Minisiteri ishinzwe guhangana n’ibiza no gucyura impunzi (MIDMAR) irizera ko ubufatanye bwihariye ifitanye n’Umuryango w’Abibumbye (UN), uzacyemura ibibazo by’ibiza bisigaye byibasira u Rwanda ndetse no gucyura impunzi zitaratahuka.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda, Tharcisse Karugarama, aratangaza buri Munyarwanda afite uburengenzira bwo kuvugana n’itangazamakuru harimo n’uwahoze ari umukuru w’igihugu, Pasteur Bizimungu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero bufatanyije n’abashinzwe umutekano bafashe gahunda yo guca ingeso zituma abana bata ishuli bakajya gukorera amafaranga.
Abajura bambaye gisirikare bitwaje imbunda bateye muri centre y’ubucuruzi ya Gihengeri mu murenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare tariki 28/02/2012 biba Munsasire Celestin amafaranga asaga miliyoni 23 banakomeretsa umugore we ku kaboko.
Abakozi bo muri Prezidansi, tariki 29/02/2012, basuye inteko y’abaturage ya Nyamiyaga mu rwego rwo kureba uko abayobozi b’akarere ka Kamonyi bakemura ibibazo by’abaturage.
Gilbert Sindayigaya w’imyaka 24 y’amavuko afunguye kuri sitasiyo ya Polisi ya Rwamagana akekwaho kwica bunyamaswa ise, Mohamoud Kanyabigega; na mukase, Marita Mukagwego. abaziza isambu.
Umuryango urwanya ihohoterwa mu Rwanda witwa Rwanda Women Network wahawe igihembo n’umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bw’abategarugori kubera ubutumwa butandukanye watanze bukangurira abantu gukumira ihohoterwa mu Rwanda.
Amazu 14 yasenywe n’imvura yaguye irimo umuyaga mwinshi mu mudugugu wo ku murenge akagari ka Ruhanga mu murenge wa Kigina ku mugoroba wa tariki 28/02/2012.
Isoko rya Rurangazi ryo mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza ryibasiwe n’inkongi y’umuriro ku mugoroba wa tariki 28/02/2012 bamwe mu baje batabaye barasahura.
Umusaza w’imyaka 72 witwa Kayumba Pascal wari utuye mu kagari ka Bihembe umurenge wa Kabagali mu karere ka Ruhango yitabye Imana tariki 28/02/2012 yishwe n’umuhungu we witwa Ndayisaba Fidele w’imyaka 32 y’amavuko.
Igihugu cya Ethiopia kirifuza kwigira ku Rwanda uburyo rukora abasirikare bakagira imibereho myiza; nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’ingabo wa Ethiopia kuri uyu wa gatatu tariki 29/02/2012 ubwo yakirwaga na mugenzi we w’u Rwanda, Gen James Kabarebe.
Inyeshyamba za FDLR zateye mu karere ka Kabare na Walungu mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu ijoro rishyira ku cyumweru tariki 26/02/2012 zica abantu bane zikomeretsa ku buryo bukomeye abandi batatu.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Corolla (gikumi) yari iparitse haruguru gato ya station aho bakunze kwita kuri Total i Remera mu mujyi wa Kigali yahiye irakongoka ku mugoroba wa tariki 28/02/2012.
Umwana w’umuhungu witwa Niyitegeka Jean Louis wigaga ku ishuri ry’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 rya Bihira mu murenge wa Rambura mu karere ka Nyabihu yitabye Imana akubiswe n’umubaruramari (comptable) w’umurenge wa Rambura, Mugabo Simeon.
Polisi yo mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo iratangaza ko amahugurwa abapolisi bayo bazakurikirana mu gihe cy’amezi atatu mu Rwanda azatuma barwigiraho byinshi.
U Rwanda nicyo gihugu cyonyine kandi gishya mu muryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), kigerageza gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta, nk’uko byatangarijwe mu nama ihuje abakuru ba komisiyo zishinzwe kugenzura umutungo wa Leta (PAC) yatangiye i Kigali tariki 27/02/2012.
Imibiri 25000 yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside rwuzuye iruhande rwa Paruwasi Gaturika ya Cyanika mu karere ka Nyamagabe aho izo nzirakarengane ziciwe muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Minisitiri w’Intebe yatanze inkunga ku miryango ibiri yo mu murenge wa Kinzuzi, akarere ka Rulindo, mbere yo kwifatanya n’abahatuye mu gikorwa cy’umuganda ngaruka kwezi wabaye tariki 25/02/2012.
Muri kaminuza Gatorika y’u Rwanda iri mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara, hatangijwe ku mugaragaro umuryango w’abanyeshuri bacitse ku icumu rya Jenoside yo muri mata 1994 (AERG/IJABO).
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, yihanangirije abayobozi bo mu Ntara y’Amajyepfo ko Guverinoma y’u Rwanda itazihanangira na gato abayobozi bahutaza abaturage. Yabibukije ko bashyizweho kugira ngo bafashe abaturage gutera imbere aho kubagirira nabi.
Abasenateri 13 n’abadepite 2 ndetse n’abayobozi b’akarere ka Nyamagabe bafatanyije n’abaturage bo mu murenge wa Cyanika gutegura ahazashyingurwa imibiri y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Uhagarariye Somalia mu Rwanda yatangaje ko yiteguye gukora igishoboka cyose kugira ngo afashe urubyiruko rw’u Rwanda kugeza ku Banyasomaliya inkunga rwabageneye.
Mu rukerera rwo kuwa gatandatu tariki 25/02/2012 imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace ifite nimero RAC 754 A yajyaga Kigali yakoreye impanuka mu karere ka Musanze ahitwa kuri Koncaseri ikomeretsa abantu 3 bari bayirimo inangiza inzu.
Kubera ko akunda Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, umubyeyi witwa Mpinganzima Zayinabu utuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yabyaye umwana w’umuhungu amwita Paul Kagame.
Minisitiri muri Perezidanse ushinzwe itumanaho n’ikoranabuhanga, Ignace Gatare, yifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Musanze mu muganda ngaruka kwezi bawusoza bungurana ibitekerezo. Abaturage bishimiye ko n’abayobozi bo mu nzego zo hejuru babegera bagakorana.
Minisitiri w’Intebe wakoreye igikorwa cy’umuganda mu karere ka Rulindo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25/02/2012, yasabye abaturage batuye aka karere kurushaho gutura mu midugudu, bitewe n’uko ariko karere kakiri inyuma ugereranyije n’urugero igihugu kiriho.
Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rw’i Arusha (ICTR), kuri uyu wa Gatanu tariki 24/02/2012 rwafashe icyemezo cyo kohereza urubanza rwa Fulgence Kayishema ushinjwa ibyaha bya Jenoside kuburanishwa n’ubutabera bw’u Rwanda.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusasa n’abanyamabanga nshingwabikorwa babiri b’utugari, birukanywe ku mirimo yabo bashinjwa imicungire mibi y’umutungo wa Leta no gukoresha impapuro mpimbano. Byemejwe n’inama Nyanama y’akarere yateranye kuri uyu wa gatanu tariki 24/02/2012.
Imbwa zariye abana batatu bo mu murenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke, bari bagiye ku ishuri zibakomeretsa mu maso no mu mutwe bahita bamjyanwa mu mu bitaro bya Nemba.
Mu Ihururo ry’Abavuzi Gakondo bo mu Rwanda (AGA Rwanda Network) haravugwa amakimbirane ashingiye ku mpano y’inka esheshatu zahawe Perezida waryo Rekeraho Emmanuel. Yazihawe mu busabane bwo gusoza umwaka no kwishimira ibyo bagezeho mu mwaka wa 2011, bwabereye i Kabere mu Karere ka Nyagatare.