Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bagatuzwa mu Karere ka Rubavu bavuga ko batarahabwa indangamuntu n’amakarita y’itora, bikabatera impungenge ko bishobora kubabuza gutora umukuru w’igihugu.
Akarere ka Musanze kabimburiye utundi turere tw’igihugu mu gushyiraho Ihuriro ry’Ubumwe n’Ubwiyunge rihuriyemo abayobozi n’abahoze ari bo mu gihe cyashize.
Ikibazo cy’umutekano muke kiza imbere mu bibangamira gahunda yo koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu mu bihugu bya Afurika.
Abayisilamu bibumbiye mu ihuriro ryitwa “Abasangirangendo” bagabiye inka 10 abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu Murenge wa Rusenge muri Nyaruguru.
Abasirikare, abapolisi n’Abasiviri b’ibihugu umunani byo muri Afurika basoje mahugurwa i Musanze, biyemeje kurwanya Jenoside bahereye ku byo babonye mu Rwanda.
Ubushinjacyaha bukuru buratangaza ko ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Caporali Habarugira Jean Damascene wahoze mu ngabo z’igihugu, yamaze gutabwa muri yombi na Polisi y’igihugu.
Umujyi wa Kigali watangaje imihanda izifashishwa n’abatwara ibinyabiziga, mu gihe hari imwe mu izifashishwa muri Kigali Peace Marathon izaba ifunze.
Mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda habereye amatora y’abadepite icyenda bazahagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga amategeko ya Kane y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba(4th EALA).
Ikigo giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA), ndetse n’Ishuri rikuru IPRC-Kigali, basaba abiga imyuga n’ubumenyingiro kurangiza berekana ibyo bavumbuye aho kwerekana ibitabo.
Abadepite mu Nteko ishinga Amategeko y’u Rwanda barasaba ko ibihugu bicumbikiye impunzi z’Abanyarwanda byabohereza iwabo kuko mu Rwanda ari amahoro.
Application yiswe VugaPay yifashishwa mu kohererezanya amafaranga “Mobile Money” yakozwe n’abana babiri b’Abanyarwanda bava indi imwe, yaje ku isonga mu mishinga icumi mishya y’ikoranabuhanga itanga icyizere muri Afurika.
Ababyeyi bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Kamonyi, bamaze amezi 10 badahabwa inkunga y’ingoboka ibunganira mu mibereho.
Bamwe mu babyeyi bo muri Nyabihu bafite abana bavukanye ubumuga, bishimira ko bamenye gukora ibikinisho bifasha abana babo mu kwidagadura bakina.
Abantu barindwi batuye mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda kubera ko bashakanye n’Abanyarwanda.
Mützig, abayikunda bavuga ko ari inzoga ifite uburyohe bwihariye, yengwa n’uruganda rwa BRALIRWA.
Polisi y’igihugu yahaye abaturage 100 bo mu Karere ka Gicumbi amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, mu rwego rwo kubafasha kubungabunga umutekano.
Ubushinjacyaha bwisobanuye ku bujurire bwa Dr Kabirima Jean Damascene ushinjwa uruhare muri Jenoside butera utwatsi ibyo gukusanya abaturage aho uregwa avuka ngo bashinje, banashinjure.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe, yatangaje ko u Rwanda rwiyemeje gutanga umusanzu wose rwasabwa , mu kubungabunga umutekano muri Afurika.
Morgan Freeman umukinnyi ukomeye wa Filime wo muri Amerika (USA) ahamya ko ibyo yabonye mu Rwanda bimwereka ko amahoro ashoboka ku isi.
Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’ikinyamakuru Jeunne Afrique, yavuze ko adatewe impungenge n’umukandida uwo ari we wese bazahatana mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganijwe tariki ya 4 Kanama 2017.
Paruwasi Katedarare ya Byumba yizihije isabukuru y’imyaka 80 imaze ibayeho, yishimira ibikorwa bitandukanye yagezeho birimo kubanisha neza Abanyarwanda.
Umugabo witwa Gakara Jean Claude ucukura amabuye y’agaciro mu Murenge wa Rukoma mu Kagari ka Murehe, yaraye akuwe mu kirombe ari muzima, nyuma y’uko kimugwiriye ku wa gatandatu tariki 13 Gicurasi 2017 i saa tatu za mu gitondo.
Gerardine Mukandanga w’i Rukira mu Karere ka Huye yibarutse abana batatu, abakobwa babiri n’umuhungu umwe ariko nta bushobozi afite bwo kubarera.
Ababyeyi bacururiza isambaza ahazwi ku izina ryo mu "Budiki" mu karere ka Rusizi bavuga ko abana benshi bataye ishuri baza gushaka amafaranga.
Urubyiruko rw’abanyeshuri b’abarundi batumiwe mu biganiro by’amahoro mu Rwanda babujijwe na Minisitere y’uburezi yabo kubyitabira.
Muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, hasigaye hari resitora eshatu zagenewe abanyeshuri, zikorerwamo na rwiyemezamirimo umwe, ariko ibiciro si bimwe.
Inama ya Transform Africa yaberaga i Kigali yasojwe ku mugaragaro isize iciye agahigo ku zindi zayibanjirije mu byagezweho, inaharurira inzira izindi zizayikurikira.
Guverinoma ya Israel yemereye amahugurwa imishinga itanu mishya y’Abanyarwanda, igaragaza udushya mu ikoranabuhanga.
Abakozi 120 bakoze ku nyubako nshya y’ibiro by’Akarere ka Bugesera, barishyuza amafaranga yabo angana na milliyoni 47RWf bamaze imyaka isaga itatu badahembwa.
Madame Jeannette Kagame atangaza ko abagore n’abagabo bakwiye kugerwaho n’impinduka zazanywe n’ikoranabuhanga, kugira ngo bose bagire uruhare rwo kubaka umuryango.