Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. James Kabarebe na Minisitiri w’Ingabo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Alexandre Luba Tambo, basinye amasezerano y’ubufatanye mu kugarura umutekano muri Kongo.
Uyu munsi tariki 13/05/2012, Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, ashyikirizwa impamyabumenyi y’ikirenga yagenewe na kaminuza ya William Penn yo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Umuhanda uhuza umurenge wa Mwogo n’uwa Nyamata kubera ko igishanga unyuramo cyarengewe n’umwuzure, mu rwego rwo gukumira impanuka z’amazi zatwara ubuzima bw’abaturage bambukira muri uwo muhanda.
Minisitiri w’Umutungo Kamere (MINIRENA), Stanislas Kamanzi, aratangaza ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bukigaragaramo akajagari mu mikorere yabwo, aho hari abakitwikira ijoro bikabaviramo no kuhasiga ubuzima.
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Nkamira ziratangaza ko zishimiye uko zakiriwe na Leta y’u Rwanda, ariko zigasaba Leta y’u Rwanda gukomeza kuzikemurira ibibazo byinshi zifite.
Ubuyobozi bwa Polisi iri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye i Darfur (UNAMIS) burashima ibikorwa by’abapolisi b’u Rwanda bari muri Sudani, bukanasaba ko bishobotse umubare wabo wakongerwa.
Abagabo bakoraga akazi k’ubwubatsi ku nzu y’ubucuruzi mu gasanteri ka Nkambi mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Kamonyi bagwiriwe n’iyo nzu bubakaga, ku gicamunsi cya tariki 10/5/2012, umwe witwa Hagenimana Gaspard ahita yitaba Imana.
Ikamyo yo muri Uganda ifite purake UAG 320T yakoreye impanuka mu murenge wa Mukamira, akagari ka Rubaya hafi y’ahubatse ibiro by’akarere ka Nyabihu mu masaha ya saa yine z’ijoro tariki 10/05/2012 ariko nta muntu yahitanye.
Abantu 5 barimo abana 3 n’abagore 2 bamaze guhitanwa n’inkangu zabagwiriye ndetse amazu agera ku 100 amaze gusenyuka kubera imvura nyinshi yaguye mu karere ka Nyabihu mu ijoro rishyira tariki 10/05/2012.
Ishami rya Polisi rifasha abagore n’abana bahuye n’ikibazo cyo gufatwa ku ngufu “Isange One Stop Center” ryahesheje u Rwanda igihembo cy’Umuryango w’Abibumbye cy’umwaka wa 2012 cyitwa United Nations Public Award kubera intambwe u Rwanda rwateye mu guhashya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Geradine Mukakabego yongeye kubonana n’abana be babiri yari amaze amezi agera kuri atatu yarasize mu gihugu cya Zambia. Ubwo yazaga kureba uko mu Rwanda hameze, yafashe icyemezo cyo kudasubirayo ahubwo asaba ko bazamuzanira abo bana yari yarasizeyo.
Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, biteganyijwe ko azasura ingomero z’amashanyarazi zo mu turere twa Gakenke na Musanze kuwa gatanu tariki 11/05/2012.
Mu rubyiruko ruba rufite imico itari myiza rujyanwa Iwawa kugororwa no kwigishwa imyunga, 95% bagaruka mu murongo; nk’uko byemezwa n’umuhuzabikorwa w’ikigo cya Iwawa, Niyongabo Nicolas.
Mukagatare Dative w’imyaka 45 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Nyabihanga, akagari ka Nyamagana, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, amaze umwaka n’igice acumbikiwe n’umuturanyi we Evelyn Mukakabaga nyuma yaho inzu ye imusenyukiyeho mu kwezi kwa 02/2011.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, asanga abayobozi b’ibihugu bya Afurika bakwiye gufasha abaturage bayobora kwiyungura mu bumenyi, kuko aribo mutungo wa mbere uyu mugabane ufite.
Rumwe mu rubyiruko rwahawe amahugurwa ku kurinda amakimbirane no kwiteza imbere binyuze mu mushinga USAID/IREX Youth for Change, rwemeza ko muri rusange ruhangayikishwa n’icyo gukora kurusha ibibatanya.
Minisitiri ushinzwe impunzi, Gatsinzi Marcel, arasaba abakurikiranira hafi impunzi z’Abanyekongo zo mu nkambi ya Kiziba guhaguruka bagahashya bivuye inyuma ihohoterwa rishingiye ku gitsina rikomeje kuvugwa muri iyo nkambi.
Abanyeshuli 10 b’abakobwa biga mu ishuli ryisumbuye rya Kamasha riri mu murenge wa Kageyo mu karere ka Ngorororero barimo kuvurirwa mu bitaro bya Muhororo kuva tariki 06/05/2012 kubera ihungabana batewe no gukubitwa k’umwe muri bo.
Nsengumukiza Theogene w’imyaka 25 y’amavuko, kuwa kabiri tariki 08/05/2012, yahawe ku mugaragaro miliyoni ye y’amafaranga y’u Rwanda yatsindiye muri tombola.
Abagize inteko ishinga amategeko n’abaganga baturutse mu gihugu cya Haiti bari mu ruzinduko rw’iminsi itanu mu Rwanda, bashimye imikorere ya Polisi y’u Rwanda mu bikorwa byo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (GBV).
Minisitiri ufite impunzi mu nshingano ze, Gatsinzi Marcel, kuwa kabili tariki 08/05/2012, yakinguye ku mugaragaro ubwiherero 14 bwa kijyambere bwubakiwe impunzi z’Ababanyekongo ziba mu nkambi ya Kiziba iri mu karere ka Karongi, Intara y’Uburengerazuba.
Mu gitondo cya tariki 08/05/2012 impunzi 2816 z’Abanyekongo zituye mu gace ka Kibumba zahungiye mu Rwanda zinyuze ku mupaka muto wa Gasizi mu karere ka Rubavu ariko mu masaha ya saa cyenda zitangira gusubira iwabo.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ni umwe mu bayobozi bakuru 700 bazitabira ihuriro rya 22 rizaganira ku bukungu bw’isi muri Afurika, rizateranira i Addis Abeba muri Ethiopia, guhera tariki 09 kugeza 11/05/2012.
Imishinga n’ibikorwa bikorerwa mu magereza yo mu Rwanda, byagize inyungu ingana na miliyoni zirenga 356 z’amafaranga y’u Rwanda, nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’ikigo gishinzwe Amagereza mu Rwanda (RCS), Paul Rwarakabije.
Imodoka ya kompanyi “GAGAA” itwara abagenzi yavaga i Burundi yerekeza muri Uganda, yishe umwana w’umukobwa imugonze, mu mpanuka yabereye mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango.
Imitungo y’abatuye ahazubakwa Ikibuga cy’ndege Mpuzamahanga cya Bugesera igiye kubarurwa, ariko ubuyobozi bugasaba amasosiyete yatsindiye iryo soko kuzirinda amarangautima mu gihe cyo kubarura imitungo y’abaturage.
Minisitiri ufite impunzi mu nshingano ze, Gatsinzi Marcel, ateganya gasura inkambi ya Kiziba iri mu karere ka Karongi, intara y’uburengerazuba kuri uyu wa kabiri tariki 08/05/2012.
Ikamyo bw’ubwoko bwa Fuso yagonze inzu y’ubucuruzi iri muri gasentere ka Gakenke mu karere ka Gakenke mu ijoro rishyira ku cyumweru tariki 06/05/2012 inzu isenyuka imbere.
Mu gitondo cya tariki 07/05/2012 mu mujyi wa Nyanza humvikaniye induru nyinshi zikomeye nyuma y’uko umushumba waje agemuye amata muri uwo mujyi atsindiye miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda muri tombola yiswe New Gaming Africa.
Ishuri rya Gisirikare ryo muri Nigeria riri mu Rwanda mu gihe cy’icyumweru, mu rwego rwo kwigira ku bunararibonye bw’igisirikare cy’u Rwanda, mu bikorwa byarwo bitandukanye birimo guhosha amakimbirane no kubungabunga amahoro ku isi.