Itsinda ry’abanyeshuri n’abarimu baturutse muri Kaminuza ya Wharton muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, baratangaza ko batangajwe cyane n’uburyo u Rwanda rwihuta mu iterambere mu gihe cy’imyaka 20 ruvuye muri Jenoside.
Minisitiri w’imari muri Niger, Gilles Baillet, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda atangaza ko nyuma yo kwirebera uburyo u Rwanda ruteye imbere mu micungire y’imari n’imiyoborere myiza, byatumye yifuza ko igihugu cye cyakwagura imibanire n’u Rwanda.
Nyuma y’imyaka irenga ibiri inzu y’itangazamkuru Kigali Today Ltd itangariza amakuru ku mbuga za internet, kuri ubu iri mu myiteguro yo gutangiza radio izajya yumvikanira ku murongo wa FM hirya no hino mu gihugu.
Ikamyo ipakiye amavuta ya PAM yari iturutse i Dar Es Salam muri Tanzania yerekeza i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakoze impanuka ubwo yari igeze mu karere ka Nyamasheke, ita umuhanda wa kaburimbo irabirinduka cyakora Imana yakinze ukuboko ntihagira umuntu ihitana.
Nyuma y’aho ishuri ryisumbuye rya E S. Byimana rihiriye inshuro eshatu mu mwaka ushize wa 2013, abanyeshuri batangiye kuryigamo mu mwaka wa 2014 igihembwe cya mbere, baravuga ko bizeye umutekano wabo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Gitwa mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro, Nsengiyumva Etienne yatawe muri yombi tariki 07/01/2014 akimara kwakira ruswa y’ibihumbi 20 by’amafaranga y’u Rwanda yari ahawe n’umuturage.
Mu gihe kuri uyu wa 09/01/2014 intore ziri ku rugerero mu gihug hose zaganirijwe kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, Komiseri mu komisiyo y’igihugu y’itorero, Josée Twizeyeyezu yasuye izo mu karere ka Nyabihu azishishikariza kwitabira iyo gahunda.
Abagize komisiyo ya politike n’imiyoborere myiza muri sena kuwa 8/1/2014 bari mu karere ka Bugesera mu rwego rwo kugenzura ibibazo byagaragaye nyuma y’isozwa ry’imirimo y’inkiko Gacaca.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buvuga ko butari bufite amakuru y’umugore umaze iminsi aba mu busitani bwo mu mujyi rwa gati w’ako karere ariko ngo ubwo bumenye icyo kibazo bugiye kugikurikirana.
Ku mugoroba wa tariki 08/01/2014, Abanyarwanda 108 birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya bari baracumbikiwe mu nkambi za Rukara na Kiyanzi, bakiriwe mu karere ka Ruhango aho bavuye ubwo bahungaga mu bihe bitandukanye.
Urwego rw’umuvunyi rurasaba abakozi ba Leta ndetse n’abayobozi ko igihe baramutse bahawe impano bari mu bikorwa by’akazi bakora batajya bazigira izabo ahubwo ngo ziba ari iz’ibigo bakorera.
Abanyamakuru banditse inkuru zirebana n’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe barashishikarizwa kwitabira irushanwa rizatangwamo igihembo mu Nama y’uyu muryango iteganyijwe mu mpera z’uku kwezi kwa Mutarama 2014.
Ambasaderi Benedict Llewellyn Jones, wari umaze imyaka itatu ahagarariye Ubwongereza mu Rwanda, yasezeye kuri Perezida Paul Kagame; anamwizeza ko uretse umubano hagati y’ibihugu byombi uzakomeza, n’imigenderanire y’abaturage ku mpande zombi izaba myiza mu bihe biri imbere.
Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu nteko ishinga amategeko (FFRP) rivuga ko rimaze kugira aho rigera, bityo igihe kikaba kigeze ngo babe bafungurira imiryango bagenzi babo b’abagabo bakaza gufatanya gahunda yo kubaka uburinganire n’ubwuzuzanye.
Bitewe n’uko umuhanda wambukiranya akarere ka Kamonyi werekeza mu Ntara y’Amajyepfo, ukunze kuberamo impanuka nyinshi, Polisi ifatanyije n’inzego z’ibanze barakangurira abawukoresha kwigengesera, birinda gukora amakosa yose ashobora guteza impanuka.
Minisitiri ushinzwe abinjira n’abasohoka, umutekano n’ubutabera w’u Buholandi, Fred Teeven, yasuye gereza ya Nyanza kuwa kabiri tariki 7/01/2014 ashima urwego iyi gereza igezeho mu buryo bwo kugorora abayifungiyemo ndetse no kwita ku mibereho myiza yabo.
Abadepite basuye urwibutso rwa Nyarushishi mu karere ka Rusizi tariki 06/01/2014 banenze imyubakire yarwo ndetse no kudindira kw’imirimo yo kurwubaka bituma bakeka ko hashobora kuba harabayemo ruswa.
Komisiyo ishinzwe ubukungu n’ubucuruzi mu Nteko Ishingamategeko y’u Rwanda umutwe w’abadepite iratangaza ko umushinga w’uburyobyi mu karere ka Karongi ukora neza kandi ukazanira inyungu abaturage n’ubwo ngo hari ingorane ufite zijyanye n’imiterere y’aho bakorera.
Depite Nyirarukundo Ignatienne, niwe Perezidante mushya w’ihuriro ry’abanyarwandakazi bari mu nteko ishinga amategeko (FFRP), akaba ayoboye komite yatowe kuri uyu wa mbere tariki 06/01/2014 amatora yabereye mu karere ka Musanze.
Mu gihe Leta y’u Rwanda yatangiye igikorwa cyo gusubiza mu buzima busanzwe Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya, ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga, buratangaza ko Abanyarwanda bazakira nta mitungo bahafite kuko abenshi bavukiye muri Tanzaniya.
Abagenzi barenga 80 baraye mu mazi y’ikivu bava Rubavu bajya Kamembe kubera imikorere y’icyombo cya Nkombo kigenda cyonyine mu Kivu cyatwaye abantu benshi kigasabwa kubagabanya kigakora amaturu abiri.
Tariki 6/01/2014 mu tugali twose tw’igihugu hatangiye gahunda nshya yiswe “intore mu zindi” ihuriwemo n’abanyeshuli barangije amashuli yisumbuye mu mwaka wa 2013 mu gihe bagitegereje kuzakomeza mu mashuli makuru na za kaminuza.
Igisirikare cy’u Rwanda, Uganda na Kenya byiyemeje gushyira hamwe mu kubungabunga umutekano mu karere byifashishije inzego za gisirikare na polisi, mu rwego rwo kwagura ubuhahirane mu baturage batuye muri ibi bihugu.
Shyaka Hassan atuye mu mudugudu wa Nyarusange, akagari ka Karengera, mu murenge wa Musambira mu karere ka Kamonyi; ahamya ko aho arekeye guhohotera umufasha we Nyiraminani Hasira, urugo rwe rwateye imbere kubera gushyira hamwe bakarukorera.
Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Nyamishaba mu murenge wa Bwishyura, akarere ka Karongi mu minsi ya Noheli rwasenywe n’abantu bataramenyekana ariko ubuyobozi bw’umurenge buvuga ko bashobora kuba ari inzererezi ngo zashakaga kwiba ibyuma byo ku ruzitiro.
Abantu 22 barimo abagore batanu b’indaya ndetse n’abagabo 17 b’inzererezi bemera ko bakoreshaga ibiyobyabwenge, baratangaza ko batangiranye umwaka wa 2014 ingamba nshya zo guhindura iyo myitwarire mibi kandi bakaba bazashishikariza abandi kuva muri izo ngeso zibangiza.
Imiryango 80 itishoboye yo mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma ,yahawe n’umushinga F.X.B w’Umunyamerika , ibikoresho biyifasha kugira isuku banywa amazi meza kugirango irusheho kugira ubuzima bwiza.
Mu gihe ubuyobozi bwa FDLR busaba ko Leta ya Congo hamwe na MONUSCO batayirwanya ahubwo bakayifasha kumvisha u Rwanda kugirana ibiganiro, bamwe mu bayobozi babiteye utwatsi bayisaba gushyira intwaro hasi igataha mu Rwanda ikaba ariho isabira ibiganiro.
Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi mu karere ka Kirehe na Rukara muri Kayonza batangiye kuhavanwa aho abagera kuri 269 bagize imiryango 96 boherejwe mu turere twa Kicukiro, Nyarugenge na Ngororero.
Umusaza Gatoya Nsengiyumva w’imyaka 63 n’umuhugu we Habanabakize bamaze amezi atandatu mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi bavuga ko baje batahutse nk’abandi banyarwanda bari baraheze hanze y’igihugu ariko ngo ikibababaza nuko badataha kimwe n’abandi.