Igihembo Akarere ka Karongi kahawe nyuma yo kumara imyaka ibiri nta mwana uvukanye ubwandu bwa SIDA ku babyeyi banduye, ngo cyabateye kongera ingufu mu mikorere yabo.
Abanyamadini n’amatorero ntibabangamirwa no guhurira mu giterane, kigamije gushimira Imana ibyo yakoreye Abanyarwanda, n’ubwo badahuje imyemerere y’amadini n’amatorero yabo.
Mu Rwanda niho hatangirijwe ku mugaragaro ubukangurambaga bwo kurwanya ruswa muri Afurika, mu gikorwa kiswe Afurika itarangwamo ruswa.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo yizeje abitabiriye Inama y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe (AU) iteraniye i Kigali, ko hazavamo umusaruro unogeye abaturage.
Abaturage babarirwa mu 190 bo mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, barashimira KT Radio yabakoreye ubuvugizi bakishyurwa asaga miliyoni 2,5Frw bakoreye muri VUP ariko bakaba bari bamaze umwaka n’igice batayahabwa.
Abanyeshuri bari mu Itorero Indangamirwa barakangurirwa kuba abaranga b’u Rwanda, barushakira incuti kandi bagashaka ibishya byarufasha gutera imbere.
Bamporiki Beata w’umuzunguzayi amaze amezi atandatu yiga gufotora akaba yizeye ko uyu mwuga uzamuvana mu buzunguzayi.
Igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyasezereye mu cyubahiro aba Ofisiye bakuru, abato n’abandi basirikare, bose hamwe 775.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro, RRA, kiratangaza ko kigiye gutangira ubukangurambanga ku misoreshereze mu bwubatsi kuko uru rwego ngo rudasora uko bikwiye.
Impirimbanyi y’amahoro y’Umunyapakisitani Malala Yousafzai ategerejwe mu Rwanda, mu ruzinduko azasuramo Inkambi ya Mahama ibamo impunzi z’Abarundi.
Kubera intambara yubuye muri Sudani y’Amajyepfo, Rwandair yagaritse ingendo zerekeza i Juba mu Murwa Mukuru w’icyo gihugu mu giye yajyagayo kane mu cyumweru.
Bamwe mu bakirisito b’itorero rya Karongi International Community Church mu Karere ka Karongi barashinja umushumba wabo ubutekamutwe no gukoresha nabi umutungo w’itorero.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) iratangaza ko yatangiye gufasha abaturage babarirwa mu bihumbi 47 bibasiwe n’amapfa.
Abanyereje amafaranga ya VUP mu Karere ka Karongi batubahirije amezi atatu bari bahawe ngo bayangarure ntibabikore bagiye gukurikiranwa.
Bamwe mu baturage bo mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke barishimira ko bagiye gukira amazi mabi kuko begerejwe umuyoboro w’ameza.
Abamasaderi bashya mu Rwanda bashyikirije Perezida Kagme impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda, bizeje ko bazashyigikira igihugu umutekano n’ubukungu.
Leta y’u Rwanda yashyize abagenzuzi mu mahoteli agera kuri 84 yo mu Mujyi wa Kigali kugira ngo bakurikirane uko abaje mu nama y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe bakirwa.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Gisagara rushamikiye ku muryango wa FPR Inkotanyi, rwiyemeje gushishikariza bagenzi babo umurimo no kurwanya inda zitateganyijwe.
Mukamuganga Cecile, umubyeyi ufite ubumuga bw’amaguru uhinga indabo mu Karere ka Gisagara, yiteze ko umwuga yinjiyemo nyuma yo kugira ubumuga uzamuteza imbere.
Abaturage bimuwe ahazubakwa Ikibuga cy’Indege cya Bugesera mu Murenge wa Rilima barasaba akarere kubaha ibyo bemerewe mbere yo kwimurwa.
Abaturage batuye mu Kagari ka Rusenge,Umurenge wa Rusenge ho mu Karere ka Nyaruguru, baratangaza ko kuva bavuka binywera amazi y’imigezi itemba.
Komisiyo ishinzwe Abakozi ba Leta irashinja bamwe mu bafite ibigo byegamiye kuri Leta kwirukana abakozi babyo badakurikije amategeko, bigateza Leta igihombo kuko amasezerano abagenga ari ayayo.
Mu gihe abatuye Agasozi Ndatwa ka Mbayaya bavuga ko nta bikorwa remezo bihari ubuyobozi wo bu buvuga ko byose bihari ahubwo abaturage banze kuhatura.
Akarere ka Karongi gatangaza ko inka 214 muri gahunda ya «Gira inka» zaburiwe irengero burundu.
Bamwe mu bari bato muri Jenoside baburanye n’ababo bakomeje gushakisha niba hari abo babona, kuko batazi aho bakomoka bikabagiraho ingaruka.
Perezida wa Komisiyo ya Afurika yunze ubumwe, Dr Nkosazana Dlamini Zuma yahamagariye ibihugu kwita ku buhahirane mu rwego rwo kwirinda gusabiriza.
Perezida Kagame yibukije abagabo ko bagomba gufata iya mbere mu gushyigikira no guharanira ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore.
Tumwe mu tuzu tw’amazi abatuye muri Buhabwa mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza bubakiwe twatangiye kwangirika batarabona amazi.
Ihuriro ry’imiryango iharanira iterambere ry’umugore muri Afurika, ryageneye Perezida Kagame igihembo cy’intangarugero mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda ziba i Nariobi muri Kenya bizihije umunsi wo kwibohora, bashimira ingabo zahoze ari iza RPF-Inkotanyi zabohoye igihugu.