Abakozi b’Ikigo gishinzwe gukwirakwiza Amazi n’Umuriro (EWSA), bahuguriwe gukemura ibibazo bijyanye n’ibura ry’amazi n’imitangire ya serivisi, nyuma y’uko iki kigo cyakomeje kurangwa n’imikorere itanoze yanagiteje igihombo.
Umukobwa witwa Uwintije Gaudence utuye ku kirwa cya Bushonga, kiri mu kiyaga cya Burera, mu murenge Rugarama, akarere ka Burera, niwe mukobwa wa mbere urangije amashuri yisumbuye, kuva icyo kirwa gituyeho abantu.
Raporo yashyizwe ahagaragara muri uku kwezi kwa gashyantare n’umugenzuzi w’akarere ka Rubavu igaragaza ko hari amafaranga arenga miliyoni 21 ba rwiyemezamirimo bahezemo akarere kandi yagombye gukoreshwa muri gahunda z’iterambere.
Umuyobozi ukuriye ibiro bikuru by’inama y’Abascout mu Rwanda, Tabaruka Jean Claude, arasaba Abascout bo mu karere ka Rutsiro kuba inyangamugayo, kandi ubwo bunyangamugayo bukabageza ku iterambere rirambye.
Mu gihe kingana n’ukwezi Intore ziri ku rugerero mu karere ka Rulindo zikomeje ibikorwa byazo byo kubaka igihugu ariko hari bimwe mu bikoresho zitarabona kugira ngo ibikorwa byabo biyemeje babashe kubigeraho neza.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiye i Addis Ababa muri Ethiopia kuri icyi cyumweru tariki 24/02/2013 aho yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano yo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo no kurwanya ihohoterwa rikorerwa abaturage.
Nyuma yo kubona ko hari bamwe mu baturage b’akarere ka Rulindo bacitse ku icumu badafite inzu zo kubamo, umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimee, arasaba ubuyobozi bw’ako karere gukemura icyo kibazo vuba.
Abagore batatu n’umwana umwe nibo bamaze kumenyekana ko bapfiriye mu modoka yaguye muri ruhurura i Nyabugogo, biturutse ku mvura y’amahindu yaguye mu mujyi wa Kigali ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 23/02/2013.
Minisitiri w’Umutekano, Sheikh Moussa Fazil Halerimana, avuga ko ikibazo cy’amapeti y’Abacungagereza bo mu rwego rwa sous-officiers batagaragaye k’urutonde rw’abazamuwe mu ntera, Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), rukibisuzuma rukazatanga igisubizo mu byumweru bibiri.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yamenyesheje abitabiriye umuganda wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 23/02/2013, ko urugendo rwo kwibeshaho no kwanga gutega amaboko rukomeje kandi hari icyizere, ashingiye ku bwitabire bw’abaturage mu bikorwa bifite inyungu rusange.
Abajyanama b’ihungabana mu karere ka Rulindo, barasabwa kwegera abatuye aka karere bafite ibibazo by’ihungabana. Ibibazo by’ihungabana byiganje muri iyi minsi usanga ari irishingiye ku bwunvikane bucye bwo mu miryango, nk’uko babyivugira.
Félicien Nzayisenga w’imyaka 18 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro, ntari kugaragara mu bice byo hafi y’iwabo nyuma y’uko hari umukobwa utwite inda byavugwaga ko yayitewe na se wa Nzayisenga, ariko nyuma uwo mukobwa akaza kwemeza ko yayitewe na Nzayisenga.
Imiryango 10 ituye mu kirwa cya Bushonga, kiri mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, yabanaga bitemewe n’amategeko, yasezeranye byemewe n’amategeko kugira ngo ikomeze ibane neza.
Sendika y’abamotari ikorera hirya no hino mu gihugu (STRAMORWA), ifite intego zo gukomeza gushora imari kugeza bageze n’aho bazashora imari mu by’indege, nyuma yo kuva ku magare bakagatwara moto.
Abakuru b’imidugudu mu karere ka Kayonza ntibazongera gusinya ku byangombwa ahubwo bizajya bitangirwa mu kagari kuko ari rwo rwego ruto rwa Leta rugira kasha; nk’uko bisobanurwa n’umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mutesi Anita.
Mu gikorwa cyo gusezeranya abagabo n’abagore babanaga nk’abashakanye ku buryo butemewe n’amategeko mu murenge wa Nyamabuye ho mu karere ka Muhanga, umugore yatunguwe no kumva umugabo we avuga ko bagomba gusezerana ivangamutungo muhahano.
Perezida Kagame yakiranye ibyishimo Ambasaderi wa Kenya ucyuye igihe, Mme Rose Makena Muchiri, kubera ibikorwa by’iterambere yagejeje ku Rwanda mu izina ry’igihugu cye, birimo ubuhinzi, uburezi, ingufu, ishoramari n’imibanire myiza ishingiye ku miryango ibihugu byombi birimo.
Itsinda ry’Abanyasudani y’Epfo 27 bari mu Rwanda mu masomo yo kwiga ku buringanire no kubaka amahoro, baratangaza ko bashenguwe n’ibyo babonye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi, byabibukije ibyo nabo babayemo.
Umwana witwa Shukuru uri mu kigero cy’imyaka itandatu y’amavuko, yatowe ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda uri mu Cyanika mu karere ka Burera tariki 19/02/2013 ariko inkomoko ye ntiramenyekana kuko adasobanura neza aho yaturutse.
Batayo ya Gatatu ikubutse mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Amajyepfo, irishimira ko imyaka basize bafashije abaturage guhinga yeze. Bitewe n’ubukene bugaragara muri aka gace ngo abaturage ntibashobora no kwigurira amasuka yo guhingisha.
Ikigo gishinzwe imiyoborere (RGB) hamwe n’Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka, basabye ubuyobozi bw’uturere n’abashinzwe kureberera imirimo y’abafatanyabikorwa batwo mu iterambere (JADF), gukurikirana ibikorwa by’imiryango itagengwa na Leta, kugirango itange umusaruro ugaragara.
Mu gihe cy’iminsi itatu gusa, urubyiruko rwaturutse muri Korea y’Epfo ku bufatanye n’urubyiruko rwo mu karere ka Nyamasheke babashije kuzuza inzu y’umukecuru utishoboye ifite agaciro gasaga amafaranga ibihumbi 600.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Kamonyi batangiye kumurika ibikorwa bya bo mu rwego rwo kumenyekanisha ibyo bakora no kwigira ku bandi mu rwego rwo kunoza imikorere.
Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Gakenke ushinzwe imibereho myiza, Ntakirutimana Zephyrin, avuga ko Abanyarwanda ari bo bafite igihugu cyabo mu maboko kugira ngo bagiteze imbere aho gutegereza ak’imuhana kaza imvura ihise.
Nsabimana Stefano na Ntahontuye bo mu kagari ka Tangabo mu murenge wa Manihira bitabye Imana tariki 19/02/2013 bahitanywe n’umuyoboro w’amazi bifashishaga mu bucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye abaturage bo mu karere ka Nyaruguru guharanira kuva mu bukene (cyane cyane ubw’ibitekerezo), kuko ari uburenganzira bwabo, bikaba n’inshingano z’abayobozi kubafasha gutera imbere, batabikora bagakurwaho icyizere.
Kuva tariki 19 kugeza 21/02/2013 abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyanza bari mu gikorwa cyo kumurikira abaturage ibikorwa bakorerwa bigamije kuzamura iterambere n’imibereho myiza yabo.
Ubwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasuraga abaturage b’akarere ka Nyamagabe tariki 19/02/2013, bongeye kumugaragariza ko bamukeneye nk’umuyobozi w’u Rwanda muri manda ya gatatu kuko hari byinshi yabagejejeho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bwagiranye inama n’abavugwaho ubucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro birangira abavugwaga muri ibyo bikorwa biyemeje kubihagarika no gukumira undi wese wabijyamo.
Umukuru w’Inkeragutabara mu Ntara y’Iburengerazuba, Colonel John Tibesigwa, arakangurira Inkeragutabara zo mu karere ka Nyamasheke gutinyuka zikipimisha ku bushake virusi itera SIDA kugira ngo zimenye aho zihagaze imbere y’iki cyorezo.