Umugore utuye i Nyanza yakubitiye umugabo we ku gasantere bita “Arete” gaherereye mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye, tariki 17/03/2012, amuziza ko atamufasha guhahira urugo.
Umutwe w’inyeshyamba wo muri Kongo uvuga ko uharanira kubohoza ubutaka bwabo witwa Raia Mtomboko utera ibice birimo impunzi z’abanyrwanda akenshi biba bigenzurwa n’inyeshyamba za FDLR abo ufashe ukabica rubozo; nk’uko bitangazwa na bamwe mu Banyarwanda batahuka.
Abanyamuryango b’umuryango wa RPF-Inkotanyi bo mu karere ka Nyamasheke barishimira intambwe bateye muri uyu mwaka ushize wa 2011, kuko bageze kuri byinshi mu bice bitandukanye.
Umukobwa w’imyaka 20 y’amavuko witwa Uwizeyimana Elysée Nadia akambitse imbere y’inzu y’iwabo n’utwe twose, nyuma yo kwirukanwa na se umubyara. Avuga ko azahava ari uko umubyeyi we amusobanuriye aho yerekeza.
Abanyarwanda bagera ku 158 n’Umunyekongokazi umwe, kuri uyu wa Gatanu tariki 16/03/2012 bambutse umupaka wa Rusizi bava mu mashyamba ya Congo banyuze muri Bukavu y’Amajyepfo.
Uruhinja rw’icyumweru kimwe rwatoraguwe mu musarane w’umukecuru witwa Bonifride Nyiransabimana, utuye mu Mudugudu w’Isangano akagali ka Rugali umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa Kane tariki 15/03/2012.
Perezida wa komisiyo y’igihugu yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare, Sayinzoga Jean, aremeza ko nta mwuga uruta indi. Yabitangarije abamugaye bahoze ari ingabo kuri uyu wa Gatanu, ubwo bahabwaga impamyabushobozi z’amahugurwa bari bamazemo amezi atandatu.
Abayobozi, abakozi n’abakorerabushake ba komisiyo ishinzwe amatora mu Rwanda, tariki 15/3/2012, bakoze umuganda udasanzwe ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Ntarama.
Bimaze kumenyekana ko hari abantu bakorera muri Repubulika Iharanaria Demokarasi ya Kongo bakorana na FDLR bakazana ibiyobyabwenge mu Rwanda; nk’uko byemezwa n’umuyobozi wa polisi mu karere ka Rubavu.
Impanuka y’imodoka zitwara abagenzi za sosiyete Horizon Express na African Tours yahitanye abantu 9 abandi 46 barakomereka bikabije.
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari, arasaba itsinda rizakora inyigo yimbitse ku bagiye kwimurwa mu midugudu yo mu murenge wa Nyabinoni kugira ubushishishozi kubakeneye kwimurwa kugira ngo hatazagira ubigiriramo ikibazo.
Kuva tariki 10/03/2012, Urugo rwa Mukasonga Sada na Kayiranga batuye mu mudugudu wa Mugandamure B mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza rwibasiwe n’inkongi y’umuriro uturuka ahantu hatazwi ugatwika inzu n’ibyo batunze.
Nyuma y’iminsi itatu yitabye Imana, uyu munsi tariki 15/03/2012, Musenyeri Misago Augustin wahoze ari umushumba wa Diyosezi ya Gikongoro yashyinguwe muri Kaderali ya Gingokoro yitiriwe Umuryango Mutagatifu.
Itsinda ry’abanyeshuli biga muri USA Air War College rigizwe n’abakoleneli 10 n’abajyanama 3 b’iryo shuli riri mu Rwanda mu rugendo shuli rugamije kwigira ku Rwanda nk’igihugu gifite amateka akomeye n’uburyo gikoresha cyiyubaka nyuma yo kunyura muri Jenoside.
Umuyobozi w’umutwe w’ingabo zibungabunga amahoro muri Sudani y’Amajyepfo (UNMISS), Gen. Maj. Moses Obi ari kumwe n’umuyobozi w’abakozi muri uwo mutwe, Col. Charles Karamba, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi mu mujyi wa Kigali kuri uyu wa kane tariki 15/03/2012.
Ipimwa ryakozwe ku murambo wa Theophile Munyaneza watoraguwe mu gitondo cya tariki 12/03/2012 ryerekana ko yishwe atiyahuye nk’uko bamwe bari babiketse.
Abaturage bari ku irondo mu murenge wa Rukira mu kagali ka Kibatsi mu ijoro ryo kuwa 13/03/2012 batesheje abatekaga ikiyobyabwenge cya kanyanga bariruka bose barabacika babasha gufata ibikoresho gusa.
Abaturage bo mu mudugudu wa Gikoma akagali ka Batima mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera bataburuye umurambo wa Kayitesi Speciose wari umaze iminsi ushyinguye bakeka ko yazutse nk’uko byari byatangajwe n’umugabo we.
Abasenyewe n’isanwa ry’umuhanda Butansinda-Busoro mu mudugudu wa Busoro mu Kagali ka Masangano mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza baratabaza basaba kurenganurwa.
Kubufatanye n’ishuri mpuzamahanga ryigisha ibijyanye no gucunga amahoteli ryitwa “Les Roches”, mu Rwanda hazubakwa ishuri ryigisha gutanga servisi zinoze, rizaba rifite ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri 1500.
Perezida Paul Kagame asanga iterambere u Rwanda rugezeho mu bukungu ridakwiye kuba inyungu kuri rwo gusa, ahubwo ko rikwiye kubera ibindi bihugu by’Afurika urugero bikabona ko nta kidashoboka.
MTN Rwanda yatanze amafaranga miliyoni 18 yo gufasha mu kuvura Abanyarwanda bagera kuri 300 bafite indwara y’ibibari n’umwingo.
Mwesigwa Moses, umurezi kuri Groupe Scolaire Rugogwe ari mu maboko ya polisi akekwaho gutera inda umwana w’umukobwa w’imyaka 15 wo mu murenge wa Ruhashya, akagari ka Rugogwe mu karere ka Huye.
Umugabo witwa Muvunyi Emmanuel ufite Photo Studio mu karere ka Nyanza aratangaza ko iyo atagira ubuyobozi bw’igihugu yari kubura amafaranga ibihumbi 285 yari agiye kugura mudasobwa n’Umushinwa i Kigali.
Nyakwigendera Musenyeri Misago Augustin azashyingurwa kuri uyu wa kane tariki 15/03/2012 muri Katederali y’Umuryango Mutagatifu ya Gikongoro.
Lt. Col. Idrissa Muradadi, umwe mu bayobozi bakomeye ba FDLR hamwe n’abamurindaga batatu bishyikirije ingabo za ONU zikorera muri Congo tariki 10/03/2012; nk’uko bitangazwa n’umuvugizi w’ingabo za Congo.
Abana babiri b’abahungu bagwiriwe n’inzu mu kagali ka Kamukina, umurenge wa Kimihurura mu karere ka Gasabo (aho bakunda kwita Kimicanga), mu ijoro rishyira tariki 13/03/2012 maze umwe muri bo ahita yitaba Imana ako kanya.
Mu kwezi kwa Munani k’uyu mwaka u Rwanda rurateganya ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire, igikorwa cyaherukaga gukorwa mu myaka icumi ishize.
Mu rwego rwo kubafasha kwivana mu bukene, urubyiruko 51 rukomoka mu miryango yasigajwe inyuma n’amateka mu karere ka Kirehe rwoherejwe kujya kwiga imyuga irimo ubudozi n’amashanyarazi mu rwego rwo kubongerera ubumenyi.
Musenyeri wa Diyoseze ya Gikongoro, Musenyeri Misago Augustin yitabye Imana mu gitondo cy’uyu munsi tariki 12/03/2012 mu biro bye ubwo yari ku kazi kuri Diyoseze ya Gikongoro; nk’uko byemezwa n’umuyobozi w’abepisikopi mu Rwanda, Mbonyintege Smaragde.