Polisi yo mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo iratangaza ko amahugurwa abapolisi bayo bazakurikirana mu gihe cy’amezi atatu mu Rwanda azatuma barwigiraho byinshi.
U Rwanda nicyo gihugu cyonyine kandi gishya mu muryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), kigerageza gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta, nk’uko byatangarijwe mu nama ihuje abakuru ba komisiyo zishinzwe kugenzura umutungo wa Leta (PAC) yatangiye i Kigali tariki 27/02/2012.
Imibiri 25000 yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside rwuzuye iruhande rwa Paruwasi Gaturika ya Cyanika mu karere ka Nyamagabe aho izo nzirakarengane ziciwe muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Minisitiri w’Intebe yatanze inkunga ku miryango ibiri yo mu murenge wa Kinzuzi, akarere ka Rulindo, mbere yo kwifatanya n’abahatuye mu gikorwa cy’umuganda ngaruka kwezi wabaye tariki 25/02/2012.
Muri kaminuza Gatorika y’u Rwanda iri mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara, hatangijwe ku mugaragaro umuryango w’abanyeshuri bacitse ku icumu rya Jenoside yo muri mata 1994 (AERG/IJABO).
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, yihanangirije abayobozi bo mu Ntara y’Amajyepfo ko Guverinoma y’u Rwanda itazihanangira na gato abayobozi bahutaza abaturage. Yabibukije ko bashyizweho kugira ngo bafashe abaturage gutera imbere aho kubagirira nabi.
Abasenateri 13 n’abadepite 2 ndetse n’abayobozi b’akarere ka Nyamagabe bafatanyije n’abaturage bo mu murenge wa Cyanika gutegura ahazashyingurwa imibiri y’abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Uhagarariye Somalia mu Rwanda yatangaje ko yiteguye gukora igishoboka cyose kugira ngo afashe urubyiruko rw’u Rwanda kugeza ku Banyasomaliya inkunga rwabageneye.
Mu rukerera rwo kuwa gatandatu tariki 25/02/2012 imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace ifite nimero RAC 754 A yajyaga Kigali yakoreye impanuka mu karere ka Musanze ahitwa kuri Koncaseri ikomeretsa abantu 3 bari bayirimo inangiza inzu.
Kubera ko akunda Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, umubyeyi witwa Mpinganzima Zayinabu utuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yabyaye umwana w’umuhungu amwita Paul Kagame.
Minisitiri muri Perezidanse ushinzwe itumanaho n’ikoranabuhanga, Ignace Gatare, yifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Musanze mu muganda ngaruka kwezi bawusoza bungurana ibitekerezo. Abaturage bishimiye ko n’abayobozi bo mu nzego zo hejuru babegera bagakorana.
Minisitiri w’Intebe wakoreye igikorwa cy’umuganda mu karere ka Rulindo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25/02/2012, yasabye abaturage batuye aka karere kurushaho gutura mu midugudu, bitewe n’uko ariko karere kakiri inyuma ugereranyije n’urugero igihugu kiriho.
Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rw’i Arusha (ICTR), kuri uyu wa Gatanu tariki 24/02/2012 rwafashe icyemezo cyo kohereza urubanza rwa Fulgence Kayishema ushinjwa ibyaha bya Jenoside kuburanishwa n’ubutabera bw’u Rwanda.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusasa n’abanyamabanga nshingwabikorwa babiri b’utugari, birukanywe ku mirimo yabo bashinjwa imicungire mibi y’umutungo wa Leta no gukoresha impapuro mpimbano. Byemejwe n’inama Nyanama y’akarere yateranye kuri uyu wa gatanu tariki 24/02/2012.
Imbwa zariye abana batatu bo mu murenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke, bari bagiye ku ishuri zibakomeretsa mu maso no mu mutwe bahita bamjyanwa mu mu bitaro bya Nemba.
Mu Ihururo ry’Abavuzi Gakondo bo mu Rwanda (AGA Rwanda Network) haravugwa amakimbirane ashingiye ku mpano y’inka esheshatu zahawe Perezida waryo Rekeraho Emmanuel. Yazihawe mu busabane bwo gusoza umwaka no kwishimira ibyo bagezeho mu mwaka wa 2011, bwabereye i Kabere mu Karere ka Nyagatare.
Polisi y’u Rwanda n’iya Tanzania byiteguye gukomeza ubufatanye mu guhererekanya amahugurwa, nk’uko byaganiriweho na Minisitiri w’Imbere mu gihugu wa Tanzania, Shamsi Nahodha wari wasuye umukuru wa Polisi y’u Rwanda, Emmanuel K. Gasana, kuri uyu wa Gatanu tariki 24/02/2012.
Ndayishimiye Onesphore wabonye amanota ya mbere mu bizamini bisoza amashuri yisumbuye mu Rwanda, atangaza ko iyo ntsinzi ayikesha gusenga, kubaha ababyeyi ndetse no gukoresha neza igihe cye.
Minisitiri w’Urubyiruko Nsengimana Philibert arasaba urubyiruko rwo mu karere ka Karongi kwitoza umuco wo gukunda akazi kuko ari wo musingi w’iterambere rirambye.
Abayobozi bakuru muri Guverinoma n’abo mu muryango wa Nyakwigendera Tharcisse Shamakokera bamusezeyeho mu cyubahiro, mu gikorwa cyabaye kuri uyu wa gatanu tariki 24/02/2012 mu nzu Inteko Ishingamategeko ikoreramo.
Mu gihe imihigo y’umwaka 2011-2012 isigaje amezi ane ngo igaragarizwe abayobozi, akarere ka Rulindo karerekana ko kamaze kwesa 70% by’imihigo yose kahize uko ari 44.
Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Karongi aratangaza ko gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenocide bitagomba gutegereza igihe cy’icyunamo gusa.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo bwashyizeho « ikayi y’imihigo » izajya yifashishwa mu guhiga no guhigura imihigo iganisha ingo ku iterambere zo muri iyo ntara ku iterambere.
Umusore witwa Nsengimana John yananiwe kubana n’abantu abitewe n’imico yatojwe n’inyamanswa z’ishyamba zamureze kuva akiri uruhinja kugeza akuze nyuma yo kujugunywa n’ababyeyi bamwibarutse.
Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Rwamagana yateranye tariki 22/02/2012 yongeye kwemeza ibihano yari yahaye abakozi 5 b’ako Karere bazira kurangara mu irushanwa ry’Imiyoborere myiza bigatuma akarere ka Rwamagana kakaba aka nyuma mu gihugu cyose gahawe amanota 0%.
Imishinga ya Leta n’iy’abikorera ifitiye abaturage akamaro ikorera mu nzego z’ibanze iramutse ihurijwe hamwe yatanga umusaruro wisumbuyeho; nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB), Prof. Anastase Shyaka.
Abasore batanu bashinjwa ubujura bwa mudasobwa zo mu biro (desktops) 16 n’ibikoresho byazo bibye ku kigo cy’amashuri cya La Colombiere mu ijoro ryo kuwa kabiri tariki 21/02/2012 bafungiye kuri station ya polisi i Remera mu mujyi wa Kigali.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, atangaza ko u Rwanda nta gahunda rufite yo guhamagaza Ambasaderi warwo mu Bufaransa. Yanavuze ko kuba u Rwanda rwaranze uwari gusimbura Ambasaderi y’u Bufaransa mu Rwanda ari uburenganzira bwa rwo kuko amategeko agenga ububanyi n’amahanga abyemera.
Mu kiganiro Perezida Kagame yatangiye mu nama yateguwe n’umuryango mpuzamahanga wita ku buhinzi (IFAD) ibera i Rome mu Butariyani yagaragaje ko gufasha abahinzi bato kuzamura ibikorwa byabo no kwita ku mihindagurikire y’ikirere bigira uruhare mu kuzamura ubukungu bw’igihugu.
Depite Tharcisse Shamakokera wari uhagarariye umuryango FPR-Inkotanyi mu nteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite yitabye Imana kuri uyu wa gatatu tariki 22/02/2012 mu bitaro byitiriwe umwami Fayisari.