Nyirarwango Esperance acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Police ya Mukamira, mu karere ka Nyabihu, nyuma yo gufatanwa utubure 1000 tw’urumogi.
Abaturage basaga 500 batunganyije amaterasi mu Murenge wa Mwurire mu Karere ka Rwamagana barinubira kuba bararangije imirimo muri Gicurasi, bikaba bigeze muri Nzeri batarishyurwa.
Amasezerano yasinywe hagati y’Umujyi wa Kigali na Sendika y’Abanyamyuga, STECOMA, agena ko abafundi bazajya bazubakira umuntu ufite ibyangombwa gusa.
Ubuyobozi bw’Umujyiwa Kigali, kuri uyu wa 23 Nzeri 2015 bwatangije gahunda yogusana imihanda ishaje mu rwego rwo kongera isuku mu mujyi no kuwuha isura nziza.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari two mu Karere ka Gakenke basabwe gukosora amakosa yose yagaragaye mu byiciro by’ubudehe bitarenze ku wa 28 Nzeri 2015.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kugenzura imirimo ifitiye igihugu Akamaro cyahembye ibigo bitwara abagenzi byitwaye neza mu gucunga umutekano w’abagenzi.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo irasaba abayobozi n’abakozi bashinzwe imiturire mu Karere ka Bugesera gusobanurira abaturage itegeko rishya ry’imiturire,mu rwego rwo kwirinda ibihano byabageraho.
Abagize Inama y’Abagore mu karere ka Gakenke, baratangaza ko hari abagore bagikorerwa ihohoterwa n’abagabo babo ariko bagatinya kubishyira ahagaragara.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo bwasobanuriye abaturage b’umurenge wa Kinyinya ko bakwiye kubana neza bakirinda icyakurura amakimbirane nk’ubukene n’umutekano muke.
Urwego rw’Umuvunyi rurihanangiriza abayobozi b’inzego z’ibanze badakemura ibibazo by’abaturage ko ari uguteshuka ku nshingano za bo kandi ko bazajya babihanirwa
Bizimungu wabaye muri FDLR akimukira mu ngabo za FARDC yacyuwe mu Rwanda abishishikarijwe n’abatuye ku mupaka bari bamuzi nk’Umunyarwanda.
U Rwanda rwakiriye igitaramo cyo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe amahoro, waranzwe n’imyidagaduro y’igitaramo cyabereye muri Stade nto i Remera.
Umugabo Safari Rugamba Didas wari utuye mu murenge wa Kibungo akarere ka Ngoma, yasanzwe yishwe nyuma aratwikwa.
Gasirabo Phenias w’imyaka 45 utuye mu karere ka Nyanza avuga ko aremerewe umutwaro no kubona ibyo atungisha abana 10 yabyaye.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, J. Philbert Nsengimana, ahamagarira urubyiruko guharanira amahoro ku giti cya bo kugira ngo bashobore kuyageza ku bandi.
Urubyiruko rutunga agatoki bamwe mu babyeyi bagira baganira neza mu ruhame ariko bakagira ibindi birangwa n’amacakubiri babwira abana mu ngo.
Abagera kuri 19 baguye mu mpanuka yabereye Rwamagana naho bandi bagera kuri 2 barakomereka aho bahise bajyanwa kwa muganga.
Abakozi b’bitaro bya Kabutare bageze tariki 21/9/2015 batarabona umushahara w’ukwezi kwa munani kubera imyenda mituweri ibarimo isaga miriyoni 300.
Abagera kuri 19 baguye mu mpanuka yabereye Rwamagana naho bandi bagera kuri 2 barakomereka aho bahise bajyanwa kwa muganga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro butangaza ko irushanwa ry’imiyoborere myiza(Rutsiro Leadership cup) ribafasha kongera kwibutsa abaturage gahunda za Leta.
Umufasha wa Sebanani André, wabaye umuhanzi w’icyamamare mu Rwanda, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa tariki 21 Nzari 2015.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru buratangaza ko hari abaturage batarasobanukirwa neza n’itegeko rishya rigenga ubutaka.
urubyiruko rwashoje furumu ya CEPGL mu karere ka Rubavu rwasabye ibihugu kuroherezwa ku mipaka bikaborohereza guhahirana no kwihangira imirimo.
Abasore bo mu karere ka Gakenke baratangaza ko gushaka umugore muri ikigihe bitaborohera bitewe n’uko basabwa inkwano irenze amikoro yabo
Abayobozi mu nzego za Leta zitandukanye baributswa ko inyubako za yo nazo zigomba kugira ibyangombwa nk’ibisabwa izindi zose.
Ministeri y’imari n’igenamigambi yashimiye uruganda AZAM kubera umusanzu wa miliyoni 25 z’amanyarwanda rwatanze ngo afashe mu iterambere, ubukungu n’imibereho myiza.
Umuyobozi ushinzwe ubutegetsi mu gisirikare cya FDLR Foca G1, akungiriza Gen Mudacumura kuyobora uyu mutwe, yatashye mu Rwanda n’umuryango we.
Abasore batatu, mu karere ka Ruhango, bari mu maboko ya polisi kubera gukekwaho icyaha cyo kwiba ibikoresho bitandukanye byiganjemo iby’ikoranabuhanga.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Dr. Mukabaramba Alvera arasaba abahinzi kudacika intege banga guhinga kuko imvura izagwa vuba.
Ihuriro ry’imitwe ya politiki mu Rwanda rifitiye ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) ibirarane by’imisoro igera kuri miliyoni 25.