Umuryango wita ku burenganzira bwa muntu, CLADHO, urashaka uburyo hashyirwaho itumanaho ryo kumva abana no kubarinda ihohoterwa.
Abagore bo mu cyaro bo mu karere ka Rutsiro baratangaza ko umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore wo mu cyaro ubatera ishema.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi arasaba Abanyarwanda kwitandukanya n’abakora ihohoterwa rishingiye ku gitsina bagahobotera abagore n’abana.
Bimwe mu bikorwa by’iterambere bigaragara mu karere byubatswe n’abafatanyabikorwa. Ubuyobozi buhamya ko umusaruro uturuka muri ibyo bikorwa biteza imbere abaturage.
Abaturage bari baratujwe mu isambu y’uwitwa Ngirira Mathieu ariko ubuyobozi bukabasaba ko bayivamo, bamaze kwandikira Perezida Kagame basaba kurenganurwa.
Nyuma yo kuganira n’abibumbiye muri za koperative z’ubuhinzi mu Karere ka Gatsibo, ubuyobozi bw’akarere burabizeza ko badakwiye guhangayika kuko isoko ngo rihari.
Abaturage bo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu barakangurirwa kwita ku biteganijwe mu gishushanyo mbonera cy’umujyi aho kuzahomba.
Ubuyapani ngo buzakomeza gufatanya n’u Rwanda muri gahunda yo kwegereza amazi meza abaturage mu rwego rwo kurushaho kunoza isuku n’isukura.
Abakobwa 15 babyariye iwabo, mu Kagari ka Rurengeri muri Nyabihu barimo kwiga kudoda bagamije kubaka ahazaza habo no kwirinda kuzasabiriza.
Ministeri ishinzwe Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), itangaza ko umunsi wahariwe umugore wo mu cyaro witegura kwizihizwa uzaba uw’ubukangurambaga no kumuremera.
Nyirangendo Rachel, w’imyaka 60, avuga ko ubuvugizi yakorewe n’itangazamakuru bwatumye ahabwa ingurane ya miliyoni 33 ahantu bamuhaga ingurane ya miliyoni 6.
Polisi ifatanyije n’abaturage b’Umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, tariki 14/10/2015, basenye uruganda rwa Kanyanga rw’uwitwa Banterere Marcelin.
Abahinzi bo mu Murenge wa Karenge muri Rwamagana barasaba ubuyobozi kubakorera umuhanda Rugende-Karenge, wabashoboza kugeza umusaruro wabo ku isoko.
Mu ntego 17 z’iterambere rirambye zemejwe na LONI, harimo izo impuguke z’igitangazamakuru Africa Confidential zivuga ko zizagorana kugerwaho.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Kayonza bahamya ko imirire mibi ikigaragara ku bana ari ingaruka z’imyumvire y’ababyeyi ikiri hasi.
Bamwe mu batuye mu mudugudu wa Cyamunyana mu Karere ka Nyagatare bahangayikishijwe n’ingona zibafata bagiye gushaka amazi mu mugezi w’Akagera.
Haravugwa ubwumvikane buke hagati y’umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Bigugu cyo mu karere ka Karongi na Komite y’ubuzima (COSA).
Nyuma yo gusinyana imihigo n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwankuba, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari barasabwa kuyifata nk’ivanjiri kugira ngo ibashe kweswa.
Abaturage bo mu Kabuga mu murenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke, baratabaza nyuma yo gusenyerwa na sosiyete ikora umuhanda,China Road.
Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe, iharanira uburinganire n’amahoro, yiyemeje kuri uyu wa 13 Ukwakira 2015, gufasha kwimakaza amahoro, igendeye ku mwanzuro wa LONI 1325.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke burasaba abaturage kongera kwita ku isuku kuko byongeye kugaragara ko ikiri nkeya mu baturage.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza buravuga ko ikibazo cy’amazi abatuye mu Murenge wa Gahini bafite gishobora gukemuka mu gihe cya vuba.
Bamwe mu bagize Inama Njyanama y’Akarere ka Bugesera baravuga ko bahangayikishijwe n’amacumbi yubakiwe abarimu agatwara akayabo none bakaba batayabamo.
Abaturiye ruhurura iri ku Muhima n’abahagenda binubira umwanda ibatera kubera abitwikira ijoro bakamenamo ibishingwe bigatuma hahora umunuko.
Abikorera bo mu Rwanda basanga babangamirwa mu mikorere yabo kubera amatagegeko agenga ubucuruzi mu bihugu by’Africa y’Uburasirazuba(EAC) atarahuzwa.
Abaturage 81 bo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi baravuga ko bamaze imyaka itanu barambuwe miliyoni enye n’uwabakoreshaga.
Ibarura rya 4 ry’imibereho y’Abanyarwanda riragaragaza ko abaturage bari munsi y’umurongo w’ubukene mu Karere ka Nyanza babarirwa muri 38 %.
Kuri uyu wa 12 Ukwakira 2015, mu Murenge wa Rwimiyaga batashye ivuriro rito rya Gakagati basaba abaturage kurigana ngo bagabanye impfu z’abana n’ababyeyi.
Umushinga w’Itegeko Nshinga watowe n’Inteko kuri uyu wa 12 Ukwakira 2015, ugenera Perezida wa Repubulika manda z’imyaka irindwi zitagira umubare.
Ibihumbi by’Abanyarwanda bategerezanyije amatsiko ibiva mu biganiro Inteko ishinga amategeko yatangiye gusuzuma ishingiro ry’umushinga w’itegeko rivugurura itegeko inshinga.