Minisitiri ushinzwe ubuhahirane n’iterambere mu Bubiligi, Jean-Pascal Labille, biteganyijwe ko agera mu Rwanda kuri uyu wakabili taliki 11/06/2013 mu kuvugurura umubano w’u Rwanda n’igihugu cye nubwo cyanze gutora u Rwanda mu kanama k’umuryango w’abibumbye.
Ubuyobozi bw’intara y’uburasirazuba burateganya kugura imodoka ya Kizimyamoto izajya yifashishwa muri iyo ntara igihe habaye impanuka y’inkongi y’umuriro, nk’uko bivugwa n’umuyobozi w’iyo Ntara, Uwamariya Odette.
Ministiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasabye buri wese utuye u Rwanda, gutunga agatoki ahari amakimbirane mu miryango cyangwa aho yumvise hari ibibazo byabyara ubwicanyi, kuko ngo amabwiriza mashya avuga ko nihagira umuntu wongera kwicwa, abatuye mu mudugudu yapfiriyemo bose bazabibazwa.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabunga mu Isakazabumenyi n’Itumanaho, Jean Philbert Nsengimana arasaba urubyiruko guhindura imyumvire no gukorera ku ntego mu kugera ku iterambere rirambye.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa mbere tariki 10/06/2013 yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu karere ka Musanze.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Ntawukuriryayo Jean Damascene, yatangaje ko ikibazo cy’impunzi z’abarundi bagize uruhare muri Jenoside kigiye guhagurikirwa nabo bakaryoza iby’icyo cyaha ndengakamere.
Iyo uganiriye n’abaturage batuye akarere ka Nyagatare, usanga bamwe bashima bimwe mu bigo bitanga serivisi iwabo mu mirenge, ariko hakaba n’abo usanga batishimira uburyo zitangwa.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Nyamasheke, ku wa gatandatu tariki 08/06/2013 batangiye kwitegura amatora y’Abadepite azaba muri Nzeri 2013.
Abasore babiri biga mu ishuri ry’imyuga n’ubukorikori rya Rukoma, bahisemo kwiga mu ishami ryo gutunganya imisatsi no guca inzara, bitewe n’uko babona ababikora batabura ibiraka kandi bakaba babona mu nzu zitunganya imisatsi y’abagore higanjemo abasore.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias, yifatanyije n’abaturage b’akarere ka Nyamasheke mu muganda ugamije kwimura abaturage batuye mu manegeka (High Risk Zone) bagatuzwa ku midugudu yagenwe.
Itsinda ry’Abashinwa bibumbiye muri komisiyo ihuza amoko mu gihugu cyabo, bari mu ruzinduko mu Rwanda bavuze ko batangajwe n’uburyo Abanyarwanda barenze ikibazo cy’amoko, bakaba bashyira hamwe mu guteza igihugu cyabo imbere.
Ministiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasabye abaturage kudateza amahane muri gahunda yo kwimuka bahunga ahantu habateza ibyago, kubera ko imibare y’abahitanywe n’ibiza ndetse n’imitungo yangiritse, ngo biteye ubwoba.
Umuganda udasanzwe wabaye mu murenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo, kuri uyu wa Gatandatu tariki 07/06/2013, waranzwe no gusiza ibibanza, no kubumba amatafari yo kuzubakira abaturage bazimurwa ahantu hahanamye.
Abantu batandatu batandatu baguye mu mpanuka y’igorofa iherutse kugwa mu mujyi wa Nyagatare, bazishyurwa amafaranga y’impozamarira, nyuma yo gusanga nyir’inzu yari afite ubwishingizi bw’abantu 10.
urubyiruko ruri mu itorero ry’gihugu rurashishikarizwa kwandika amateka yarwo aho kugira ngo habe hari undi uzabibakorera, nk’uko byagarutsweho mu biganiro bagiranye n’abayobozi b’itorero ku rwego rw’igihugu babagendereye kuri uyu wa Gatanu tariki 07/06/2013.
Umuryango Nyarwanda w’Umuryango w’Abibumbye (United Nations Associations-Rwanda) ugiye gutangiza amahugurwa amahugurwa ku banyeshuri bagera kuri 150. Abo banyeshuri baturutse muri za kaminuza zitandukanye, bategerejweho uruhare mu guhindura imyumvire y’Abanyarwanda ku mitangire ya seirvisi.
Impanuka y’inzu y’amagorofa ane ya Geoffrey Barigye yaguye mu karere ka Nyagatare tariki 14/05/2013, ngo yatewe n’ibikoresho bayubakishije bitari bifite imbaraga zo kwikorera uburemere bwa yo, nk’uko byatangajwe n’itsinda ry’impuguke ryakoze igenzura ku cyaba cyarateye impanuka y’iyo nzu.
Perezida Kagame yibukije ko iterambere rizagerwaho ari uko abayobozi bakoranye n’abaturage, bakabakemurira ibibazo. Yabitangaje mu muhango wo kwakira indahiro z’Abaministiri, Johnson Businjye, Stella Ford Mugabo n’Umuvunyi mukuru wungirije, Clement Musangabatware, kuri uyu wa Gatanu tariki 07/06/2013.
Umudugudu wa Kivugiza wo mu kagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo kuwa kane tariki 06/06/2013 wahawe icyemezo cy’ishimwe ndetse bawuterekera “Intango” mu ruhame nk’ikimenyetso cy’uko wahize indi midugudu yo mu murenge wa Kanjongo mu kwesa imihigo ya 2012-2013.
Nyuma y’aho umuriro umaze iminsi wibasira ibigo by’amashuri, mu gitondo cya tariki 06/06/2013 inkongi y’umuriro yibasiye ibitaro bya Ruhango biri mu murenge wa Kinazi hashya ibikoresho bitandukanye.
Umunyasingapuru Elim Chew ari mu Rwanda aho azanywe no kureba uburyo yatanga umusanzu we mu gufasha urubyiruko rutagize amahirwe yo kwiga ngo rurangize amashuri yarwo.
Ku bufatanye n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) na Leta y’u Rwanda, mu kagari ka Kigeme mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe hagiye kubakwa ikigo kizaba gifite inshigano zo gukumira ndetse no gufasha abazaba bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu biganiro ku bijyanye n’ingorane zibangamira umutekano urambye mu karere, abasirikare bari gusoza amasomo y’ubuyobozi n’akazi ko mu biro y’ikiciro cyo hejuru basanze FDLR umutwe ugizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda ari ryo pfundo ry’umutekano muke mu karere.
Abagore bahagarariye abandi mu karere ka Kamonyi barashima ibyakozwe n’abagore b’Abadepite bari muri manda igiye gucyura igihe, kuko bagaragaje ubufatanye mu kuzamura umugore, bamwegera bakamugira inama bakanatora amategeko amurengera.
Imiryango 112 ituye mu kagali ka Kibari, umurenge wa Gikomero, akarere ka Gasabo, yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko, yasezeranye imbere y’amategeko, mu muhango wo gushyingiranya abatari bujuje iryo tegeko, wabaye kuri uyu wa kane tariki 06/06/2013.
Abanyamahirwe batandatu bashyikirijwe igihembo cy’amafaranga miliyoni umwe umwe muri gahunda ya sosiyete y’itumanaho ya MTN yiswe “MTN Yora Cash”, aho abandika ubutumwa bugufi bwinshi cyangwa bagahamagara kenshi gashoboka ku munsi babona ibihembo.
Inama yagombaga guhuza abaturage b’akagari ka Kirwa mu murenge wa Murunda n’umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, tariki 05/06/2013, yasubitswe bitewe n’uko hari ingingo zikomeye zirimo icy’abaturage biyahura umuyobozi w’akarere yashakaga kuganiraho n’abaturage nyamara hakaba hari haje bacye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare butangaza ko na mbere yo gutunganya imihanda muri quartier ya Gihorobwa hari haratangiye igikorwa cyo kubarura ibikorwa by’abaturage byakwangizwa, bakaba buhumuriza aba baturage ko bazishyurwa.
Ibi ni ibyatangajwe n’abasirikare barindwi bo mu mutwe wa FDLR batahutse kumugoroba wo kuwa 04/06/2013 bavuye mu mashaymba ya Congo. Binjiriye ku mupaka wa Rusizi I berekeza mu nkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki Moon, yashimiye ubwitange n’ubunararibonye Umunyarwanda Lieutenant General Patrick Nyamvumba yagaragaje mu gihe yari ayoboye ingabo zishinzwe kubungabunga amahoro muri Sudani (UNAMID).