Pasitori Nzabonimpa Canisius ayobora itorero rya ADEPR paruwasi ya Rwahi mu karere ka Rusizi, avuga ko nubwo yavukiye mu muryango w’abakene ubu ageze ku rwego rwo kwicarana n’abantu bakomeye avuga igifaransa n’icyongereza nk’abazungu.
Abatuye imirenge ya Mutendeli na Kazo mu tugari twa Nyagasozi na Muzingira mu karere ka Ngoma barashima umuryango E.H.E, wabahaye ivomero rusange ry’amazi meza nyuma yuko bari bararembejwe n’indwara z’inzoka kubera kunywa amazi mabi.
Urubyiruko 696 rwari rumaze igihe cy’umwaka mu kigo ngorora muco no kwigisha imyuga kiri ku kirwa cya Wawa taliki 1/8/2014, rwahawe inyemezabumenyi z’imyuga no kureka gukoresha ibiyobyabwenge, rwizeza ababyeyi n’abayobozi ko igihe bataye bagiye kukigaruza bubaka ubuzima bangije no gutez aimbere igihugu bakoresheje imirimo bize.
Umuhango w’umuganura washyizwe muri gahunda za Leta zo kwishakamo ibisubizo no kwigira; aho ngo uzajya wizihizwa buri mwaka abantu basabana, ariko bakaboneraho n’igihe cyo kwisuzuma, kwesa imihigo no gufata ingamba zo gukoresha neza ibyo bafite; nk’uko inzego zishinzwe gutegura umuganura zabitangaje.
Mu gihe mu Rwanda kuri uyu wa 01/08/2014 hizihizwaga umunsi w’umuganura, abatuye akarere ka Ngoma bawizihije bagaruka ku muco bazirikana icyo umuco w’umuganura wabaga uhatse n’icyo bawigiraho mu gihe cya none ngo biteze imbere.
Abayapani b’abakorerabushake mu Rwanda batangaje ko guhera ku wa gatatu w’icyumweru gitaha, bazakora imurika rigaragaza uburyo bombe atomike zatewe mu mijyi ya Hiroshima na Nagasaki zarimbuye imbaga zikangiza n’ibintu byinshi; ariko kuri ubu u Buyapani bukaba ari igihugu gifasha amahanga atandukanye n’u Rwanda rurimo.
Minisitiri mushya muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) Francis Kaboneka arizeza ko akazi gashya atangiye muri iyi minisiteri kazarangwa n’ubupfura no gukunda akazi, kugira ngo akomeze yubakire ku byo asanze byagezweho.
Nyuma y’ihohoterwa abagore bo mu kagari ka Nyagisozi umurenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango bari bamaze igihe bakorerwa n’abagabo babo, kuri ubu barishimira ko umugoroba w’ababyeyi umaze guhindura byinshi kuko batagiharikwa cyangwa ngo bakubitwe.
Polisi y’igihugu yashyize ahagaragara igitabo cy’amapaji 278, kivuga ku mateka yo gucunga umutekano mu Rwanda kuva mu gihe cy’ubukoloni n’ibigwi bya Polisi y’igihugu kuva yashimgwa mu myaka 14 ishize.
Itsinda ry’abakozi b’ikigo The Institute of Policy Analysis and Research (IPAR) bari mu karere ka Nyanza kuva tariki 29 kugeza ku ya 30/07/2014 mu rwego rwo gukora ubushakashatsi bwimbitse ku ruhare imihigo igira mu iterambere ry’abaturage.
Nyirakadari Dina, umwe mu Banyarwanda birukanwe muri Tanzaniya utuye mu Kagali ka Garuka mu Murenge wa Musanze ho mu Karere ka Musanze arishimira ko ubuyobozi bwamufashije bishoboka nyuma yo guhabwa inzu ngo arimo gusubira mu buzima busanzwe.
Minisitiri mushya muri Ministeri y’Umutungo kamrere (MINERENA), Dr. Vincent Biruta, arasaba abakozi bagiye gukorana kongera imbaraga mu kazi kugira ngo babashe kuzuza inshingano z’iyi minisiteri, akanizeza kandi ko azubakira ku byagezweho n’uwamubanjirije.
Mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi hageze Abanyarwanda 48 batahutse bava muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo bakaba bavuga ko kuba baratinze kugaruka mu gihugu cyabo babiterwa n’umutwe wa FDLR ubabwira ko igihe cyo gutahuka kitaragera kuko ngo bazagaruka ku bw’imishikirano.
Ikigo rukumbi mu Rwanda gitanga umuriro n’amashyanyarazi cyari kizwi nka EWSA, cyaciwemo ibice bibiri kinakorwamo andi mavugurura atandukanye ajyanye n’abakozi, nk’uko byemejwe n’inama y’Abaminisitiri iheruka.
Abakozi b’akarere ka Burera, batoranyijwe gusobanura ibikorwa by’imihigo y’ako karere y’umwaka 2013-2014, batangaza ko isizuma ry’imihigo rishya ryashyizweho rituma bisanzura bagasobanura neza ibikorwa bakoze.
Kubera ikibazo cy’ubuharike gikunze kuboneka mu idini ya Islam bigatuma imwe mu miryango irangwamo umwiryane kubera guharikwa n’abagabo babo, abagore b’Abisilamu bo mu karere ka Gicumbi basaba abagabo babo kubahiriza Itegeko Nshinga ryemerera umugabo gushaka umugore umwe kuruta uko bakubahiriza amahame y’idini.
Inama mpuzamahanga yiga ku ikoranabuhanga rishingiye ku bumenyi bw’isi no gukora amakarita (GIS), yatumijwe n’ishuri rikuru ry’abalayiki b’abadivantisti (INILAK), ngo iratanga uburyo bwo guhangana n’ibiza bimaze guhombya u Rwanda akayabo k’amafaranga menshi, nk’uko Ministeri y’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDMAR) (…)
Byari ibirori bidasanzwe tariki 26/07/2014 ubwo abaturage b’umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi bateraniraga hamwe n’abayobozi babo n’abandi bayobozi banyuranye barimo Senateri Mushinzimana Appolinaire n’abavuka mu murenge wa Nzahaha batuye i Kigali n’ahandi, mu birori byo kwishimira ibyo bagezeho mu rwego rw’ibyo (…)
Abasilamu bo mu karere ka Rusizi barasabwa gukomeza kurangwa n’ibikorwa cy’urukundo nk’ibyagiye bibarangwaho mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan; nk’uko byagarutsweho ku munsi mukuru wa Eid Fitri wabaye tariki 28/07/2014.
Kubahana, kurangwa n’urukundo n’ubusabane no guharanira icyateza imbere abanyagihugu nibyo bikwiye kuranga umuyisilamu muzima; nk’uko byagarutsweho n’abayisilamu bo mu karere ka Nyagatare ubwo hizihizwaga umunsi wa Idil Fitr usoza igisibo cy’ukwezi kwa Ramadhan.
Ubwo abayislamu bo mu mujyi wa Gisenyi bizihizaga umunsi mukuru wa Eid El Fitr kuri uyu wa 28/07/2014 bahuriye kuri Stade Umuganda ahabereye amasengesho, bashima ubuyobozi bw’igihugu bwahaye abasilamu bo mu Rwanda agaciro.
Itorero rya ADEPR muri paruwasi ya Nyamasheke ryatangije uburyo butari busanzwe bwo kuvuga ubutumwa biciye mu bakozi bakora akazi bahemberwa ku kwezi.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Base mu kagari ka Rwamahwa ngo bahangayikishijwe n’uko abayobozi bashaka kubambura umurima bavuga ko bari barahawe n’uwahoze ari umunyamabanga nshingwabikorwa wayoboraga umurenge wa Base, ubu akaba yarimuriwe mu wundi murenge.
Abaterwa inkunga n’ikigega cy’Abanyamerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga (USAID) barishimira ibyo bamaze kugeraho babikesha iyo nkunga; babigaragaje ubwo USAID yabasuraga mu rwego rwo kureba uko abo ifasha babayeho, ibyo bakora ndetse n’icyo inkunga yahawe yabamariye mu mibereho yabo.
Mu gikorwa cy’umuganda rusange usoza ukwezi wabaye tariki 26/07/2014 umuyobozi w’akarere ka Nyanza Bwana Murenzi Abdallah yabwiye abari muri uyu muganda ko bagomba kwita ku iterambere ry’igihugu ngo kuko nta wundi rireba usibye Abanyarwanda ubwabo.
Ubuyobozi bw’akagari ka Nyagatare mu karere ka Nyagatare bwafashe icyemezo cyo gukora amakarita y’abitabira umuganda hagamijwe kumenya abatawitabira bigafasha mu kubagenera ibihano biteganywa n’itegeko ry’umuganda.
Igikorwa cyo kubakira Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya batujwe mu karere ka Bugesera kirarimbanyije, mu murenge wa Mayange harimo gusozwa kubaka amazu 15 abo banyarwanda bazatuzwamo.
Ministiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, yahaye ikaze abaturage birukanywe muri Tanzania barimo abari kubakirwa, abasaba gufatanya n’abandi mu iterambere ubwo bazaba bamaze kumenyera ubuzima busanzwe, kuko ngo nta wundi mutungo kamere u Rwanda rufite atari abaturage.
Bamwe mu baturage b’akarere ka Kamonyi batarabona ibyangombwa by’ubutaka bwabo, batangaza ko bagihura imbogamizi zituma batabihabwa, bakaba nta n’icyizere cyo kubibona bafite kuko batujuje ibisabwa.
Bamwe mu baturage batuye ahitwa i Nyarunazi ho mu kagari ka Rwimishinya mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza ngo bari baratijwe ubutaka na leta kuva mu mwaka wa 2010 kugira ngo babuhingeho kawa, ariko mu minsi ishize barabwambuwe buhabwa amakoperative y’abagore.