Kuri uyu wa Kane tariki 16/02/2012, Umugaba mukuru w’ingabo za Cote d’Ivoire, General de Division Soumaila Bakayoko, yahuye n’abayobozi bakuru b’u Rwanda baganira ku buryo igihugu cye cyakwigira k’u Rwanda uburyo bwo kubaka iisirikare cy’umwuga no gusubiza ingabo mu buzima busanzwe.
Abaturage bo mu murenge wa Rwaza mu karere ka Musanze bakomeje guterwa impungenge no kurigita ndetse no gutemba kw’imisozi yo muri uwo murenge ikomeje kubabera amayobera.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Buhinde, Preneet Kaur, aravuga ko igihugu cye kizakomeza gukorana n’u Rwanda mu rwego rwo kuzamura ishoramari ryarwo. Yabivuze ubwo Perezida Paul Kagame yamwakiraga mu biro bye kuri uyu wa Kane taliki ya 16/02/2012.
Igorofa y’ubucuruzi y’uwitwa Eulade Hakizimana uzwi ku izina rya “Mironko,” iherereye i Remera ku Gisimenti yari ifashwe n’inkongi y’umuriro ariko ku bw’amahirwe abatabazi bari hafi bahagoboka inkongi itarakomera.
Umuyobozi mukuru w’itorero ry’Abadventisiti b’umunsi wa karindwi ku rwego rw’isi yose, Ted N.C Wilson n’intumwa ayoboye, azasura u Rwanda ku nsuro ya mbere kuva tariki 02/03/2012 mu ruzinduko rw’iminsi ine.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yatangije ku mugaragaro ikoreshwa ry’inyandiko zikubiyemo serivisi zigenerwa abaturage mu bigo bya Leta na za Minisititeri. Izo nyandiko zitezweho kunoza itangwa rya serivisi zigenerwa abaturage no kwihutisha akazi.
Inzu yo mu murenge wa Kibungo mu karere ka Ngoma yafashwe n’inkongi y’umuriro ku gicamunsi cya tariki 15/02/2012 ibyari birimo byose birashya ariko nta muntu wagize icyo aba.
Ba Minisiti b’ububanyi n’amahanga b’u Rwanda n’u Buhinde basinyanye amasezerano atatu ashingiye ku iterambere ry’ibihugu byombi n’imibanire yabyo.
Abaturage batuye akarere ka Ngororero bashimiye Perezida Kagame ko ibyo yababwiye muri 2010 yiyamamaza yabishyize mu bikorwa. Ubwo aheruka muri aka karere mu mwaka wa 2010 yabijeje ko nibamutora azabafasha kugera kwiterambere ryihuse.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga mu gihugu cy’u Buhinde, Preneet Kaur, aragirira uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda kuva kuri uyu wa gatatu tariki 15/05/2012.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Côte d’Ivoire, Gen. Maj. Soumaila Bakayoko, kuva tariki 14/02/2012, ari mu Rwanda n’abandi basirikare 9 ayoboye mu butumwa buzamara iminsi 5 mu bikorwa byo gutsura umubano n’u Rwanda ndetse no kurwigiragiraho mu bice bitandukanye.
Abasore batanu bafungiye kuri polisi ya Remera, bashinjwa gucuruza amakaramu yo mu bwoko bwa BIC y’amiganano. Abashinjwa ntibemera icyaha, bavuga ko batazi gutandukanya amiganano nay’umwimerere kandi ko bafite ibyangombwa baziguriyeho muri Uganda.
Abantu 39 barimo ingabo za FDLR 20 batahutse mu Rwanda tariki 14/02/2012, baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Umugore witwa Mukamusonera Consesa wo mu murenge wa Simbi mu karere ka Huye aherutse kwica mugenzi we witwa Nyirandama Godelive amuziza kumutwarira umugabo. Mukamusonera yakoze aya mahano nyuma yo gusanga umugabo we aryamanye na nyakwigendera.
Akanama k’Inteko Ishingamategeko gashinzwe kugenzura umutungo wa Leta kasohoye raporo isabira abakozi ba Leta bakoresheje nabi imitungo ya Leta kwirukanwa burundu no gukurikiranwa mu nkiko bakayishyura.
Bamwe mu bakozi b’ikigo cy’amashuli yisumbuye Ecole Secondaire de l’Assomption de Birambo bari mu maboko y’abashinzwe umutekano bakekwaho ubwicanyi.
Minisiteri ifite gucyura impunzi mu nshingano (MIDIMAR) iratangaza ko gahunda ya “ngwino urebe” izakuraho amakuru y’ibihuha atangwa na zimwe mu mpunzi zidashaka gutahuka nk’uko umukozi ushinzwe gufasha impunzi gutahuka muri iyo minisiteri, Ndayambaje Placide Bernard, abyemeza.
U Rwanda rurateganya gusaba ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku burezi umuco n’ubuhanga (UNESCO) gushyira zimwe mu nzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi y’1994 mu mitungo y’agaciro icunga.
Urugaga rw’Abaharanira Uburenganzira bwa Muntu, Ligue des Droits de l’Homme (LDH) ruramagana icyemezo cyafashwe na Leta y’Ubufaransa cyo kwirukana umutegarugori w’umunyarwandakazi muri icyo gihugu utwite inda y’impanga y’amezi arindwi.
Bihagarariwe n’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi, tariki 13/02/2012, u Rwanda n’u Burundi byasinye amazeserano yo guhuza imipaka ya Nemba na Gasenyi (one stop border post).
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ibyo abaturage b’umujyi wa Kamembe bavuga ko polisi ituma ubujura bukomeza muri uyu mujyi atari byo.
Umushumba mushya wa Diyosezi ya Ruhengeri, Nyiricyubahiro Musenyeri Vincent Harolimana, tariki 12/02/2012, yatuye igitambo cya Misa bwa mbere kuva yaragizwa iyi diyosezi.
Nyuma y’uko raporo ya Trevidic n’impuguke bari kumwe igaragarije ko ibisasu byarashe indege yari itwaye Perezida Habyarimana byavuye mu birindiro by’ingabo za ex-FAR, bamwe mu Babiligi batangiye kugaragaraza ko byahaye agaciro ingabo 10 zabo zaguye mu Rwanda. Izi ngabo zarimo izari zishinzwe kurinda uwari Minisitiri (…)
Musenyeri Emmanuel Ntazinda, tariki 12/02/2012, yimitswe kuba umushumba mushya w’Itorero EAR Diocese ya Kibungo.
Abanyarwanda bahungiye mu gihugu cya Zambia bageze mu Rwanda, tariki 12/02/2012, baje kwirebera amakuru y’impamo y’ibibera mu Rwanda kugira ngo babone amakuru nyayo azabafasha gufata icyemezo cyo gutahuka ku bushake.
Minisitiri w’Intebe yasabye abayobozi bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke kumenya ko ibiro byabo biri aho abaturage bakorera kugira ngo bamenye uko umuturage bashinzwe abayeho mu buzima bwa buri munsi.
Urubyiruko 40 rwo mu Ntara y’Uburasirazuba rukomoka mu mitwe 10 ya politiki yemewe mu Rwanda ruri mu mahugurwa yo ku rwego rwo hejuru ruzigishwamo kwitegura imirimo ya politiki no kugena politiki nziza iteza igihugu imbere.
Minisitiri w’Intebe yanenze rwiyemezamirimo wubaka ibitaro bya Bushenge kubera ko akomeje gutinza imirimo, akaba yaranarengeje igihe yagombaga kubitangiraho.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 11/02/2012, ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bufatanyije na IBUKA, bashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa urwibutso rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bajugunywe mu byobo by’ahitwaga komini Ruje (commune rouge).
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, yasabiye Dieudonné Irankunda wari umuforomo mu bitaro bya Nyanza, ibihano byo guhagarikwa burundu mu kazi bitewe n’uburiganya yagaragaje, yica ku bushake amategeko agenga umwuga w’ubuganga.