Abapolisi n’abasirikare bakuru 46, tariki 02/04/2012 batangiye amahugurwa y’iminsi itanu ku buryo bwo bugezweho bwo kurushaho gucunga umutekano ku kibuga cy’indege.
Imodoka itwara imizigo yo mu bwoko bwa Fuso yakoze impanuka tariki 31/03/2012 mu masaha ya saa mbiri z’umugoroba, ku bw’amahirwe nta muntu yahitanye uretse abantu bane bakomeretse bikomeye. Iyo mpanuka yabereye mu mudugudu wa Burego, akagari ka Buranga, umurenge wa Nemba mu karere ka Gakenke.
Inyeshyamba 5 za FDLR n’umusirikare umwe w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (FARDC) baguye mu mirwano yabahuje ku cyumweru tariki 01/04/2012 ku muhanda wa Nyaruhange – Birwa mu Karere ka Rutshuru.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari, yatangaje ko umunsi yabuze agaciro ku mwanya w’ubuyobozi azegura agasubiza imfunguzo z’ibiro bye. Ibi yabitangaje tariki 02/04/2012 ubwo yatangizaga amahugurwa y’iminsi 3 ateraniyemo abakuru b’imidugudu 420 igize akarere ka Nyanza.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 02/04/2012 ahitwa ku Kinamba mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, imodoka yo mu bwoko bw’ivatiri yafashwe n’inkongi y’umuriro ubwo yari irimo gukorwa n’abatekinisiye, irashya irakongoka.
Perezida Kagame ari mu gihugu cya Macedoniya aho yagiye mu nama ya Komisiyo Mpuzamahanga y’Umuyoboro Mugari (broadband commission) ahuriyemo n’umuherwe wa mbere ku isi, Umunya-Mexique, Carlos Slim.
Amafaranga milliyoni 800 niyo ateganyijwe gukoreshwa mu gukwirakwiza amashanyarazi hirya no hino mu karere ka Rutsiro; nk’uko byatangarijwe mu nama yahuje ubuyobozi bw’ako karere n’Abanyarutsiro ariko badatuye muri ako karere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara burashishikariza abagakomokamo batuye i Kigali kugafasha kugera ku iterambere. Tariki 01/04/2012, umuyobozi wungirije w’akarere ka Gisagara ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwingabire Donathila, yahuye n’Abanyagisagara batuye i Kigali baganira ku cyateza imbere ako karere.
Ubwo hakorwaga ibikorwa bya VUP mu murenge wa Kivumu akarere ka Rutsiro, tariki 31/03/2012, habonetse umubiri w’umwe mu bazize Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Ubuyobozi bwo mu kagari ka Kibogora ko umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke burasaba abaturage bako guha igihe cyo kwibuka abazize Jenoside yakoreye Abatutsi muri mata 1994 agaciro gikwiye.
Gashab Tshala w’imyaka 33 y’amavuko afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rusororo mu karere ka Gasabo kuva tariki ya 28/03/2012 azira kugerageza kubikuza cheque ya miliyoni 8.5 ku ishami rya Banki y’Abaturage ya Kagugu mu murenge wa Gisozi.
Umukecuru witwa Nyiraherezo Daphrose mwene Rwabagabo na Nyirambungira yakubiswe n’inkuba mu mugoroba wa tariki 29/03/2012 ahita yitaba Imana.
Umuyobozi w’akarere ka Burera aratangaza ko umuyobozi wo muri ako karere uzagaragaraho kurya ruswa azakurwa ku kazi yakoraga kandi abihanirwe n’amategeko.
Minisitiri w’Ubutabera arasaba abayobozi kugira uruhare mu gufasha abagororwa gukemura ibibazo imiryango baba barasize hanze ihura nabyo. Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, mu gikorwa cyo gusoza icyumweru cyahariwe ubufasha mu by’amategeko cyatangiye.
Imvura nyinshi yaguye kuri uyu wa Gatanu tariki 30/3/2012, ahagana mu ma Saa kumi z’umugoroba, irimo umuyaga mwinshi, yagwishije amazu menshi mu kagari ka Gihinga, amwe muri yo agwira abantu batanu barakomereka.
Bamwe mu basigajwinyumanamateka bo mu karere ka Muhanga barasaba ubuyobozi bw’aka karere kujya bubagezaho zimwe mu nkunga leta zigenerwa abatishoboye, kuko babona zitabageraho nk’uko abandi batishoboye zibagezwaho.
Abahanzi barasabwa kugira uruhare mu gushaka icyabateza imbere Leta nayo ikaza ibunganira aho gutegereza ko ariyo izabibakorera. Minisitiri w’Urubyiruko na Siporo yabitangaje kuri uyu wa Gatanu, ubwo yatangizaga ihuriro rigamije guteza imbere abahanzi n’ibihangano byabo.
Kompanyi ya Airtel icuruza umurongo wa telefoni zigendanwa, itegerejweho gufasha u Rwanda kugera kuri miliyoni umunani z’abakoresha telefoni zigendanwa mu 2016, biri muri gahunda yo kongera ubukungu hifashishijwe itumanaho.
Ibisasu bibiri byaturikiye mu mujyi wa Kigali mu mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 30/03/2012 mu ma saa moya z’ijoro. Igisasu kimwe cyaturikiye mu mujyi rwagati hafi y’isoko rya Nyarugenge, ikindi giturikira i Nyarutarama; nk’uko bitangazwa n’umuvugizi wa Polisi.
Birashoboka ko umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Niyotwagira Francois, yeguye kubera ibibazo by’amasambu y’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania muri 2007 ndetse n’isambu yari afite ahahawe ishuri rikuru riri mu mujyi wa Ngoma (INATEK).
Inama njyanama y’akarere ka Ngoma yateranye uyu munsi tariki 30/03/2012 yemeye ibyo umuyobozi w’ako karere, Niyotwagira Francois, yanditse asaba kwegura ku mirimo ye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Huye burateganya ko abaturage batuye ako karere bagomba kuba batuye ku midugudu bitarenze muri Nzeri 2013; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu mu karere ka Huye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera buratangaza ko bwafashe ingamba ku buryo umuyobozi uzagaragaraho gutanga serivisi mbi abamugana azajya abihanirwa mu rwego rwo kwimakaza umuco wo gutanga serivisi nziza.
Komite Nyobozi na Njyanama z’uturere twose tugize Intara y’Amajyepfo zahawe amahugurwa ku kurwanya umunaniro w’akazi bakora umunsi ku wundi kugira ngo biminjiremo agafu barusheho gukora cyane birinda kugira umunaniro urwitwazo ngo bitume batuzuza neza inshingano zabo.
Abacitse ku icumu bo mu kagari ka Gitarama mu murenge wa Bwishyura, akarere ka Karongi, baratangaza ko bumva baruhutse nyuma yo gushyingura mu cyubahiro ababo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu muhango wo gusezera ku muyobozi wungirije wa banki y’isi, Dr. Obiageli Ezekwesili, Perezida Kagame yatangaje ko uwo muyobozi ari umuntu ukomeye wagize uruhare mu kuzamura umugabane w’Afurika n’u Rwanda by’umwihariko.
Abinyujije mu muryango yashinze witwa Clinton Foundation, uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Bill Cliton, agiye gutangiza umushinga w’uruganda rutunganya soya mu ntara y’Uburasirazuba mu Rwanda.
Abanyeshuri biga mu kiciro cya gatatu cya kaminuza mu ishami ry’ubucuruzi muri Massachusetts Institute of Science and Technology (MIT) muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika baje mu Rwanda kureba ibikorwa by’indashyikirwa u Rwanda rumaze kugeraho mu gihe gito.
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Dr Jim Yong Kim watanzweho umukandida ku buyobozi bwa Banki y’isi ku ruhare banki y’isi igira mu kugabanya ubukene no kongera ubukungu bw’isi harebewa uburyo bimwe mu bihugu bicyennye byarushaho gutera imbere.
Itorero rya Eglise Méthodiste Libre au Rwanda (EMLR) rirarega abaturage barituriye ko bakomeje kurirengera kuko bagenda bubaka basesera mu isambu yaryo iherereye mu kagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo, ahanubatsemo ikigo nderabuzima cya Kibogora.