Igihugu cy’u Buyapani cyatanze amadolari y’Amerika miliyoni 1.5 yo gushyigikira ibikorwa byo guhangana n’ibibazo biterwa n’ubuhunzi ndetse n’ibiterwa n’ibiza mu Rwanda.
Umutwe Raia Mutomboki wiyemeje kurwanya inyeshyamba za FDLR wishe inyeshyamba 31 za FDLR tariki 01-04/03/2012 mu Ntara y’Amajyepfo ya Kivu mu Karere ka Kalehe; nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwa Amani Leo.
Imodoka itwara imizigo y’ubwoko bwa Daihatsu yakoze impanuka, kuri uyu wa kane tariki 08/03/2012 mu Kintama, Akagari ka Rusagara, umurenge wa Gakenke ku bw’amahirwe ntiyagira umuntu ihitana.
Minisitiri Mukaruriza Monique wifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore yabasabye kwisuzuma bakareba aho bageze biteza imbere.
Uwari uhagarariye Umuryango w’Abibumbye (UN) mu Rwanda, Aurelien Agbenonci, aratangaza ko abona manda ye yarihuse kubera imikoranire myiza yagiranye na Leta y’u Rwanda mu myaka ine ahamaze.
Minisitiri James Musoni arasaba Njyanama z’uturere kurangwa no guhanga udushya mu miyoborere myiza ariko ikiruseho zikarangwa no kuvugira abaturage bazitoye.
Minisitiri w’Ingabo James Kabarebe aratangaza ko umugabo agira imbaraga nyinshi ariko ko hari imbaraga atagira zigirwa n’umugore kuko imirimo umugore yirirwa akora abagabo bake ari bo bayishobora.
Ubwo yasuraga akarere ka Ruhango, tariki 07/03/2012, ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda yashimye ko mu Rwanda hari abaturage bagira uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu.
Umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Jeannette Kagame, arasaba abana b’abakobwa kwigirira icyizere bagatsinda amasomo ya bo neza bakareka kwitinya no guheranwa n’amateka yaranze abana b’abakobwa bari barahejwe mu burezi hakiga abana b’abahungu gusa.
Uganda irateganya guha ubwenegihugu Abanyarwanda baba muri icyo gihugu batujuje ibyangombwa byo kwitwa impunzi cyangwa se badashaka gutaha mu Rwanda; nk’uko byatangajwe n’Ibiro bya minisitiri w’Intebe muri Uganda.
Mu rwego rwo kumenya no gukemura ibibazo by’ihohoterwa bigaragara mu muryango Nyarwanda, Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere yatangije gahunda yise “Akagoroba k’ababyeyi” kagamije guhuriza hamwe ababyeyi bakaganira ku bibazo bahura na byo mu ngo zabo.
Komisiyo y’igihugu y’amatora irasaba abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye na kaminuza gufata iya mbere mu kwimakaza demokarasi n’imiyoborere myiza binyuze mu matora.
Amakimbirane ashingiye ku micungire mibi y’umutungo w’Umuryango uharanira Imibereho myiza y’Umuryango (ARBEF) akomeje gufata indi ntera kuko ibice bibiri birwanira ubuyobozi bikomeje kwitana ba mwana.
Abanyeshuri bagera kuri batandatu bo mu ishuri ryisumbuye rya Don Bosco ry’i Kabarondo bamaze gufatwa n’indwara yayoberanye. Abo banyeshuri bafashwe n’iyo ndwara bagaragaza ibimenyetso bimeze nk’ihungabana bikajyana no kugaragaza imyitwarire idasanzwe.
Uretse gucunga umutekano, ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Darfur zirashimirwa ibindi bikorwa by’iterambere birimo amashuri zimaze kugeza ku baturage batuye mu gace zikoreramo.
U Rwanda nicyo gihugu cya mbere ku isi abagore bakoramo politiki nta mbogamizi zishingiye ku gitsina bakorewe.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasoje umwiherero wa 9 w’abayobozi bakuru b’igihugu waberaga i Gako mu karere ka Bugesera abasaba kumenya inshingano zabo kugira ngo babashe kwesa imihigo.
Ubwo hasozwaga umwiherero wa 9 w’abayobozi bakuru b’igihugu tariki 06/03/2012, abaminisitiri ndetse n’abahagarariye u Rwanda mu bihugu by’amahanga basinye amasezerano y’imihigo na Perezida wa Repubulika y’ibyo bazageraho bitarenze umwaka wa 2012.
Umunyarwandakazi Akamanzi Clare ushinzwe ibikorwa mu kigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) yahawe igihembo nk’umwe mu bayobozi bakiri bato bagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa mu guhindura isi (Young Global Leaders).
Imodoka y’ikamyo ntoya ifite numero RAB 226 I yahirimye nta kiyigushije kigaragara ahitwa kuri station ya AVEGA muri Rwamagana igwira umuntu ahita ajyanwa ku bitaro bya Rwamagana.
Ibiganiro byo ku munsi wa gatatu w’umwiherero uhuriwemo n’abayobozi bakuru b’igihugu ubera mu karere ka Bugesera byibanze ku guhanga umurimomu Rwanda. Abayobozi basanze hacyenewe nibura guhangwa imirimo ibihumbi 200 buri mwaka, kongera ubumenyi n’ingufu z’amashanyarazi kugira ngo ishoramari ryiyongere.
Umwana w’imyaka 13 y’amavuko witwa Mbarushubukeye Claude ubu aba mu muhanda nyuma yo kwirukanwa mu rugo n’umugabo witwa Nyandwi winjiye nyina.
Umugabo witwa Ntamabyariro Damascene w’imyaka 58 wo mu kagari ka Nyarwungo ko murenge wa Nkomane yaguye mu mugezi wa Ngororero mu ijoro rishyira tariki 05/03/2012 ahita ashiramo umwuka.
Ku munsi wa kabiri w’umwiherero w’abayobozi bakuru b’igihugu ubera i Gako mu karere ka Bugesera, abawuteraniyemo bunguranye ibitekerezo ku ivugururwa z’intego y’icyerekezo 2020, gutanga serivise mu kazi no kuvugurura ubuhinzi.
Abasilikare bari mu rwego rw’aba-officier baturutse mu bihugu by’umuryango w’Afurika y’iburasirazuba (EAC) bateraniye mu kigo cya gisirikare cy’i Nyakinama (Rwanda Military Academy) mu karere ka Musanze mu mahugurwa ku mategeko mpuzamahanga agenga umwuga wa gisirikare ndetse n’imyifatire awugenga.
Urukiko rw’ikirenga rwasubitse isomwa ry’ibyemezo rwafashe ku bujurire bwa Bernard Ntangada wari wajuririye igifungo cy’imyaka ine n’ihazabu y’amafaranga 100 000 yakatiwe. Isomwa ry’imyanzuro kuri uru rubanza ryimuriwe tariki 20/04/2012.
Abayobozi bakuru b’igihugu bari mu mwiherero mu karere ka Bugesera mu murenge wa Gashora baraganira ku kwihutisha iterambere, kongera iterambere ry’umuturage hamwe no gutanga serivice nziza no gukoresha igihe neza.
Kubera ubuzima bubi babayemo bwo mu mashyamba, impunzi z’Abanyarwanda akenshi zirira ibyo zibonye hafi aho ubundi bitamenyerewe kuribwa haba iyo muri Kongo cyangwa hano mu Rwanda.
Kamanyana Yvonne yagonzwe n’imodoka yari imutwaye, tariki 01/03/2012, nyuma y’impaka z’amafaranga ijana convoyeur (kigingi) yamwishyuzaga maze akayamwima. Kamanyana yagonzwe mu ma saa moya z’umugoroba avuye Nyabugogo atashye Bishenyi mu karere ka Kamonyi.
Mu rwego rwo gufasha urubyiruko kwiyubakamo ubushake bwo gufasha abari mu bibazo ndetse no kurufasha kongera kwibaza ku mahano ya Jenoside yabereye mu Rwanda, umuryango Never Again Rwanda wateguye amarushanwa yo kuvugira mu ruhame (public speaking competition) ku nsanganyamatsiko igira iti “ubutwari bw’abasivili mu gihe (…)