Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Dr Jim Yong Kim watanzweho umukandida ku buyobozi bwa Banki y’isi ku ruhare banki y’isi igira mu kugabanya ubukene no kongera ubukungu bw’isi harebewa uburyo bimwe mu bihugu bicyennye byarushaho gutera imbere.
Itorero rya Eglise Méthodiste Libre au Rwanda (EMLR) rirarega abaturage barituriye ko bakomeje kurirengera kuko bagenda bubaka basesera mu isambu yaryo iherereye mu kagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo, ahanubatsemo ikigo nderabuzima cya Kibogora.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Rav 4 yakoze impanuka mu buryo butunguranye mu gitondo (7h45) cy’uyu munsi tariki 28/03/2012 hafi ya KBC mu mujyi wa Kigali ariko nta muntu wagize icyo aba.Uwari uyitwaye, umugore n’umwana w’umwaka umwe bari kumwe bose ni bazima.
Inyeshyamba za FDLR zishe abasirikare batatu ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo n’umusivile umwe mu gico zateze mu gace ka Buganza mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru tariki 25/03/2012.
Abanyarwanda bagera kuri 167 batahutse bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bakirirwa mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi tariki 27/03/2012.
Perezida Kagame aritabira umuhango wo gusezera ku wahoze ari umuyobozi wungirije wa banki y’isi, Dr. Obiageli Ezekwesili, no kumushimira uruhare yagize mu iterambere ry’umugabane w’Afurika n’u Rwanda by’umwihariko. Uwo muhango uraba uyu munsi tariki 28/03/2012.
Umupaka wa Malaba uhuza Kenya na Uganda wafunzwe mu gihe cy’amasaha abiri, tariki 25/03/2012, kubera abashoferi b’amakamyo bigarangambije basaba ko umushoferi mugenzi wabo w’Umunyarwanda, Augustin Mutsinzi, wari wafunzwe arengana.
Umuyobozi w’umujyi wa Muhanga Yvonne Mutakwasuku na Chris Cairns, intumwa y’umujyi wa Chattanoga wo muri Leta ya Tennesse muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, batangaje ko umubano w’iyo mijyi yombi izateza imbere abayituye kuko hari byinshi ihuriyeho.
Amabati 114 yari agenewe kubakira abatishoboye batuye mu murenge wa Kibirizi mu karere ka Nyanza yaburiwe irengero.
Umusaza Sentore Athanase yashyinguwe kuwa mbere tariki 26/03/2012 mu irimbi ry’i Rusororo nyuma y’imihango yo kumusezeraho yabereye mu kiriziya ya Paruwasi Regina Pacis i Remera mu mujyi wa Kigali.
Ibintu nibigenda neza nk’uko biteganyijwe, mu kwezi kwa Kanama uyu mwaka imirimo yo kubaka igice cya mbere cy’ibyuma bizavoma gaz methane mu kiyaga cya Kivu izaba yarangiye.
Nyuma yo kwagura inyubako z’ibiro by’akarere, abayobozi b’akarere ka Ngororero bakomereje iyo gahunda mu mirenge ndetse n’utugari ikazagera no mu midugudu. Ubuyobozi bw’ako karere buvuga ko gukorera ahantu hadasukuye abantu batabona ubwinyagamburiro bitazongera.
Abayobozi ku rwego rw’intara y’Uburasirazuba n’akarere ka Kayonza bifatanyije n’abaturage bo mu murenge wa Ruramira mu karere ka Kayonza, tariki 24/03/2012, mu gikorwa cy’umuganda wo gusana amazu y’abasenyewe n’imvura ivanze n’umuyaga.
Umunyeshuri witwa Musabyemariya Diane w’imyaka 19 y’amavuko wigaga ku ishuri ryisumbuye ry’indangaburezi yatawe muri yombi tariki 22/03/2012 yibye ibikoresho bya bagenzi be babana mu macumbi.
Nyakwigendera Sentore Athanase, se wa Masamba Intore, arashyingurwa kuri uyu wa mbere tariki 26/03/2012. Imihango yo kumusezeraho iratangira saa sita z’amanywa.
Umyobozi wa Polisi y’igihugu, Emmanuel K. Gasana, ari mu bayobozi bahagarariye polisi z’ibihugu byabo muri aka karere, bakiriye neza igitekerezo cyo gushyiraho Ikigo cy’ikitegererezo muri Afurika y’iburasirazuba gishinzwe gukusanya ibimenyetso by’ahabereye icyaha.
Kuringaniza imbyaro ni umwe mu miti yafasha Abanyarwanda kwikura mu bibazo by’urusobe, nk’unko babitangarijwe na Depite Christine Mukarubuga wari witabiriye Inteko Rusange ya gatatu y’abanyamuryango ba FPR Inkoranyi i Karongi, yateranye kuri uyu wa Gatandatu.
Charles Mpayimana umuhungu uvuka mu muryango w’abana barindwi yahisemo gufatanya na nyina mu gushaka ibitunga umutango, nyuma y’uko se ubabyara yitabye imana bagasigarana na nyine gusa.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi ku rwego rwo hejuru mu Ntara y’Iburengerazuba baratangaza ko iyo ikipe ifite ibigwi byo gutsinda nta mpamvu yo kuyisimbuza indi. Ibi babivugiye mu Nteko Rusange ya 3 y’umuryango mu Ntara y’Iburengerazuba kuri uyu wa gatandatu tariki 24/03/2012 mu murenge wa Rubengera, akarere ka Karongi.
Nyiricyubahiro Harolimana Vincent, umushumba mushya wa Diyosezi ya Ruhengeri, yimitswe kuri uwo mwanya kuri uyu wa gatandatu tariki 24/03/2012. Imihango yo kwimikwa yabereye mu gitambo cya misa cyaturiwe kuri stade Ubworoherane y’akarere ka Musanze.
Umugabo witwa Ntakirutimana Charles utuye mu mudugudu wa Gatare mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yahuye n’abagizi ba nabi mu nzira baramuhondagura bamusiga ari intere barangije bamwambura n’ibye byose yari afite ubwo yari atashye iwe mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu tariki 23/3/2012.
Umusore witwa Twagirumuhire ukomoka mu kagari ka Nyagahinga, umurenge wa Cyanika mu karere ka Burera ari mu bitaro bya Ruhengeri nyuma yo kugongwa n’imodoka ku kaguru k’ibumoso kakavunika mo kabiri.
Hakizimana Celestin, umusore w’imyaka 26 utuye mu mudugudu wa Koma, akagari ka Musamo, umurenge wa Ruhango mu akarere ka Ruhango yamenetse ijisho anakomereka mu mutwe ubwo yarwaniraga igare na Habakurama Ameire tariki 22/03/2012.
Umugandekazi w’imyaka 16 witwa Namuronda Ronah wari waratorokanywe n’umusore w’Umunyarwanda yashyikirijwe umubyeyi we. Imihango yo guhererekanya uyu mwana yabereye ku mupaka wa Buziba tariki 23/03/2012.
Nyuma yo kubuzwa kujyana abana muri Kongo kubera impamvu z’umutekano, abagore bakorera ubucuruzi i Goma basigaye bafata abana babo bakabareresha abandi bana bakabishyura ku munsi bakagaruka kubatora bavuye mu kazi.
Abaturage bo mu mujyi wa Gisenyi, akarere ka Rubavu barinubira imikorere y’Inkeragutabara na Local Defense kuko babahohotera bakanabasahura aho kubatabara.
Mu cyumweru gishize, abayobozi b’u Rwanda birukanye komisiyo yari iturutse mu gihugu cy’u Bufaransa izanwe no gukora iperereza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Umuntu wishwe n’igisasu cyaturikiye mu mujyi wa Musanze mu ma saa moya y’ijoro ryakeye ashobora kuba ari we wagiteye; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Musanze, Mpembyemungu Winifrida.
Inteko Ishinga amategeko yatangije radiyo yayo yitwa “Radiyo Inteko” izajya yumvikanira ku murongo wa 101.5 FM. Imihango yo kuyitangiza yabaye kuri uyu wa gatanu tariki 23/03/2012 mu ngoro y’inteko ishinga amategeko ari na ho iyo radio izakorera.
Kuri uyu wa kane tariki 22/03/2012 abasirikare bakuru bagera kuri 28 baturutse mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) bashoje amahugurwa yigaga ibijyanye n’amategeko ya gisikare ku makimbirane n’imyitwarire igenga umurimo wa Gisirikare.