Abana bo mu karere ka Bugesera barasaba ababyeyi babo kubarinda ihohoterwa iryo ari ryo ryose n’imirimo ivunanye ikoreshwa abana. Ibyo byatangajwe kuwa 15/6/2013 mu kwizihiza umunsi wahariwe umwana w’Umunyafurika.
Hakuzimana Gabriel w’imyaka 25, uzwi ku izina rya Kiwele afungiye muri Gereza ya Cyangugu nyuma yo guhamwa n’ibyaha bijyanye no kunywa ibiyobyabwenge no kubikwirakwiza.
Perezida wa Repuburika, Paul Kagame, yasabye abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye guha agaciro ibikorwa by’urugerero, agereranya n’ifumbire ituma ubwenge n’uburere by’urubyiruko bitanga umusaruro wo kurinda igihugu gusubira mu bihe bibi nka Jenoside, ahubwo kikarushaho kunga ubumwe no gutera imbere.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 15/06/2013, Perezida Paul Kagame yaganiriye n’abanyamakuru asubiza ibibazo byinshi ku buzima bw’igihugu. Ikiganiro cyibanze cyane kuri ejo hazaza h’u Rwanda, aho abanyamakuru bamubazaga uko bizagenda muri 2017 ubwo manda ye ya kabiri izaba irangiye.
Kwizihirwa k’urubyiruko rw’abanyeshuri barangije urugerero kuri Stade Amahoro, muri aka kanya, bategereje kuza kuganira na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, birimo gukumbuza ababakurikiye uburyo abakurambere mu Rwanda bajyaga ku rugerero, bagamije gukorera igihugu cyabo.
Capitaine Mbaye Diagne, umusirikare w’Umunyesenegali wahawe umudali umurinzi kubera ibikorwa by’ubutwari yakoze mu Rwanda mu gihe cya Jenoside, bennshi mu iguhug cye ntibazi ibigwi bye. Yaguye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside, ubwo yari mu ngabo za MINUAR ariko we ntashyigikire ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi icyo gihe.
Minisitiri Louise Mushikiwabo hamwe n’umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe Iterambere (RDB) bitabiriye inama y’ihuriro New York Forum AFRICA (NYFA) yiga ku mahirwe y’Afurika mu kongera ubukungu irimo kubera mu gihugu cya Gabon.
Biteganijwe ko Umukuru w’igihugu, Paul Kagame, aganira n’abanyeshuri bashoje amashuri yisumbuye barangije amezi akabakaba muri arindwi bari mu bikorwa by’urugerero, kuri uyu wa gatandatu tariki 15/6/2013, aho bazamumurikira ibyo bakoze mu guharanira iterambere rusange ry’igihugu.
Bamwe mu batuye mu karere ka Rwamagana barashima Polisi y’u Rwanda ko yabafashije cyane ibasobanurira ububi bw’ibiyobyabwenge n’ingaruka mbi bari kuzabikuramo, nabo bakaba bahisemo kubireka no kugaragaza ibyo bari bafite kandi ngo bagiye kwigisha n’abandi bose kubireka.
Umukecuru witwa Mukangwije Maria wo mu kagari ka Miko mu murenge wa Karengera arishimira ko yabashije kubona bwa mbere n’amaso ye televiziyo mu myaka 70 yose yari amaze abayeho.
Ministiri ushinzwe ubutwererane n’iterambere mu gihugu cy’Ububiligi, Jean-Pascal Labille, yamenyesheje Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ko yishimiye uburyo u Rwanda rurimo gukoresha neza inkunga ruhabwa n’Ububiligi, mu guteza imbere abaturage.
Kubera ko akarere ka Kirehe kari mu turere tunyuramo urumogi rwinshi ruvuye mu gihugu cy’ abaturanyi cya Tanzaniya, kuri uyu wa 13/06/2013 habeye igikorwa cyo kurwanya ibiyobyabwenge ku rwego rw’igihugu.
Ihuriro ry’abadepite bo mu nteko ishinga amategeko bashinzwe guteza imbere imibereho myiza y’abaturage (RPRPD), mu gihe bitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 ihuriro ryabo rimaze rishinzwe, bemeza ko bazakomeza gushyiramo imbaraga kugira ngo ubuzima bw’Umunyarwanda bukomeze kugenda neza.
Minisitiri w’Ubutwererane n’Iterambere w’u Bubiligi, Jean-Pascal Labille, uri mu ruzinduko mu Rwanda avuga ko u Rwanda n’u Bubiligi ari ibihugu bifitanye amateka akomeye kuva kera bigomba kubakiraho bigafatanya kubaka ejo hazaza heza.
Kuri uyu wa gatatu tariki 12/06/2013, imwe mu miryango yabanaga mu makimbirane mu murenge wa Musebeya mu karere ka Nyamagabe yatangaje ko yamaze gufata umwanzuro wo kwisubiraho ikiyemeza kubana neza.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’i Burengerazuba, Jabo Paul, aragira inama ubuyobozi bw’akarere ka Karongi guhiga imihigo itazababera ingorabahizi mu gihe cyo kuyishyira mu bikorwa.
Jean Pascal Labille, Minisitiri w’u Bubiligi ushinzwe ubutwererane n’Amahanga mu gutera imbere amajyambere, arasaba Abanyarwanda ko bakwiye gutahiriza umugozi umwe no gufasha bagenzi babo, niba bifuza kugira igihugu giteye imbere.
Ubuyobozi bw’itorero ry’abapentekote mu Rwanda (ADEPR) buratangaza ko amakimbirane yigeze kuranga iryo torero mu myaka yashize atazongera kubaho kuko hafashwe ingamba mu kuyakumira, zirimo kwimakaza imiyoborere myiza.
Ibigo bitandukanye bikorera mu karere ka Rusizi byaba iby’ubucuruzi, amabanki, amakoperative n’ibindi birashaka uburyo byigurira imodoka zifashishwa mu kuzimya umuriro mu rwego rwo kurwanya inkongi z’umuriro zikunze kuvuka cyane cyane mubihe byimpeshyi.
Ministeri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) irifuza ubufatanye bw’abafite aho bahuriye no guteza imbere abagore n’abakobwa, aho ngo bagomba kugira uruhare rugaragara, kugirango ikigero cy’ubukene n’imyumvire mike kirusheho kugabanuka.
Abayobozi b’utugari n’imidugudu mu karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 11/06/2013 basabwe kwirinda gusiragiza abaturage mu nzira ahubwo bakamenya ko bagomba kubakemurira ibibazo.
Nubwo hashyizweho uruzitiro rukumira inyamaswa kuva muri pariki y’Akagera zikangiza imyaka y’abaturage ndetse bamwe zikabahitana ngo ntibyakemuye ikibazo burundu kuko mu gitondo cya tariki 10/06/2013 uwitwa Nkurikiyumukiza Jean Pierre w’imyaka 19 wo mu murenge wa Karangazi yishwe n’imbogo ajya gutema amasaka.
Mu mahugurwa y’iminsi ibiri yitabiriwe n’abayobozi batandukanye bakorera mu karere ka Kirehe bigishijwe ko service nziza atari ugushimira umukiriya gusa, kuko niyo yaba ibyo agusaba bidahari ashobora kugenda yishimye nta kibazo afite bitewe n’uburyo yakiriwe.
Ubwo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yaganiraga n’abaturage b’akarere ka Musanze kuri uyu wa kabiri tariki 11/06/2013, bamwijeje ko batamutererana mu rugamba rwo kwigira n’iterambere igihugu cyiyemeje, nawe abizeza hamwe n’Abanyarwanda bose muri rusange umutekano usesuye.
Ministeri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA), irishimira ko abana bakoreshwa imirimo ivunanye bavuye kuri 11.3% mu mwaka wa 2008, ubu bakaba basigaye gusa ku kigereranyo cya 1.1%.
Kuri uyu wa 11/06/2013 mu gihugu hatangiye icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi. Mi mihango yabereye mu mpande zitandukanye z’igihugu hatanzwe ubutumwa bugaragaza inshingano za Polisi n’akamaro zifitiye abaturage.
Abanyarwanda bari mu bikorwa byo kubungabunga amahoro mu mujyi wa Juba muri Sudani y’Epfo taliki 08/06/2013 bifatanyije n’abasirikare ba Sudani mu bikorwa by’umuganda wo kurwanya umwanda no kurinda ibidukikije.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga akaba n’uwungirije Minisitiri w’intebe w’igihugu cy’Ububiligi avuga ko yakiriye neza icyemezo cya Leta y’u Rwanda cyo gufungura konti z’Ambasade z’Ububiligi mu Rwanda zari zimaze amezi 18 zifunzwe.
Mu ruzinduko agirira mu karere ka Musanze kuva tariki 10/06/2013, Perezida Kagame yasoje icyikiro cya mbere cy’inyigisho z’ubuyobozi n’akazi ko mu biro (command and staff course) ku basirikare bakuru mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nyakinama.
Ingabo z’umuryango w’abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Mali zizwi ku izina rya MINUSMA byemejwe ko zizayoborwa n’Umunyarwanda Gen Jean Bosco Kazura, uyu mwanya wifuzwaga cyane n’igihugu cya Tchad.