Intumwa za Leta ya Congo ziri mu Rwanda kuva tariki 20/06/2013 aho zaje kuganira na Leta y’u Rwanda ndetse n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ku gikorwa cyo guca ubuhunzi ku Banyarwanda bari mu gihugu cya RDC hamwe no kuganira ku kibazo cy’impunzi z’Abanyecongo ziri muri Rwanda.
Umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye Ban Ki-Moon hamwe n’umuyobozi w’Afurika yunze ubumwe Nkosazana Dlamini-Zuma bemeje ko Joseph Mutaboba ahagararira iyo miryango yombi mu ntara ya Darfur mu gihugu cya Sudani ndetse akaba umujyanama mu bikorwa by’umuryango w’abibumbye bibera Darfur (UNAMID).
Hari Abanyarwanda bakunze gufatirwa i Bukavu no mu nkambi ya Nyagatare barigize impunzi kubera impamvu zitazwi kuko ngo baba baratahutse kera kandi n’amazina yabo bakayasanga muri za mudasobwa cyane cyane muri HCR yo muri Congo.
Mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’impunzi wabaye taliki 20/06/2013, impunzi ziri mu kigo cya Nkamira zirasaba ko zashakirwa akantu hitaruye zigashobora kwisanzura kuko aho ziri hatajyanye n’umubare w’abawurimo.
Umunyamabanga wa Leta mu Bwongereza ushinzwe iterambere, Justine Greening, yashimye uburyo u Rwanda rukoresha neza inkunga ruhabwa, akaba yemereye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, gukomeza ubufasha igihugu cye kigenera u Rwanda, mu rwego mu kuzamura ubukungu n’imibereho myiza by’abaturage.
Ishyaka rya Gisosiyalisiti rirengera Abakozi mu Rwanda (PSR) ryatangaje gahunda nshya rigomba kugenderaho mu matora, ndetse no mu myaka itanu iri imbere, aho rivuga ko rizaharanira ko hashyirwaho urukiko rw’umurimo rwihariye.
Bamwe mu bimuwe mu bice bishobora kubateza impanuka baratangaza ko bamaze kumenya akamaro ko kuba baravuye muri ibyo bice bashoboraga gusigamo ubuzima. Bagakangurira bagenzi babo gushirika ubwoba nabo bagatera iyo ntambwe.
Abashoramari mu kubaka ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba bo mu gihugu cya Isaraheli bemereye Perezida Kagame ko bagiye kubaka mu Rwanda ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba zigera kuri Mega Watts umunani n’igice (MW 8,5).
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi, tariki 19/06/2013, bwatashye bimwe mu bikorwa byagezweho mu mihigo ya 2012-2013 mu mirenge ya Bwishyura na Murambi. Ibikorwa byatashywe byose bifite agaciro kari hejuru y’amafaranga miliyoni 500.
Nyuma yo kubona impano zitandukanye zagaragajwe n’intore ziri ku rugerero mu Karere ka Gatsibo, ubuyobozi buratangaza ko iki ari icyiciro gikwiye kwitabwaho hashingiwe ku musanzu w’uru rubyiruko mu iterambere ry’Akarere n’igihugu.
Perezida w’Inteko Ishinga amategeko ya Kenya mu mutwe wa Sena ategerejwe kugera mu Rwanda tariki 20/06/2013 mu ruzinduko azamaramo iminsi itanu areba iterambere u Rwanda rugezeho mu nzego zinyuranye, akazanitabira imihango yo kwita izina ingagi zo mu birunga tariki 22/06/2013.
Kuri uyu wa mbere tariki 17/06/2013, Igisirikare cy’u Rwanda cyakiriye Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Burundi waje mu ruzinduko rugamije kunoza umubano hagati y’ingabo z’ibihugu byombi. Hanakiriwe kandi abasirikare bakuru ba Ethiopia baje mu Rwanda kwigira kuri bagenzi babo b’abagore.
Pasteur Sibomana Jean, umuvugizi w’itorero rya ADEPR mu Rwanda, yasuye abayobozi b’amaparuwasi yose uko ari arindwi agize ururembo rwa Kibungo, mu rwego rwo kuganira ku buzima bw’itorero bushyingiye ku nkingi z’itorero n’ivuga butumwa, imibereho myiza n’iterambere.
Rompuwe (rond-point) nini ituruka mu mujyi wa Karongi ikamanuka ikanyura kuri Golf Eden Rock Hotel igakomeza igatunguka ku bitaro bikuru bya Kibuye yinjira mu mujyi yagezamo amatara yo ku muhanda.
Abanyarwanda 43 bari barahungiye muri Congo batangazaza ko bafashe ingamba zo gutahuka kubera ubuzima bubi bari barimo mu mashayamba, aho ngo baherutse gutwikirwa amazu bari barimo n’imitwe yitwaje intwaro yo muri Congo cyane cyane Raiya mutomboki.
Itsinda rya Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) ryashimye uburyo akarere ka Nyabihu kateguye igenamigambi ry’imihigo yako y’umwaka wa 2013/2014 ugereranije n’utundi turere tw’intara y’Uburengerazuba iri tsinda ryanyuzemo.
Robert M Persaud, Ministiri mu gihugu cya Guyana ushinzwe umutungo kamere n’ibidukikije, ari mu rugendo ruzamara icyumweru mu Rwanda, asura ibikorwa bibeshejeho bamwe mu Banyarwanda kandi bigafasha igihugu kurengera ibidukikije, hamwe n’ibiteza imbere ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT).
Umusaza Rutayisire Gervais w’imyaka 90 uheretse kwakirwa na Perezida Paul Kagame, aratangaza ko nawe yamwijeje ko azamusura akareba aho aba.
Abaturage bo mu murenge wa Remera, mu karere ka Musanze bavuga ko imihanda yaho imeze nabi kandi nta modoka ibasha kubageraho ngo ibageze mu yindi mirenge ndetse n’ibonetse nta bushobozi iba ifite bwo gutwara abifuza kujyana nayo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ari kumwe na madamu we Jeannette Kagame tariki 17/06/2013 bageze i Yerusalemu mu gihugu cya Israel mu rwego rwo kwitabira inama ya gatanu izibanda ku ruhare rw’abantu mu guhindura ejo hazaza.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Madame Louise Mushikiwabo, kuri uyu wa mbere tariki 17/06/2013, yageze mu mujyi wa Luanda mu gihugu cya Angola mu rugendo ruganije gutsura umubano hagati y’ibihugu byombi.
Abayobozi n’abafatanyabikorwa muri gahunda yo guharanira ubuzima bw’umwana bo mu Karere ka Rusizi bahagurukiye kurwanya ibikorwa bibi bibangamira ubuzima n’uburenganzira bw’umwana.
Ubwo hizihizwaga umunsi w’umwana w’umunyafurika, tariki 16/06/2013, abo mu murenge wa Mubuga, akarere ka Karongi bavuze ko bishimira ko bahabwa umwanya bakisanzura mu bitekerezo kandi bakanarindwa gukoreshwa imirimo mibi.
Komiseri mu muryango FPR-Inkotanyi akaba na minisitiri w’intebe, arasaba abanyamuryango ba FPR mu ntara y’Amajyaruguru n’Abanyarwanda muri rusange kongera umusaruro uturuka ku buhinzi cyane ko iyi ntara igaragaza ko umusaruro ushobora kuruta uko ungana.
Abanyabukorikori bo mu karere ka Musanze, bari gukora amanywa n’ijoro, kugirango babashe kubona umusaruro uhagije w’ibyo bakora bitewe n’uko umunsi wo ‘kwita izina’ utuma ababagana baba benshi.
Iyo abana bagejejwe imbere y’ubutabera bagasoreza ibihano mu ikigo ngororamuco, bahigira ubumenyi bwinshi bubafasha mu mibereho yabo igihe basubijwe mu miryango.
Mu rwego rwo kumenyekanisha ibyo ikora, mu mpera z’icyumweru dusoje, Croix Rouge y’u Rwanda yateguye umunsi wo kumurika ibikorwa byayo mu gihugu muri rusange, n’ibyo ikora by’umwihariko mu karere ka Ngororero.
Nyuma y’ibyumweru bibiri gusa, umusaza Rutayisire w’imyaka 90 atangaje ko azapfana agahinda napfa atabonye Perezida Paul Kagame amaso ku musa, tariki 16/06/2013 uyu musaza yakiriwe na Perezida Kagame mu biro bye.
Kuwa 14 Kamena 2013, mu karere ka Ngororero hakozwe umuganda udasanzwe wo kwita ku muhanda wangijwe n’inkangu ku gihe cy’imvura. Uwo muganda wabereye mu kagari ka Nyange mu murenge wa Ngororero aho intumwa za rubanda zafatanyije n’abaturage bo muri uwo murenge.
Ubunyamabanaga bw’umuryango w’ubukungu bw’ibihugu bigize ibiyaga bigali (CEPGL) butangaza ko ibibazo by’umutekano n’imiyoborere myiza ariyo nzitizi ku iterambere ry’ibihugu biwugize kuko ibibazo biri mu gihugu kimwe bigira ingaruka ku bindi bihugu.