Itsinda rigenzura imihigo y’uturere ryatangiye ibikorwa byo kugenzura imihigo y’Akarere ka Rubavu, ariko basaba abakozi b’akarere kutabafata nk’abagenzacyaha.
Ntibanyendera Ladislas bita Mashenda wigize Pasiteri mu Itorero “Revelation”, afunzwe akekwaho kwangisha abaturage ubuyobozi, ubwambuzi bushukana no gucuruza abana yasambanyije.
Abagiraga amazu y’ubucuruzi mu gasantere ka Busoro i Gishamvu, binubira ko basabwe kwimukira aho iyi santere yimuriwe nta ngurane y’ibibanza.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe abana(NCC) ivuga ko umwana ugiye kurerwa mu muryango ataba agiye gusubiza ibibazo by’abamurera ahubwo ko ari bo bagomba gusubiza ibye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko bugiye guhagurukira ababyeyi b’abana b’inzererezi kuko abenshi mu bana bo mu muhanda babiterwa n’iwabo.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Kirehe rurasabwa gukoresha imbuga nkoranyambaga mu kurushaho kumenyekanisha isura y’igihugu mu iterambere.
Abapolisi 40 baturutse mu mitwe itandukanye ya Polisi y’u Rwanda, ku italiki ya 23 Nyakanga, batangiye umwiherero w’iminsi ibiri ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, muri gahunda yo kongera imbaraga mu kurwanya ruswa mu gipolisi no mu gihugu muri rusange.
Abanyamuryango ba AVEGA mu gihugu bagiye kurushaho gucunga neza imishinga no kuyiteza imbere nyuma yo kubiherwa amahugurwa.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashimiye abatumye imitegurire y’inama y’Ubumwe bw’Afurika yateraniye i Kigali igenda neza, avuga ko n’abashyitsi batunguwe uko bakiriwe.
Ubuyobozi bw’ishuri rikuru rya Polisi bwibukije abapolisi barekeje muri Haiti mu bikorwa by’ubutabazi ko ibikorwa bazakora, bigomba gushingira ku kinyabupfura n’ubunyamwuga.
Intumwa za Leta zunze Ubumwe za Amerika zasuye Rwanda Peace Academy mu karere ka Musanze hagamijwe kugira ngo bamenya neza ibihakorerwa.
Abafite ubumuga bw’amaboko barishimira insimburangingo bahawe, bakavuga ko bagiye kwiteza imbere bagakora ibyo batajyaga batinyuka gukora ku mpamvu y’ukuboko kumwe.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali burizeza ko buzongera icyizere abawutuye bagirira inzego z’ibanze, nyuma yo kugaragarizwa ko kidahagije.
Mbere yo gutaha umudugudu w’icyitegererezo wa Kabyaza mu Karere ka Nyabihu, hatangiye igenzura ryo kureba niba abagenewe amazu bayakwiriye kuko bikekwa ko harimo abatayakwiye.
Abaturage b’Akarere ka Nyabihu barashishikarizwa kureka ubuharike n’umuco wo gushaka abagore benshi wakunze kuranga aka gace hambere.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abasirikare kiratangaza ko kifashisha uburyo bw’ikoranabuhanga bwa Skype bakangurira abatarataha gutaha.
Muri iki gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 22 Nyakanga 2016, imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Coaster ibuze feri, ariko umushoferi abasha kuyita mu mukingo ntacyo irangiza cyangwa ngo ihitane.
Mvuyekure Alexandre wahoze ari umuyobozi w’akarere ka Gicumbi yatawe muri yombi akekwaho kunyereza umutungo wa VUP.
Mu Murenge wa Kamembe mu Kagari ka Kamashangi mu Karere ka Rusizi, ababyeyi bafashwe bagiye gushyingira umwana w’imyaka 16 muri Kenya.
Ku bufatanye bwa Police y’Igihugu n’Umujyi wa Kigali, abakeneye kugana Kigali Convention Centre baramenyeshwa ko guhera ku wa 21 Nyakanga 2016, imiryango ifunguye ndetse bashyizeho n’uburyo bazajya binjiramo.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abana (NCC) iratangaza ko kuva muri 2012, 69% by’abana babaga mu bigo binyuranye by’imfubyi babonye imiryango ibakira.
Polisi y’igihugu yatashye ibiro byayo bishya byo mu Ntara y’Amajyepfo, bizajya byifashishwa nka sitasiyo yayo bikagira n’aho bafungira abakekwaho ibyaha.
Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC) yatangaje ko irimo gusubira mu biranga abarinzi b’igihango, kuko ngo abatowe mu mwaka ushize batizweho bihagije.
Abaturage batandukanye bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, baravuga ko batabona amazi meza ahagije bitewe n’uko amavomo rusange ari make.
Abatishoboye n’abafite ubumuga batagiraga aho baba bo mu Murenge wa Gasaka, bashyikirijwe amazu yo kubamo.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Uwamariya Beatrice arasaba abashakanye kugaruka ku nshingano z’urugo aho kubana nk’abakinnyi ba Karate.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru buratangaza ko mu 2018 abatuye muri iyi ntara bose bazaba bagerwaho n’amazi meza kandi abegereye.
Abaturage bari bamaze igihe bagaragaza ikibazo cy’ingurane zabo ku butaka bwo muri Gishwati, ngo bagiye kwishyurwa agera kuri miliyoni 560Frw.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burashinja rwiyemezamirimo kubatenguha agatuma umuhigo wo kubaka Biogaz utagerwaho, nk’uko bari babyieyemeje.
Polisi y’igihugu yatangaje ko inama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yasojwe nta nkomyi, kubera uruhare rwa buri wese cyane cyane umutuzo abaturage bagaragaje ubwo yabaga.