame avuga ko ubuzima bw’abakecuru n’abasaza barokotse Jenoside ariko ikabatwarira ababo bose, bureba buri Munyarwanda.
Inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ku wa 07/6/2019, yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru, yasezereye ndetse yirukana mu Ngabo z’u Rwanda, muri Polisi n’Urwego rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa abagera kuri 463.
Bamwe mu bakobwa n’abagore biga umwuga w’itangazamakuru muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda baravuga ko nyuma yo kugira amahirwe yo guhugurwa n’umuryango ushyigikiye abagore bari mu itangazamakuru, Women in News (WIN program ), bungutse byinshi harimo no kwigirira icyizere.
Nyirasafari Yozefa umukecuru w’imyaka 73, avuga ko ubwo yakobwaga mu myaka myinshi ishize, yakowe inka y’amafaranga Magana atunu (500frw), ariko atangazwa no kubona kuri ubu hari abakobwa bakobwa arenze miliyoni (1,000,000frw), hakaba n’ubwo ubukwe bupfa bitewe n’uko umusore yabuze ingano y’amafaranga asabwa.
Umuyoboro w’amashusho ya video wa Kigali Today kuri YouTube, ku wa kabiri tariki 04 Kamena 2019 wesheje agahigo ko kurebwa n’abantu barenga miliyoni 50.
Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta mu Rwanda riremera ko hari ibibazo bidakorerwa ubuvugizi kubera imitere y’iyo miryango.
Sosiyete yo mu Bushinwa yakoze inyigo yitezweho kuba igisubizo ku ngendo z’abantu mu Mujyi wa Kigali, by’umwihariko abakoresha ibinyabiziga.