Raporo y’ibanga ishami ry’umuryango w’Abibumbye (Monusco) rikorera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, igaragaza ko rwinshi mu rumogi rucuruzwa mu Burasirazuba bwa Congo ruhingwa n’inyeshyamba za FDLR mu duce twa Ikobo, Lusamambo, Bukumbirwa, Buleusa, Miriki, Luofu, Lusogha, Kanandavuko,Lueshe, Mirangina, (…)
Umutahira mukuru w’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface, abwira abatoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza ko ibikorwa byiza bazakora ndetse n’imyitwarire myiza bazagaragaza bari ku rugerero ari byo bizahindura imyumvire y’Abanyarwanda bityo bakubaka Ubunyarwanda bugakomera.
Nyuma yo kubona ko akarere ka Gicumbi kugarijwe n’ikibazo cy’abana bata amashuri bakajya gusoroma icyayi ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi bwafashe ingamba zo gukora ubukangurambaga ku ma koperative y’ubuhinzi bw’icyayi kureka kujyana abo bana muri iyo mirimo byakwanga bakitabaza inzego z’ubutabera bagahanwa.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Mareba mu karere ka Bugesera buravuga ko bugiye guhagurukira ikibazo cy’abana bata ishuri mu maguru mashya kandi abo bana bagahita basubizwa mu mashuri bari baravuyemo.
Bamwe mu basore n’abagabo bakora imirimo isaba ingufu mu Mujyi wa Musanze, Umurenge wa Cyuve ariko bakorera amafaranga atari menshi, barya imbada aho gufata amafunguro ya saa sita asanzwe kuko ngo barazirya bakumva barahaze bakabona n’imbaraga zo gukomeza akazi nta kibazo.
Capt Kayitana wari umuyobozi wungirije muri CRAP itsinda rishinzwe iperereza muri FDLR riyobowe na Col Ruhinda muri Nyiragongo na Goma, taliki ya 3/9/2014 yiciwe ahitwa Rusayo n’umwe mu bamurinda.
Ahagana mu ma saa moya z’iki gitondo cya tariki 05/09/2014, FUSSO yari ipakiye imbaho igonze taxi mini bus yari iturutse i Runda mu karere ka Kamonyi itwaye abana baje kwiga i Kigali abari bicaye inyuma barakomereka gusa nta witabye Imana.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Komiseri ushinzwe amahoro n’umutekano mu muryango wa Afurika yunze ubumwe (AU), Amb. Smaïl Chergui ndetse n’intumwa nshya y’Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye mu karere k’ibiyaga bigari, Said Djinnit, bose bashimangiye ko FDLR igomba kurwanywa n’idashyira intwaro hasi.
Abinjijwe mu rwego rwa DASSO rushinzwe kunganira inzego z’ibanze mu gucunga umutekano mu karere ka Gasabo, barasabwa kwitwara neza mu kazi kabo no gukorana neza n’abaturage babafasha gucyemura ibibazo bahura nabyo kugira ngo umutekano urusheho kubungwabungwa neza.
Abakozi bakorera sosiyete yitwa One star Ltd irimbisha umujyi wa Ruhango baratabaza akarere kubishyuriza amafaranga bambuwe na rwiyemezamirimo wabahaye akazi ngo kuko baheruka guhembwa mu kwezi kwa Gatanu, none ubu bamwe bakaba barimo gusohorwa mu mazu abandi bakabura uko bivuza.
Minisitiri muri Ministeri y’imicungire y’ibiza no gucura impunzi (MIDIMAR) ari kumwe n’umuyobozi w’ishami ry’umurango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) mu Rwanda basuye inkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi mu rwego rwo gushakira umuti bimwe mu bibazo iyo nkambi ifite kugirango abayinyuramo (…)
Ku wa 25/08/2012, abatuye akarere ka Ngororero babonye ikiraro cy’abanyamaguru gihuza imirenge ya Bwira na Gatumba hafi y’imbibi z’iyo mirenge n’uwa Muhororo yose yo mu karere ka ngororero. Iki kiraro cya metero 50 cyubatswe ku mugezi wa Kibirira cyakuyeho imfu za hato na hato zaterwaga n’amazi y’uwo mugezi ndetse kigabanya (…)
Mu nkambi ya Nyagatare iri mu murenge wa Gihundwe, mu karere ka Rusizi, isanzwe yakira by’agateganyo impunzi z’abanyarwanda zitahuka, hageze impunzi z’abanyarwada 36 ziturutse muri zone ya Masisi no ku Idjwi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, kuri uyu wa gatatu tariki ya 3/9/2014.
Kuri uyu wa gatatu tariki 03/09/2014, intumwa z’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (RGB) zasuye akarere ka Kirehe zigirana ibiganiro nyunguranabitekerezo n’abakozi n’abahagarariye ibigo binyuranye bikorera muri ako karere, hagamijwe kunoza intego z’icyerekezo 2030 isi yifuza kugenderaho.
Ntagozera Joseph wo mu Kagari ka Cyogo, Umurenge wa Muko mu Karere ka Musanze, atangaza ko kwitwa inganzwa n’abaturanyi n’abandi bagifite imyumvire ikiri hasi kubera gufasha umugore we imirimo yo mu rugo ntacyo bimutwara, kuko afite icyerekezo cyo gufatanya n’umugore we imirimo yose kugira ngo umuryango wabo utere imbere.
Ubuyobozi bwo mu karere ka Burera buhamya ko Abahwituzi bafite akamaro gakomeye kuko aribo bifashishwa mu kugeza ku baturage gahunda za Leta zitandukanye mu buryo bwihuse bigatuma abo baturage bazishyira mu bikorwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko hakenewe amafaranga agera kuri Miliyoni 40 kugira ngo gashobore kubakira abanyarwanda kakiriye birukanywe muri Tanzaniya.
Minisitiri w’ingabo General James Kabarebe, akaba n’imboni y’akarere ka Rubavu muri guverinoma, yashimiye abaturage bo mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu kubera umuhate bagira mu kongera umusaruro uva mu byo bakora, bitandukanye n’amateka yigeze kuranga uyu murenge mu gihe cy’intambara y’abacengezi.
Abafite ubumuga bo mu karere ka Rusizi bagifite ingeso yo gusabiriza barasabwa kuyicikaho, bagafatanya n’abandi kwibumbira mu makoperative kugira ngo babashe kugerwaho n’ubufasha baba bakeneye bitagoranye.
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha ruzwi mu rurimi rw’icyongereza nka “Young Volunteers” rurakangurirwa kugira uruhare mu kubaka igihugu ariko ibyo bazabigeraho nibabanza guhinduka bo ubwabo, kandi bagashyira imbaraga nyinshi mu guhindura aho batuye by’umwihariko bagenzi babo kugira ngo igihugu kibe cyiza (…)
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Nyamasheke, tariki 02/09/2014, umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibijyanye no gutwara abantu n’ibintu muri minisiteri y’ibikorwa remezo, Dr Nzahabwanimana Alexis, yasabye ko ahantu hatanoze mu iyubakwa ry’umuhanda uva Nyamasheke ugana i Karongi, hakosorwa kugira ngo inenge zashoboka zibashe (…)
Abashoramari bagize ihuriro ryitwa Rwanda National Dairy Platform (RNDP) ry’aborozi, abatunganya amata (mu nganda) n’abashinzwe kuyakwirakwiza mu gihugu, bafite impungenge ko kuba Abanyarwanda batanywa amata mu buryo buhagije, bikomeza gutuma bagira imirire mibi ndetse ngo abo bashoramari bakaba bagenda bahomba uko iminsi (…)
Bamwe mu bagore batuye mu murenge wa Gakenke mu karere ka Gakenke bemeza ko abagabo babo bamaze gucengerwa na gahunda ya leta yo kutarenza umugore umwe ku buryo ingo nyinshi zitakigaragaramo abagabo baharika abagore babo, bikaba kandi byaranatumye amakimbirane agabanuka mu miryango.
Kigali Today (K2D) yagiranye ikiganiro cyihariye n’umuyobozi w’akarere ka Gakenke Deogratias Nzamwita ayitangariza byinshi mu buzima bwe kuva ku mirimo ya Leta itandukanye yakoze kugeza ku myidagaduro n’ifunguro akunda.
Urubyiruko rwo mu karere ka Kirehe rurishimira ikigo rumaze kubakirwa mu Murenge wa Kirehe. Iyi nyubako igizwe n’ibyumba bisaga 20 bizajya bikorerwamo imirimo inyuranye ijyanye no gufasha urubyiruko mu buzima bwarwo bwa buri munsi.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyabihu basanga gutanga serivise nziza mu rwego rwose umuntu yaba arimo ari urufunguzo rw’iterambere mu gihugu. Ibi babivuga mu gihe u Rwanda rugenda rwifatanya n’ibindi bihugu muri gahunda z’iterambere zinyuranye, aho abaturage basanga abanyarwanda bakwiye kurushaho gufunguka mu mutwe (…)
Abavili, abapolisi n’abasirikare 30 bava mu bihugu umunani by’Afurika y’Iburasizuba, kuri uyu wa mbere tariki 01/09/2014 batangiye amahugurwa ku burenganzira bw’abana no kubarinda mu bihe by’intambara mu Ishuri Rikuru ry’Amahoro (Rwanda Peace Academy) riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze.
Abapolisi 140 b’abagore batangiye guhugurwa n’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye (UN), ku bijyanye n’uko bazitwara mu kizamini kizatuma bahagararira uyu muryango mu bihugu bitandukanye ku isi mu kubungabunga amahoro.
Abaturage bo mu mudugudu wa Sangaza, akagari ka Ruhinga, umurenge wa Zaza mu karere ka Ngoma, bavuga ko gahunda ya “ndi umunyarwanda” yatumye bagira imbaraga mu gushyira hamwe bafasha abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bahatujwe.
Mu giterane bamazemo iminsi ine, abakirisitu bari mu matorero atandukanye mu karere ka Ruhango, baravuga ko bashoboye kuhigira byinshi bijyanye no kwegerana n’Imana, ariko cyane cyane guha agaciro gahunda za Leta zirimo kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge, ubwisungane mu kwivuza n’ibindi.