Bamwe mu Banyarwanda baremeza ko kutubahiriza igihe byadutse mu Banyarwanda bikomeje gufata indi ntera kandi bikaba biri kwica byinshi mu kazi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ni umwe mu bayobozi bizeweho ubushobozi bahamagawe n’umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye Ban Ki-moon abasaba ubufasha mu ikemuka ry’ikibazo cya Sudani y’Epfo.
Ubwo Kiliziya Gatolika izaba yizihiza umunsi mukuru w’umuryango mutagatifu w’i Nazareti wizihizwa ku cyumweru gikurikira umunsi wa noheri, abakirisitu Gatorika bo muri Diyoseze ya Kibungo basabwe kuzicarana n’abafasha babo mu misa mu rwego rwo gusigasira ubumwe b’imiryango yabo.
Ku munsi mukuru wa Noheri wabaye tariki ya 25/12/2013, Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Haiti basangiye ibyishimo by’uyu munsi n’abana b’imfubyi basizwe iheruheru n’umutingito wahabaye mu 2010.
Mu gihe ubusanzwe ku munsi mukuru wa Noheri (ubwo abakirisitu bibuka ivuka rya Yezu) uba ari ikiruhuko ku bakozi, abikorera mu karere ka Nyamagabe nabo ntibitabiriye umurimo nk’uko bisanzwe.
Abashoferi bakoresha umuhanda Nyagatare-Ryabega kimwe n’uwa Ryabega-Matimba barifuza ko iyi mihanda yashyirwamo ibyapa bibemerera guhagarara akanya gato bashyira cyangwa bakuramo abagenzi.
Abanyamuryango 76 ba koperative “Imyumviremyiza” iharanira kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka Ngororero, abayobozi abakozi n’abaturage b’ako karere bari mu kababaro batewe n’urupfu rw’uwari perezida w’iyo koperative rwabaye mu mpera z’icyumweru twasoje kuwa 22 Ukuboza 2013.
Abakirisitu Gatolika bo mu karere ka Burera bafata umunsi mukuru wa Noheli nk’umunsi udasanzwe kuburyo bateganya ibyo bagomba guhemba umubyeyi Bikira Mariya uba wibarutse umwana Yezu.
Mu mujyi wa Karongi usibye imvura yatangiye kugwa guhera saa yine z’ijoro rishyira Noheli kugeza mu ma saa saba , nta bindi bibazo byihariye byabayeho kugeza bukeye, nubwo hari bamwe baraye banywa bukabakeraho bituma bagwa mu makosa nayo adakabije cyane.
Amabuye y’agaciro acukurwa mu Rwanda ntashobora kugurishwa hamwe ku masoko mpuzamahanga yo ku umugabane w’i Burayi ahubwo akajyanwa ku masoko yo muri Asiya agurira ku giciro gitoya ugereranyije n’i Burayi no muri Amerika, ibitera igihombo ku gihugu.
Urubyiruko 713 rwari rusanzwe mu kigo ngororamuco n’imyuga kiri ku kirwa cya Wawa basubiye mu ntara bakomokamo kuharira iminsi mikuru ya noheri n’Ubunane nyuma y’igihe kirenga umwaka baragiye kugororwa mu kigo kiri i Wawa.
Umugore w’imyaka 45 witwa Mukabitekerezo Esperance yaguye mu Murenge wa Nemba mu Kagali ka Mucaca mu ijoro rishyira tariki 24/12/2013 nyuma y’amasaha arenga 12 ahageze ngo bamusengere akire indwara ya diayabete.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 24/12/2013, mu karere ka Rulindo habereye umuhango wo gusinyana amasezerano y’ubufatanye hagati y’turere tugize intara y’amajyaruguru na polisi y’igihugu.
Bamwe mu banyamakuru bahagarariye ibitangazamakuru ndetse n’abafite uburambe muri uyu mwuga bateraniye mu karere ka Musanze kugirango baganire ku ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye baravuga ko umuco upfobya umugore ukwiye guteshwa agaciro.
Umusaza Hakizamungu Kagangure bakunze kwita Ndugu utuye mu murenge wa Nyarubuye ho mu karere ka Kirehe, yemeza ko amagambo “Umuhutu n’Umututsi” byahawe indi nyito n’abazungu.
Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Chief superintendent Bahizi Rutagerura, avuga ko bongereye imicungire y’ibinyabiziga bivuduka cyane mu muhanda muri ibi bihe bya Noheri n’ubunani, mu rwego rwo kurwanya impanuka ubusanzwe zihitana abantu benshi cyane muri ibi bihe.
Urubyiruko rurangije amahugurwa mu myuga inyuranye mu Kigo ngororamuco giteza imbere imyuga cy’Iwawa mu Karere ka bemeza nyuma yo kwigishwa bamaze kwiha icyerekezo mu guteza imbere igihugu binyuze mu gukora cyane.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyabihu bavuga ko isozwa ry’umwaka atari igihe umuntu yakagombye gusesagura ibyo yaruhiye mu mwaka wose uba ushize, ahubwo ko ari igihe cyo gutekereza akarushaho kuzigama.
Bamwe mu bakora umwuga w’ubumotari mu karere ka Ruhango, baravuga ko akanozasuku kuba katakitabirwa gukoreshwa, ahanini ngo biterwa no kwiyongera kw’ibiciro.
Nyuma y’umwiherero wahuje abashakanye bo muri paruwasi gaturika ya katederari ya Kabgayi ku nsanganyamatsiko igira iti “Ingo zacu zibe ishingiro ry’ubukirisitu”, imiryango igera ku 100 yari yateraniye muri uwo mwiherero yahise ifata icyemezo cyo gushinga ihuriro rizajya ribahuza mu kubaka ubukirisitu no gusangira ubuzima.
Ishyaka PSD ryitandukanyije n’abari abayoboke baryo bagize uruhare muri Jenoside riboneraho no gusaba imbabazi Abanyarwanda bose muri rusange n’abakorewe Janoside by’umwihariko.
Ingando z’Urubyubyiruko rw’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi ruzwi ku izina rya “JA: (Jeunesse Adventiste” zari zimaze icyumweru zibera mu karere ka Nyamasheke, zasojwe tariki 21/12/2013, bane muri uru rubyiruko bacaguriwe kujya mu cyiciro cy’ubuyobozi bukuru bw’uru rugaga ari cyo cy’aba Chef-Guide.
Abayobozi b’uturere tugize u Rwanda mu mwiherero w’iminsi ibiri bamaze mu karere ka Rubavu wateguwe n’ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali bavuga ko amanama batumirwamo n’inzego zibakuriye atuma badashobora kuzuza inshingano zo kwegera abaturage no kuberekera inzira yo kuva mu bucyene.
Abagize ishyirahamwe APRED rishinzwe kuganira ku ruhare rw’abanyamadini n’abanyapoliti mu kugarura amahoro mu karere k’ibiyaga bigari bavuga ko habaye ubushake ku mpande zombi amahoro yaboneka kuko abaturage bafite ubushake bw’amahoro.
Mu karere ka Rwamagana hamaze gufungurwa ishami ry’umuryango mpuzamahanga bita “Soroptimist”, ugamije gufasha abagore kugera ku iterambere n’imibereho myiza, kugera ubwo buri mugore wese azagerwaho n’ibyiza abandi bagore bose batigeze bagira.
Umuryango FXB watangije gahunda y’imyaka ibiri igamije gufasha abana b’impfubyi za SIDA n’abagifite ababyeyi bakirwaye batagishoboye gufasha abo bana bagikeneye kubaho, kwiga no kurerwa mu rukundo no kubona iby’ingenzi umwana wese akeneye ngo abeho neza.
Umwe mu myanzuro yavuye mu nama ya cyenda y’abana intara y’Amajyaruguru, ni uko abana bo muri iyi ntara biyemeje gutunga itungo rigufi buri wese, kugira ngo bakure bafite umuco wo kwigira, muri gahunda yiswe ‘Gira Itungo Rigufi Mwana’, nk’uko babyemeje kuri uyu wa Gatanu tariki 20/12/2013.
Muri ibi bihe by’imyiteguro y’iminsi mikuru ya noheri n’ubunani abaturage biganjemo urubyiruko batangaza ko bifuza amafaranga y’iminsi mikuru ariko mu kuyashaka hakaba ababihomberamo, kuko kubera imikino y’amahirwe bishoramo.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA), Jerome Gasana, aremeza ko gahunda batangije yo guteza imbere ubuhanzi ari kimwe mu bimenyetso bigaragaza ubushake mu mpinduramatwara batangiye yo guha imyuga agaciro mu Banyarwanda.
Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) iratangaza ko ibikorwa byo kubaka inkambi ya Mugombwa izashyirwamo imunzi z’Abanyecongo bari mu Rwanda mu nkmabi ya gateganyo ya Nkamira bizaba byarangiye mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama 2014.