Ingabo z’u Rwanda zashoje igikorwa cyo gusimburanya abasirikare 850 bari mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro (UNMISS) muri Sudani y’Epfo. Icyiciro cya nyuma cy’izo ngabo ziyobowe na Col David Bukenya Ngarambe bageze ku kibuga mpuzamahanga i Kigali tariki 27/02/2014 ku gicamunsi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Nyanzoga mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe yabeshye mu nama mpuzabikorwa y’akarere yateranye kuri uyu wa kane tariki ya 27/02/2014 maze bibyutsa andi makosa yakoze, akaba agiye kuzafatirwa umwanzuro hakurikijwe uko ibihano byo mu rwego rw’akazi bikurikirana.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bagomba gutuzwa mu karere ka Nyamagabe bagicumbikiwe by’agateganyo mu murenge wa Gatare, barasaba ko imyiteguro yo kujyanwa gutuzwa hirya no hino mu mirenge yakwihutishwa bakagerayo vuba kugira ngo batangire urugamba rw’iterambere nk’abandi Banyarwanda.
Mu gitaramo kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda cyahuje abantu babarizwa mu matorero n’amadini anyuranye akorera mu mujyi wa Butare tariki 26/2/2014, Minisitiri w’umutekano Musa Fazili Harerimana yasobanuye ko iyo gahunda ari ingabo y’umutamenwa y’u Rwanda.
Inama y’umutekano yo mu karere ka Rusizi yafashe icyemezo ko bitarenze tariki 15/03/2014, ku bigo by’amashuri n’ahandi hantu hahurira abantu benshi hazaba hageze imirindankuba mu rwego rwo kugabanya ipfu n’inkomere bya hato nahato biterwa n’izo nkuba.
Ntabanganyimana Yohani w’imyaka 61 y’amavuko ukomoka mu mudugudu wa Kabusagara mu kagari ka Kabere mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro yafatanywe ibaruwa yandikiye FDLR ikubiyemo intashyo, izina rishya yifuza ko FDLR yakwitwa, ndetse ayemerera n’ubufasha burimo kuyishakira abayoboke.
Abaturage bo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi barishimira ko ubwato bahawe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ubu bukora neza nyuma yo gushyirwaho moteri ijyanye na bwo nk’uko byari mu masezerano y’uwabwubatse.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, muri iki cyumweru zatangije igikorwa cy’umuganda aho zasukuye uduce dutandukanye tw’aho zikorera muri icyo gihugu.
Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) n’abafatanyabikorwa bayo bari kwiga uburyo bunoze bwo gukurikirana no gukemura ibibazo bijyanye n’abantu binjira mu Rwanda cyangwa basohoka mu kivunge kandi batunguranye.
Minisitiri w’imari w’Igihugu cya Suwede, Anders Borf, aratangaza ko igihugu cye kigiye kongera kurekura amafaranga y’inkunga cyari cyarahagarikiye u Rwanda umwaka ushize.
Mu gihe mu Rwanda hakomeje ukwezi kwahariwe imiyoborere ari na ko hakorwa ibikorwa bitandukanye birimo no gukemura ibibazo by’abaturage, ubu hari no kugenzurwa uburyo imitangire ya service imeze mu bigo bya Leta ndetse n’abikorera.
Mukarumongi Frida utuye mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza arahumuriza Abanyarwanda baherutse kwirukanwa mu gihugu cya Tanzaniya, abizeza ko bazabaho neza kuko inzira banyuzemo na we yayinyuzemo ariko ubu akaba afite imibereho myiza nyuma yo kugera mu Rwanda.
Minisitiri w’ingabo, Gen. James Kabarebe, na ba bamwe mu basirikare bakuru b’ingabo z’u Rwanda tariki 25/02/2014 basuye uruganda rwa Nyanza Dairy Plant rutunganya ibikomoka ku mata mu rwego rwo kureba imikorere yarwo ndetse n’aho imirimo yo kurwagura igeze ishyirwa mu bikorwa.
Mu rwego rwo gusoza ibikorwa by’umushinga wa HELPAGE wari umaze imyaka 10 ukorera mu karere ka Rusizi no kurebera hamwe uko ibyagezweho bibungwabungwa, umuyobozi w’akarere ka Rusizi yasabye abayobozi b’imirenge gukangurira abagenerwabikorwa gufata neza ibikorwa uyu mushinga wabagejejeho.
Abakozi n’abayobozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA), bagiranye ibiganiro byari bigamije kubasobanurira gahunda ya "Ndi Umunyarwanda" no kubasobanurira amateka nyakuri y’u Rwanda.
Dr. Nkurunziza Joseph wagize uruhare mu gushinga umuryango Never Again Rwanda yemeza ko nubwo hari uruhare abakoroni bagize mu gutuma Jenoside iba, uruhare runini ari urw’Abanyarwanda kuko hari Abanyarwanda bishe bene wabo kandi batabitumwe n’abakoroni.
Inama y’abaministiri idasanzwe yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku wa mbere tariki 24/2/2014 yagize Lt Gen Charles Kayonga, ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa; ikaba kandi yashyizeho Umunyamabanga uhoraho mushya muri Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), n’abayobozi bashya mu bigo bitandukanye.
Urwego rw’Igihugu rugenzura uburinganire (GMO) rugaragaza ko hari ibyiciro bigenga ubuzima bw’igihugu bitaraha amahirwe angana ibitsina byombi; rukaba rwatangiye kugirana amasezerano n’inzego zitandukanye, ruhereye ku ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA).
Bagirinshuti Joseph w’imyaka 54 akaba atuye mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu avuga ko nubwo yagize uruhare mu kurwanya abacengezi mu mwaka w’1997-1998 yemera ndetsa akanasaba imbabazi ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri komini Mutura ubu ni muri Rubavu.
Mu muhango wo gushyingura Padiri Nambaje Evariste uherutse kwitaba Imana azize abagizi ba nabi, depite Jeanne d’Arc Nyinawase yasabye Abanyarwanda guhanga amaso ubutabera kuko yizera neza ko nibumara gukora akazi kabwo ukuri nyako kuzagaragara.
Imwe mu miryango yirukanwe mu gihugu cya Tanzaniya itujwe mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza iratangaza ko gahunda yo kuyituza mu midugudu bayitezaho kuzahindura byinshi bijyanye n’imibereho ubu babayemo.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Mitali Protais, aravuga ko nyuma y’imyaka ishize Abanyarwanda bakora umuganda ndetse ibikorwa byawo bikaba byigaragaza mu nzego zitandukanye, kuri ubu nta Munyarwanda ukwiye kwibutswa kwitabira umuganda.
Urwego rw’Umuvunyi rwatangiye gukwirakwiza udusanduku ahantu hatandukanye, tuzajya dufatsha abaturage gutanga amakuru n’ibirego kuri ruswa.
Umusore w’imyaka 19 uvuka mu murenge wa Ruhango akarere ka Rutsiro taliki ya 21/2/2014 yatawe muri yombi n’abaturage bo mu mudugudu wa Bereshi mu karere ka Rubavu hafi y’umupaka w’u Rwanda na Congo agiye muri FDLR nk’uko abyiyemerera.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu karere ka Bugesera mu mpera z’icyumweru bahuriye muri kongere maze bishimira ibyo bagezeho mu mwaka ushize kandi banatangaza ibyo bashyize imbere muri uyu mwaka.
Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bo mu karere ka Gisagara, barashima gahunda ya “Ndi umunyarwanda”, bavuga ko yatumye bahindura imyumvire, ndetse bagahamya ko iyi gahunda buri wese nayishyira mu bikorwa u Rwanda ruzarushaho kuba rwiza.
Nyuma yuko habayeho ukutumvikana ku mubare w’impunzi z’abanyarwanda bari muri Congo hagati ya Leta ya Congo n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) byabaye ngombwa ko hakorwa irindi barura birangira habonetse impunzi 185 003.
Me Evode Uwizeyimana, Umunyarwanda akaba n’impuguke mu mategeko wari umaze igihe kitari gito mu mahanga,akaba yaranamenyekanye kenshi ku maradiyo mpuzamahanga nka BBC ndetse n’ijwi ry’Amerika, ngo gutahuka kwe ntibikwiye kuba ikibazo kuko agarutse mu gihugu cye kugirango afatanye n’abandi Banywarwanda kucyubaka.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi arasaba abaturage b’umurenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro gufata neza ingemwe za kawa bateye mu muganda rusange kuko zizabagirira akamaro mu minsi iri imbere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bwafashe ingamba zo gukangurira abaturage kwitabira umuganda buha ibyemezo abawitabiriye kugira ngo abatawitabiriye babashe gutahurwa, bityo bahabwe ibihano biteganijwe.