Abasheshakanguhe bafata amafaranga y’ubwishingizi bw’izabukuru bo mu karere ka Ngororero barasaba ko Leta ndetse n’ikigo cy’ubwitegenyirize bw’abakozi babarenganura kuko hari bamwe muri bo bagifite ibirarane by’imisanzu yabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga n’abakora umwuga wo gucukura amabuye y’agaciro muri aka karere bakomeje kutumvikana ku buryo bwo gucukura aya mabuye n’imisoro aka karere kari kubashyiraho.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru arasaba ko amasezerano y’akazi ndetse n’amatego agenga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro byubahirizwa kugira ngo abo bakozi nabo bakore ntacyo bishisha.
Imiryango 39 y’abasigajwe inyuma n’amateka yo mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera yasezeranye imbere y’amategeko, tariki 28/06/2012, mu rwego rwo gukomeza guteza imbere imibereho yabo mu miryango.
Abantu barindwi barimo n’umushoferi wari utwaye imodoka ifite purake RAA 485 T ikora akazi ka taxi voiture yavaga mu Bugarama yerekeza i Kamembe bitabye imana, tariki 28/06/2012, ubwo iyo modoka yagonganaga n’igikamyo gifite purake RAB 825B.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango buravuga ko bumaze gufata ingamba zo gukumira abana bava mi miryango yabo bagahitamo kwandagara mu mihanda.
Ikirombe cyo mu murenge wa Kabacuzi mu karere ka Muhanga cyagwiriye abantu bane bacukuraga amabuye y’agaciro, mu gitondo cya tariki 28/06/2012, umwe muri bo ahita ahasiga ubuzima.
Inama nkuru y’abagore bo mu Ntara y’Uburasirazuba bateraniye mu nama nkuru (congres) mu karere ka Rwamagana aho bagiye gusuzuma aho bageze mu kwiteza imbere no kuzahura imibereho myiza yabo n’iy’igihugu muri rusange.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, hamwe n’umugaba w’ingabo z’u Rwanda, Lt.Gen. Charles Kayonga, kuri uyu wa kane barahurira n’abayobozi b’ingabo za Kongo mu mujyi wa Goma kugira ngo baganire ku mutekano mucye urangwa mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Umuryango w’Abibumbye washyikirije u Rwanda igihembo rwahawe mu kwezi gushize kuko rwitaye by’umwihariko ku bibazo by’ihohoterwa rikorerwa abagore bakabona serivisi nziza.
Senateri Tito Rutaremara atangaza ko nubwo ubukoroni bwavuyeho muri Afurika, ibitekerezo bya benshi mu baturage b’uyu mugabane bitarabaha ubwigenge busesuye, bityo hakaba hakenewe kuvuka bundi bushya kw’imyumvire yabo (renaissance).
Ubushakashatsi bushya bwa Transperency Rwanda buratunga agatoki abayobozi bakuru b’uturere na ba rwiyemezamirimo, buvuga ko amasoko menshi atangwa mu buryo bugaragaramo ruswa ku mpande zombi.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi mu ijoro rya tariki 26/06/2012 maze inkuba ikubita insinga z’amashanyarazi yo ku nzu y’umuturage irashya ariko ku bw’amahirwe ntibyagira uwo bihitana.
Abambasaderi bahagarariye ibihugu byo muri Afurikamu Rwanda, tariki 27/06/2012, basuye impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi ya Nkamira, bagendereye kubahumuriza no kubereka ko bari kumwe.
Abaturage bo mu karere ka Ngoma barashima uburyo bwo kumenya amakuru hifashishijwe internet bashyiriweho n’urwego rw’umuvunyi ngo bajye babwifashisha aho gukora ingendo bajya i Kigali ku biro by’umuvunyi.
Amafaranga arenga miliyari 27 na miliyoni 720 ahwanye na 70% y’ingingo y’imari y’Umujyi wa Kigali azakoreshwa mu bikorwa byamajyambere birimo kuvugurura ibikorwa remezo no kuzamura ibijyanye n’ubuzima.
Umugore witwa Mukamurigo Consolée wo mu murenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi atangaza ko amaze imyaka 15 akora akazi ko gucunga umutekano w’abaturage abitewe ni uko yabonaga abagabo bahohotera abagore bitwaje intege nke zabo.
U Rwanda na Ethiopia byiyemeje kwagura umubano hagati yabyo. Kuri uyu wa gatatu tariki 27/06/2012, ku nshuro ya mbere, byasinye amasezerano y’ubutwererane azabifasha gukorana mu bikorwa by’ubukungu n’iterambere.
Umukecuru w’Umurundikazi witwa Nzikobanyanka Anastasie w’imyaka 74 y’amavuko yamaze ibyumweru bibiri ari mu buruhukiro bw’ibitaro bya ADEPR Nyamata kubera kubura amikoro yo kumushyingura. Yashyinguwe tariki 26/06/2012.
Nkurikiyinka Fabien, wo mu murenge wa Cyeza mu karere ka Muhanga, amaze imyaka 68 atarashaka umugore kubera ko yabaga mu nzu ya Nyakatsi, abona ko atari akwiriye kuyishakiramo umugore.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Muhanga baravuga ko bakwa ruswa kugira ngo bubake mu midugudu maze utayitanze agasenyerwa cyangwa ntiyemererwe kubaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare bwatangarije abayobozi bagize inama yaguye y’umutekano mu Karere ka Nyagatare ko Umujyi w’Intara y’Uburasirazuba ugiye kuba Nyagatare aho kuba Rwamagana nk’uko byari bisanzwe.
Ubuyobozi bw’akarera Ruhango buratangaza ko hari abanyeshuri bata amashuri bakajyanwa mu mirimo ivunanye irimo kurinda umuceri, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kwikorezwa ibintu bivunanye n’ibindi.
Itorero ry’Abadiventisiti b’umunsi wa 7 ryo mu mujyi wa Nyamagabe ryahaye amazi meza umudugudu wa Nyentanga utuwemo n’abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi uherereye mu kagari ka Kigeme ko mu murenge wa Gasaka.
Akarere ka Gasabo katashye ruhurura igezweho kubatse mu murenge wa Kacyiru akagali ka Kamatamu, nyuma y’uko iyari ihari yari imaze igihe isenya amazu y’abayituriye, ikaba yarigeze no kwica abana babiri.
Abana babiri bari munsi y’imyaka 12 bakomoka mu karere ka Gakenke bahagurutse mu Gakenke mu cyumweru cyarangiye tariki 23/06/2012, bagiye gusura abavandimwe babo ariko batazi neza aho batuye bibaviramo gusaba akazi mu nzira kugira ngo bucye kabiri.
Ministiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda asobanura ko mu gihe u Rwanda rufite amahoro rutateza impagarara muri Kongo nk’umuturanyi warwo, kuko kwaba ari ukwisubiza inyuma mu mutekano n’iterambere rwari rugezeho.
Gahunda y’ibikorwa by’ingabo z’igihugu yiswe ARMY WEEK, biri kubera mu turere twa Rusizi na Nyamasheke igamije gukiza abaturage indwara zirenze ubushobozi bwabo no kubageza ku iterambere rirambye.
Mbonigaba Jean Damascene ukora ku Bitaro Bikuru bya Nemba mu karere ka Gakenke yatoraguye amafaranga ibihumbi 308 mu bwiherero mu cyumweru cyarangiye tariki 23/06/2012 maze ayasubiza nyirayo.
Mu gihe u Rwanda rwitegura inama mpuzamahanga ibanziriza kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubwingenge,Umuyobozi w’ikigo gishinzwe imiyoborere (RGB), Prof. Anastase Shyaka avuga ko u Rwanda rufite isomo ku miyoborere myiza na Demokarasi ruzasangiza abashyitsi bazarusura.