Abaperezida 30 b’ibihugu bya Afurika na Perezida wa Palestine, bari i Kigali mu nama ya 27 y’Ubumwe bwa Afurika (AU) ibera mu Rwanda kuva tariki 10 kuzageza 18 Nyakanga 2016.
Ikigo cy’ubushakashatsi n’ubusabane bugamije amahoro (IRDP) kiravuga ko ubujiji buri ku isonga mu biteza amakimbirane yo mu miryango kandi ko inzego zihagurutse zikaburwanya, amakimbirane yagabanuka.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 16 Nyakanga 2016, Perezida wa Palestine, Mahmoud Abbas, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali yunamira imibiri y’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, zirushyinguyemo.
Abanyamakuru b’abanyamahanga bari mu Rwanda baje gutara no gutangaza inkuru zerekeranye n’inama y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, AU, batangajwe no kubona aho u Rwanda rugeze nyuma y’imyaka 22 kivuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abakora ingendo rwagati mu Mujyi wa Kigali barinubira ko ibiciro by’ingendo, by’umwihariko izinyura hafi y’ahabera inama y’Ubumwe bw’Afurika (AU) byazamutse kubera umubyigano w’ibinyabiziga.
Umuryango w’ubufatanye bwa Afurika mu by’Ubukungu (NEPAD), uratangaza ko ugiye gushaka ingufu z’amashanyarazi mu rwego rwo guteza imbere inganda kuri uyu mugabane.
Kuba ikigo nderabuzima cya Kirarambogo kitagira amashanyarazi, ubuyobozi bwacyo n’abakigana bemeza ko hari byinshi byangiza na serivisi ntizitangwe uko bikwiye.
Abahoze muri FDLR barangije kwiga amasomo y’imyuga i Kayonza barasabwa kutazatatira igihango bagiranye na leta y’u Rwanda yabishyuriye bakajya kwiga.
Abana baba mu nkambi ya Mahama bafashe umugambi wo gukorera indoto zabo, nyuma yo kumva ubuhamya bwa Malala Yousafzai wanyuze mu bihe bikomeye.
Imiryango y’abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Karere ka Gicumbi bifuza ko batuzwa hamwe n’abandi baturage kugira ngo bibafashe guhindura imyumvire.
Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika(AU) wemeje ko uzatanga passport(urwandiko rw’inzira) ku Banyafurika mu rwego rwo koroshya kugenderana kwabo; ariko hari abawusaba kugira amakenga.
Major Karemera Innocent uzwi nka Kamere Dos Santos muri FDLR mu gice cya Kivu y’Amajyaruguru, yageze mu Rwanda nyuma yo kwitandukanya n’uwo mutwe.
Umuhanda wa kaburimbo Abanyaburera bemerewe na Perezida Paul Kagame watangiye gukorwa kuburyo ngo mu gihe cy’imyaka ibiri gusa uzaba wuzuye.
Mu gihe Akarere ka Rubavu kiteguye igenzurwa ry’imihigo tariki 25 Nyakanga 2016, kasabye abaturage bako kuzakira neza abayigenzura kandi bakirinda kubabeshya.
Iserukiramuco Mpuzamahanga ry’Ubuhanzi bwimakaza Ubumuntu (Ubumuntu Arts Festival), ryatangiye i Kigali ryamamaza intero y’ubumuntu, urukundo n’amahoro mu batuye isi.
Abagore b’i Kayonza bakorana n’umuryango Women for Women (WfW) batangiye gutunganya amata bakayakoramo Yawuruti (Yoghurt) na Foromaji nyuma yo kubiherwa amahugurwa.
Isoko rya Kijote mu Murenge wa Bigogwe i Nyabihu rigiye guhindurwa Transit Center.
Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali biramenyesha abaturwanda ko umuhanda uturuka i Kanombe ukomeza mu Giporoso—Gisementi-Gishushu-Kimihurura kugera mu Mujyi rwagati uzakoreshwa cyane ku wa gatanu tariki 15 Nyakanga bitewe n’Inama ya Afurika Yunze Ubumwe ya 27 ibera i Kigali.
Minisiteri y’Umutekano (MININTER) ivuga ko iyo intwaro nto n’iziciriritse (ALPC) zinyanyagiye mu baturage mu buryo butemewe, ziteza umutekano muke n’iterambere rikahadindirira.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo aravuga ko ikibazo cy’umutekano mucye muri Sudani y’Epfo gihangayikishije Afurika, kizibandwaho mu nama y’Afurika yunze Ubumwe.
Perezida Robert Mugabe wa Zimbabwe yageze i Kigali, akaba ari we mu perezida wa mbere ugeze i Kigali mu ba Perezida bazitabira inama ya AU.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Ban Ki Moon aragera i Kigali kuri uyu wa Gatanu aho aje kuganira na bamwe mu bayobozi b’ibihugu by’Afurika ku kibazo cya Sudani y’Amajyepfo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yongeye gushimangira ko u Rwanda rudateganya guta muri yombi Perezida wa Sudani, Omar Al Bashir, witegura kuza mu nama ya AU.
Bamwe mu baturage bagomba kwimurwa ahagomba guterwa icyayi mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko uburyo bwo kubishyura burimo ibibazo by’urudaca.
Bamwe mu babyeyi n’urubyiruko bo mu Murenge wa Ntarama muri Bugesera baravuga ko Ikigo Gasore Foundation kizabafasha kurandura ingeso mbi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyaruguru baboha ibiziriko bakabigurisha, baravuga ko bibatunze hamwe n’imiryango yabo.
Inama y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe(AU) iteraniye mu Rwanda, iravuga ko ihangayikishijwe n’ikibazo cy’abimukira, ariko ngo bagiye kukigira umwihariko w’ikindi gihe.
Ikigo cy’ubushakashatsi n’ubusesenguzi bwa politiki mu Rwanda (IPAR) kiravuga ko imihigo y’uturere itandukanye no kuba umuntu yakwiha ikizamini akanikosora ahubwo ko ivuga ibikorwa bifatika.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, avuga ko kurinda umutekano w’igihugu bijyana no kurinda ubuzima bw’abaturage bagituye, bityo ko abantu bose bakwiriye kubwitaho.