Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko buri muturage akwiye kugaragaza uruhare rwe mu buyobozi bw’inzego z’ibanze.
Bamwe mu babyariye iwabo batuye mu Karere ka Kamonyi, ntibitabira kwandikisha abana kuko babazwa abo bababyaranye kandi hari abatabemera.
Mu ijoro rya Noheli, Polisi yafashe urubyiruko 18 rutaruzuza imyaka y’ubukure hamwe n’ababajyanye mu tubari ndetse na ba nyiratwo umunani.
Bamwe muri ba rwiyemezamirimo bo mu karere ka Nyaruguru baravuga ko hari igihe Akarere kica amasezerano baba bagiranye kagatinda kubishyura.
Nshimyumuremyi Claude,nyuma yo gufatirwa mu karere ka Ngoma atwaye umufuka w’urumogi agiye kurugurisha arahamya ko yicuza ibyo yakoze.
Kalisa Gaston,yafatiwe mu cyuho yakira ruswa y’umuturage y’ibihumbi 20 ngo amushyire ku rutonde rw’abagomba guhabwa inka muri “Gira inka”.
Abatuye mu mudugudu wa Kibangira mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi baravuga ko babangamiwe no kubura aho bivuriza
Minisitiri Busingye Johnston yabwiye abanyamategeko badakurikirana ngo bagaruze ibyo Leta iba yatsindiye mu manza ko umwaka utaha batazongera kwihanganirwa.
Ubushobozi buke n’inshingano za bamwe mu baturage, bituma bakora kuri Nohelr kugira ngo babashe gukemura bimwe mu bibazo bahura na byo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rutsiro bavuga ko gukoresha amaranga menshi basesagura mu minsi mikuru byamaze gucika kuko bitabubaka.
Ubuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Nyamiyaga giherereye mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Kamonyi, butangaza ko cyakira abarwayi benshi, ugereranyije n’abakozi bafite.
Abana biga ku Kigo cy’Inshuke cya Key of Life mu Murenge wa Rugerero basangijwe Noheri na Kivu Serena Hotel.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke basanga Noheri ari wo munsi w’ibyishyimo kurusha indi minsi yose.
Abakozi ba Minisiteri y’Ubutabera ku wa 24 Ukuboza 2015 basuye Club Urumuri y’abana bagizwe imfubyi na Jenoside batuye mu Matyazo, baraganira baranasangira.
Ikigo Vision Jeunesse Nouvelle kitwa ku rubyiruko cyasangiye Noheri n’abana 162 biganjemo abana bo ku muhanda bo mu Mujyi wa Rubavu.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kagina, mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi baratangaza ko Noheri atari igihe cyo gusesagura cyane ko n’ubukungo ngo butifashe neza.
Ingabo z’u Rwanda zikorera muri Batayo 75 zasangiye Noheri n’Abanyarwanda birukanywe Tanzaniya batujwe mu Karere ka Rubavu.
Umwe mu bayobozi b’isosiyete ikora imihanda, China Road, mu karere ka Nyamasheke, yatawe muri yombi nyuma yo gutoroka ashinjwa ubujura bw’amapine.
Muri gare ya Nyabugogo hagaragaye abantu besnhi berekeza mu turere tunyuranye kwizihiza iminsi mikuru ariko kubona imodoka byababereye ingume.
Umuryango Never Again Rwanda (NAR) uhugura urubyiruko rwo mu Karere ka Huye ruhuza abafitanye amakimbirane, rukabafasha kuyakemura mu mahoro.
Uyu muryango ukorera mu karere ka Ruhango, kuri 23/12/2015, nibwo wifatanyije n’abana basaga 300 ndetse naba nyina kwihiza iminsi mikuru.
Ruzindana André w’imyaka 37 wari umupagasi mu kagari ka Cyanya Umurenge wa Kigarama barakeka ko yiyahuye nyuma yo gusanga umurambo we mu kizenga cy’amazi.
Ikigo gitanga amahugurwa cy’ababikira b’ababernardine bo ku Kamonyi (CEFAPEK) cyafashije abakobwa babyariye iwabo bo kwizihiza Noheri y’abana babo.
Abanyarwanda 150 biganjemo abagore n’abana batashye mu Rwanda bavuye mu Burasirazuba bwa Kongo Kinshasa bahunga ibibazo by’intambara.
Imwe mu mihanda yari yaratinze kubakwa kuri ubu inama y’umushyikirano yanzuye ko yakwihutishwa nka Ngoma-Bugesera-Nyanza, Ngororero-Nyabihu hamwe na Cyanika –Musanze-Ngororero
Abaturage batandukanye bo mu karere ka Karongi baremeza ko ubuzima bwabo bumaze guhinduka kubera imikoranire yabo n’umushinga USAID-EJOHEZA
Umwaka wa 2015 wose waranzwe n’ibyifuzo by’abaturage byasabaga guhindura ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga kugera ngo Perezida Kagame azakomeze kubora no gutsura umubano w’u Rwanda n’amahanga.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Madame Mukandasira Caritas asaba abaturage b’ iyi ntara, kwitabira umugoroba w’ababyeyi nk’ishingiro ryo kwikemurira ibibazo abaturage baba bifitemo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu mwaka wa 2015 yakunze kugaruka kuri politiki y’imiyoborere myiza haba ku Rwanda n’Afurika muri rusange, by’umwihariko agahamagarira Abanyarwanda n’abany-Afurika kwiteza imbere aho gutegereza kubeshwaho n’abanya Burayi.