Muri gahunda y’ibiganiro bikorwa hagati y’abaturage n’abayobozi, bakamenya imibereho ya bo, abanyamakuru basaga 10 b’ibitangazamakuru bitandukanye, basuye umurenge wa Kayenzi, baganira ku mibereho y’abaturage no ku bibazo bahura na byo.
Isosiyete ya Afrika Risk irakangurira Abanyarwanda n’abanyamahanga batuye mu Rwanda kuyigana kuko ari umuhuza w’abaturage n’amasosiyete y’ubwishingiz,i kugirango bakemurirwe ibibazo kandi nta kindi kiguzi batanze.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, aributsa abaturage ko nta terambere igihugu gishobora kugeraho, abagituye badahereye ku guteza imbere ibyo bafite, birimo umuco wo gukora umuganda igihugu gisanzwe cyungukiramo ibikorwa bigamije iterambere rusange.
Abanyeshuri bo mu ishuri IPRC (Integrated Polytechnic Regional Center) ryahoze ryitwa ETO Kicukiro bateye inkunga y’imyenda n’inkweto zo kwambara abasigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Nyamata mu kagari ka Kanazi mu karere ka Bugesera.
Abanyeshuri bo mu karere ka Burera barangije icyiciro cya mbere cy’itorero ryo ku Rugerero batangaza ko bishimira kuba baragiye ku Rugerero kuko byatumye bakoresha imbaraga zabo mu kubaka igihugu cyababyaye.
Inama Njyanama y’akarere ka Rutsiro yemeza ko bateganyije ibizakorwa mu ngengo y’imari hashingiwe ku mafaranga bafite aho bazayakura kandi bizeye ko azaboneka. Ibi bakabishingira ko n’ubwo ingengo y’imari y’akarere y’umwaka wa 2013-2014 yagabanutse ugereranyije n’iy’umwaka.
Guteza imbere imibanire myiza mu muryango, hamaganwa imirimo mibi ikoreshwa abana, nibyo byibanzweho mu gikorwa cyo kwizihiza umunsi w’umwana w’umunyafurika cyabaye kuri uyu wa 28 Kamena mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kabarore.
Abanyarwanda 171 bageze mu Rwanda kuri uyu wa gatanu saa 11h32 bavuye muri Congo aho batangaje batunguwe no gusanga u Rwanda ari rwiza bitandukanye n’uko barubwirwaga.
Guvernema y’u Rwanda yasabye ubuyobozi bw’uturere gukoresha amarushanwa y’imikino yitwa “Umurenge Kagame Cup” mu tugari twose two mu gihugu, mu rwego rwo guteza imbere siporo, gukangurira abaturage kwitabira gahunda za Leta no kwishimira iterambere rigenda rigerwaho.
Mu nama ihuje abadepite bagize ihuriro rishinzwe kurwanya ruswa mu muryango wa Afurika y’Uburasirazuba (APNAC), iteraniye i Kigali kuri uyu wa Gatanu tariki 28/06/2013, hatangiwe igitekerezo cy’uko ingengo y’imari igenerwa ibikorwa bigamije kurwanya ruswa yakongerwa.
Bashingiye ku buryo amatora y’Abadepite yabanje yagenze, abafite aho bahurira n’ibikorwa by’amatora mu karere ka Rulindo baratangaza ko ubu bafite icyizere gihagije cy’uko amatora y’intumwa za rubanda azaba muri Nzeri azagenda neza.
Nyuma y’ubukwe bwapfuye kubera umusore yabuze amafaranga yo gukwa, bamwe mu basore baravuga ko bifuza ko umuco wo gukwa inka wagaruka kuko ariyo itarushya kubona, kandi ikaba yungukira umuryango w’umukobwa n’urugo rushya.
Mwizerwa Patrick w’imyaka 28, wari ushinzwe ubworozi mu murenge wa Uwinkingi mu karere ka Nyamagabe yitabye Imana mu ijoro rishyira tariki 27/06/2013 mu masaha ya saa tatu n’igice azize impanuka.
Mu nama y’imihigo y’umwaka wa 2013-2014 yahuje Guverinoma n’inzego z’ibanze kuri uyu wa kane tariki 27/6/2013, uturere twasabwe kugaragaza ingamba zihamye zo gukangurira abaturage kuboneza urubyaro, hamwe n’ibikorwa binini bihindura bikanateza imbere imibereho y’Abanyarwanda bose.
Abanyamahirwe 15 batsindiye ibihembo by’amafaranga miliyoni imwe kuri buri wese, babishyikirijwe ubwo gahunda ya Yora Cash na MTN yageraga ku musozo, kuri uyu wa kane tariki 27/06/2103.
Abayobozi mu nzego zitandukanye n’abahinzi-borozi bagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa mu karere ka kirehe kuva ku rwego rw’umudugudu kuzamura bashimiwe ku mugaragaro mu nkera y’imihigo yabaye tariki 26/06/2013 bahabwa n’ibihembo by’ibikoresho bizabunganira mu kazi bakora.
Brig Gen Dan Gapfizi waguye mu mpanuka y’imodoka tariki 25/06/2013 azashyingurwa kuwa Gatanu, tariki 28/06/2013 mu irimbi rya Gisirikare Kanombe; nk’uko tubikesha itangazo ry’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF).
Abacuruzi bacururiza mu ishoko rya Ruhango cyane cyane abakorera mu isoko rya kijyambere, barishimira imikorere ya radiyo nshya Ijwi rya Ruhango imaze iminsi mike itangiye gukorera mu mujyi wa Ruhango.
Ishami ry’ingabo z’umuryango w’abibumbye zibungabunga amahoro muri Mali (MINUSMA) riratangaza ko Jenerali Jean-Bosco Kazura yamaze kugera mu gihugu cya Mali aho aje gutangira imirimo yo kuyobora uwo mutwe.
Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Williams Nkurunziza, yagejeje impapuro zimwemerera guhagarira u Rwanda mu Bwongereza ku mwamikazi Elizabeth II.
Abana 11 n’abagore 7 n’umugabo umwe bavuga ko bishimiye gutahuka mu gihugu cyabo nyuma y’imyaka 19 basiragira mu mashyamba ya Congo. Bageze mu Rwanda kuri uyu wa kabiri tariki 26/06/2013 binjiriye ku mupaka wa Rusizi ya mbere.
Mu ruzinduko abanyeshuli bo muri college de Nkaka yo mu Karere ka Rusizi bari gukorera mu gihugu cy’Ubudage kuva tariki 20/06/2013 kugeza 03/07/2013 , barishimira uburyo bakiriwe n’abaturage bo mu mujyi wa Speyer mu gihugu cy’Ubudage.
Abasenateri bagize komisiyo ya Politiki n’imiyoborere myiza bari mu karere ka Kirehe kuva tariki 24/06/2013 mu rwego rwo kureba uburyo abaturage bakorana n’abunzi hamwe n’urwego rushinzwe kugira inama abaturage ku bijyanye n’amategeko (MAJ).
Mu myaka itatu hazaba ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo mu karere ka Rubavu hazaba huzuye inzu izafasha abatuye ibi bihugu kuganira ku byazana amahoro n’ubumwe n’ubwiyunge mu bihugu byombi.
Umuryango Croix-Rouge uzwiho gutabara imbabare watangiye gutegura abasore n’inkumi 20 muri buri murenge mu rubyiruko ruvuye ku rugerero ngo bagire ubumenyi bwa ngombwa mu bikorwa by’ubutabazi bw’ibanze kugira ngo bajye bagoboka abaturage igihe cyose habaye Ibiza n’impanuka, babarindire ubuzima mbere y’uko bagezwa kwa muganga.
Muri za kaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda, havutse ihuriro ry’abakobwa b’abayobozi (Girl’s Leaders Forum), rigamije gukorera ubuvugizi abakobwa ku bibazo bahura nabyo, ndetse no kubagira inama ku myitwarire ibategurire ejo hazaza heza.
Umuyobozi w’ingabo zigize umutwe w’Inkeragutabara mu Ntara y’Amajyepfo, Brig. Gen. Dan Gapfizi, yakoze impanuka y’imodoka yabaye mu ijoro rishyira ku wa 26/06/2013 ahita ahasiga ubuzima.
Abayobozi b’umuryango MSAADA w’Abongereza usanzwe ufasha abarokotse Jenoside mu ntara y’Iburasirazuba bemereye umuyobozi w’iyo ntara ko bagiye gufasha abarokotse Jenoside kubaka imishinga ibyara inyungu kandi iramba bazajya bikorera ubwabo kuko ngo kubaha imfashanyo za hato na hato bibaheza mu bukene no gutegereza ak’imuhana.
Abagore batatu hamwe n’abana babo bane banze kwakirwa mu nkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi kubera ko bari baratahutse bakaza gusubira muri Congo rwihishwa bagamije kugera kunyungu bahabwa na HCR.
Federation Internationale des Droits de l’Homme (FIDH) na Ligue des Droits de l’Homme (LDH) n’Umuryango Survie, kuwa mbere tariki 24/06/2013 yashyikirije ikirego Urukiko Rwisumbuye rw’i Paris mu Bufaransa irega Umufaransa Capt. Paul Barril ubufatanyacyaha muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.